Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye byari muri Mozambique, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, byatumye inzego z’umutekano z’u Rwanda zijyayo mu butumwa, bisa nk’ibyakemutse, kuko umuti wabyo wabonetse ku kigero cya 80%.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru, we na Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Abakuru b’Ibihugu bagarutse ku mikoranire y’ibi Bihugu byombi ndetse n’ibyo baganiriye hagati yabo, aho bemeranyijwe ko umubano w’ibi Bihugu urushaho kuzamuka.

Perezida Kagame yagize ati “Twemeranyijwe ko amasezerano ahari, y’ingirakamaro, agomba gushyirwa mu bikorwa, twagiranye ikiganiro ko twifuza kubona ko amasezerano ashyirwa mu bikorwa kandi agatanga umusaruro.”

Yavuze kandi ko abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi ndetse n’abaturage babyo bagomba gushyira hamwe, kugenderana bikarushaho kwiyongera, hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko bizeye ko bigiye gutanga umusaruro ufatika.

Perezida Hichilema we wagarutse ku idindira ryo gushyira mu bikorwa amasezerano cyangwa kuba byagenda biguruntege, bishobora guterwa n’impamvu zinyuranye, ariko ko izo mpamvu ziba zigomba gukemurwa zikava mu nzira kuko umusaruro uba witezwe muri ayo masezerano aba ari wo ufite agaciro gakomeye.

Yavuze kandi hagomba kubaho guhozaho, mu bikorwa byose, yaba mu gukorana hagati y’inzego, ariko kandi bakagira ukumva kimwe mu byo baba bagomba gukora mu nyungu z’abaturage.

Perezida Kagame uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

Umusaruro ushimishije wa RDF muri Mozambique

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe ku musaruro w’ubutumwa bw’inzego z’umutekano zirimo muri Mozambique, avuga ko izi nzego ziri muri Mozambique by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zifatanyamo n’iza Mozambique, yavuze ko ubu butumwa bwagize umusaruro ushimishije.

Ati “Mbivuze mu buryo bwagutse, ikibazo cyarakemutse. Turi kubona intambwe ishimishije, turebye umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo, bakaba barabashije gusubira mu ngo zabo, bagatangira ibikorwa nk’uko byari bisanzwe.”

Yavuze kandi ko muri kiriya Gihugu hanariyo ingabo z’Umuryango wa SADC ziri mu bindi bice, kandi ko aho ziri na ho ku mikoranire n’iz’u Rwanda, hagenda haboneka amahoro n’umutekano.

Ati “Ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi byatangiye kongera kwiyubaka, birimo n’ibiri gukora ishoramari nka TOTAL ndetse n’izindi kompanyi, bari guteganya gusubukura ibikorwa byabo.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo hari ibintu bicye bigikenewe gukemurwa kugira ngo ibyo bikorwa bisubukurwe mu buryo bwuzuye, ariko iyo ntambwe yatewe, kandi ko yabayeho kubera gukorana.

Ati “Navuga ko nka 80% y’ikibazo byakemutse, naho 20% bishobora kuba bito cyangwa binini bitewe n’umubare w’ibigikenewe gushyirwa ku murongo.”

 

Ibyabaye mu Rwanda biteye agahinda

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema kandi yaje muri iki kiganiro, avuye gusura Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakangane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Hichilema yabajijwe icyo yavuga ku isomo yakuye mu byo yaboneye ku Rwibutso, avuga ko biteye agahinda.

Ati “Birababaje. Biteye ubwoba, ni ugutsindwa ku ikiremwamuntu atari ku Rwanda gusa ahubwo kuri twese, kuko ibimenyetso biri hariya bigaragaza ko ibyabaye, ko nk’ikiremwamuntu twatsinzwe. Ntabwo twigeze dufata intambwe zo kugira icyo dukora, ngo twange ibibi byariho, imvugo z’urwango, zagombaga kurwanywa.”

Yavuze kandi ko isomo rya mbere rigomba kuvamo, ari uko buri wese agomba guharanira ko ibyabayeho bitazongera kubaho ukundi.

Yasabye Abanyarwanda n’abandi bo ku Isi, ko bakwiye kwigira kuri ibi byabaye kandi bagahora bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ati “Mwarababariye ariko ntabwo mwibagiwe.”

Yavuze kandi ko Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe igihe kinini, inzego zikayigiramo uruhare rukomeye, bityo ko na zo zikwiye gukura isomo ku byakozwe n’inzego zitwaye nabi mu Rwanda muri kiriya gihe.

 

 

Ukraine n’u Burusiya

Abakuru b’ibihugu byombi babajijwe kandi ku gikorwa giherutse gukorwa na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo muri Afurika baherutse kujya kuganira n’abayoboye u Burusiya na Ukraine, Ibihugu biri mu ntambara yagize ingaruka ku bukungu bw’Isi yose.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka ku bantu bose kugeza no muri Afurika ndetse n’ibindi bice, ariko ko igikomeye ari isomo Afurika ikwiye gukuramo.

Ati “Habaye gutuma dutekereza ibyo twakora dufatanyije kandi tugakoresha ingufu zose, tugashora imari mu bikorwa dufitiye ubushobozi, kugira ngo ibyo bibazo nibiza ntibizatugireho ingaruka cyane.”

Yatanze nk’urugero rw’ingano, ifumbire, byagiye bibura muri Afutika, kandi biri mu biza ku isonga mu bikenerwa muri Afurika, kandi ko bimwe muri ibyo bishobora kuboneka bivuye mu bushobozi bw’Abanyafurika. Ati “Dushobora kugira ingano, zahaza Zambia, Afurika Afurika y’Iburengerazuba.”

Yavuze ko na nyuma y’uko iyi ntambara irangira, hagomba gutekerezwa uburyo ibibazo nk’ibi bitazajya biba ngo bishegeshe cyane Umugabane wa Afurika.

Hichilema na we yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka zikomeye cyane ubukungu bwa Zambia, by’umwihariko yatumye habaho izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Atanga rugero rwo kuba ibikomoka ku ngano byakoreshwaga muri Zambia, byagize ihungabana rikabije, ku buryo hari ibisanzwe bikenerwa na benshi muri iki Gihugu, byagiye bibura.

Yavuze ko icyakozwe na Afurika ubwo bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bayo bajyaga mu Burusiya no muri Ukraine, kwari ugutanga umusanzu w’uyu Mugabane mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Ati “Afurika ntabwo igomba kuba indorerezi, ahubwo igomba kugira umwanya mu bikorwa byose bireba Isi, ariko icy’ingenzi dukwiye gushyira hamwe, kandi tugashaka ibisubizo by’ibibazo byabayeho.”

Yavuze ko nk’u Rwanda ubu rwatangiye gukora inkingo za COVID-19 kubera isomo rwakuye mu bihe byatambutse by’iki cyorezo na cyo cyashegeshe Isi, bikagira ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika.

Hichilema na we uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Next Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.