Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye byari muri Mozambique, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, byatumye inzego z’umutekano z’u Rwanda zijyayo mu butumwa, bisa nk’ibyakemutse, kuko umuti wabyo wabonetse ku kigero cya 80%.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru, we na Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Abakuru b’Ibihugu bagarutse ku mikoranire y’ibi Bihugu byombi ndetse n’ibyo baganiriye hagati yabo, aho bemeranyijwe ko umubano w’ibi Bihugu urushaho kuzamuka.

Perezida Kagame yagize ati “Twemeranyijwe ko amasezerano ahari, y’ingirakamaro, agomba gushyirwa mu bikorwa, twagiranye ikiganiro ko twifuza kubona ko amasezerano ashyirwa mu bikorwa kandi agatanga umusaruro.”

Yavuze kandi ko abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi ndetse n’abaturage babyo bagomba gushyira hamwe, kugenderana bikarushaho kwiyongera, hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko bizeye ko bigiye gutanga umusaruro ufatika.

Perezida Hichilema we wagarutse ku idindira ryo gushyira mu bikorwa amasezerano cyangwa kuba byagenda biguruntege, bishobora guterwa n’impamvu zinyuranye, ariko ko izo mpamvu ziba zigomba gukemurwa zikava mu nzira kuko umusaruro uba witezwe muri ayo masezerano aba ari wo ufite agaciro gakomeye.

Yavuze kandi hagomba kubaho guhozaho, mu bikorwa byose, yaba mu gukorana hagati y’inzego, ariko kandi bakagira ukumva kimwe mu byo baba bagomba gukora mu nyungu z’abaturage.

Perezida Kagame uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

Umusaruro ushimishije wa RDF muri Mozambique

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe ku musaruro w’ubutumwa bw’inzego z’umutekano zirimo muri Mozambique, avuga ko izi nzego ziri muri Mozambique by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zifatanyamo n’iza Mozambique, yavuze ko ubu butumwa bwagize umusaruro ushimishije.

Ati “Mbivuze mu buryo bwagutse, ikibazo cyarakemutse. Turi kubona intambwe ishimishije, turebye umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo, bakaba barabashije gusubira mu ngo zabo, bagatangira ibikorwa nk’uko byari bisanzwe.”

Yavuze kandi ko muri kiriya Gihugu hanariyo ingabo z’Umuryango wa SADC ziri mu bindi bice, kandi ko aho ziri na ho ku mikoranire n’iz’u Rwanda, hagenda haboneka amahoro n’umutekano.

Ati “Ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi byatangiye kongera kwiyubaka, birimo n’ibiri gukora ishoramari nka TOTAL ndetse n’izindi kompanyi, bari guteganya gusubukura ibikorwa byabo.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo hari ibintu bicye bigikenewe gukemurwa kugira ngo ibyo bikorwa bisubukurwe mu buryo bwuzuye, ariko iyo ntambwe yatewe, kandi ko yabayeho kubera gukorana.

Ati “Navuga ko nka 80% y’ikibazo byakemutse, naho 20% bishobora kuba bito cyangwa binini bitewe n’umubare w’ibigikenewe gushyirwa ku murongo.”

 

Ibyabaye mu Rwanda biteye agahinda

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema kandi yaje muri iki kiganiro, avuye gusura Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakangane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Hichilema yabajijwe icyo yavuga ku isomo yakuye mu byo yaboneye ku Rwibutso, avuga ko biteye agahinda.

Ati “Birababaje. Biteye ubwoba, ni ugutsindwa ku ikiremwamuntu atari ku Rwanda gusa ahubwo kuri twese, kuko ibimenyetso biri hariya bigaragaza ko ibyabaye, ko nk’ikiremwamuntu twatsinzwe. Ntabwo twigeze dufata intambwe zo kugira icyo dukora, ngo twange ibibi byariho, imvugo z’urwango, zagombaga kurwanywa.”

Yavuze kandi ko isomo rya mbere rigomba kuvamo, ari uko buri wese agomba guharanira ko ibyabayeho bitazongera kubaho ukundi.

Yasabye Abanyarwanda n’abandi bo ku Isi, ko bakwiye kwigira kuri ibi byabaye kandi bagahora bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ati “Mwarababariye ariko ntabwo mwibagiwe.”

Yavuze kandi ko Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe igihe kinini, inzego zikayigiramo uruhare rukomeye, bityo ko na zo zikwiye gukura isomo ku byakozwe n’inzego zitwaye nabi mu Rwanda muri kiriya gihe.

 

 

Ukraine n’u Burusiya

Abakuru b’ibihugu byombi babajijwe kandi ku gikorwa giherutse gukorwa na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo muri Afurika baherutse kujya kuganira n’abayoboye u Burusiya na Ukraine, Ibihugu biri mu ntambara yagize ingaruka ku bukungu bw’Isi yose.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka ku bantu bose kugeza no muri Afurika ndetse n’ibindi bice, ariko ko igikomeye ari isomo Afurika ikwiye gukuramo.

Ati “Habaye gutuma dutekereza ibyo twakora dufatanyije kandi tugakoresha ingufu zose, tugashora imari mu bikorwa dufitiye ubushobozi, kugira ngo ibyo bibazo nibiza ntibizatugireho ingaruka cyane.”

Yatanze nk’urugero rw’ingano, ifumbire, byagiye bibura muri Afutika, kandi biri mu biza ku isonga mu bikenerwa muri Afurika, kandi ko bimwe muri ibyo bishobora kuboneka bivuye mu bushobozi bw’Abanyafurika. Ati “Dushobora kugira ingano, zahaza Zambia, Afurika Afurika y’Iburengerazuba.”

Yavuze ko na nyuma y’uko iyi ntambara irangira, hagomba gutekerezwa uburyo ibibazo nk’ibi bitazajya biba ngo bishegeshe cyane Umugabane wa Afurika.

Hichilema na we yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka zikomeye cyane ubukungu bwa Zambia, by’umwihariko yatumye habaho izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Atanga rugero rwo kuba ibikomoka ku ngano byakoreshwaga muri Zambia, byagize ihungabana rikabije, ku buryo hari ibisanzwe bikenerwa na benshi muri iki Gihugu, byagiye bibura.

Yavuze ko icyakozwe na Afurika ubwo bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bayo bajyaga mu Burusiya no muri Ukraine, kwari ugutanga umusanzu w’uyu Mugabane mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Ati “Afurika ntabwo igomba kuba indorerezi, ahubwo igomba kugira umwanya mu bikorwa byose bireba Isi, ariko icy’ingenzi dukwiye gushyira hamwe, kandi tugashaka ibisubizo by’ibibazo byabayeho.”

Yavuze ko nk’u Rwanda ubu rwatangiye gukora inkingo za COVID-19 kubera isomo rwakuye mu bihe byatambutse by’iki cyorezo na cyo cyashegeshe Isi, bikagira ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika.

Hichilema na we uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Next Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.