Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje ishusho nshya y’umusaruro wa RDF muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye byari muri Mozambique, by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, byatumye inzego z’umutekano z’u Rwanda zijyayo mu butumwa, bisa nk’ibyakemutse, kuko umuti wabyo wabonetse ku kigero cya 80%.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, mu kiganiro n’itangazamakuru, we na Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Abakuru b’Ibihugu bagarutse ku mikoranire y’ibi Bihugu byombi ndetse n’ibyo baganiriye hagati yabo, aho bemeranyijwe ko umubano w’ibi Bihugu urushaho kuzamuka.

Perezida Kagame yagize ati “Twemeranyijwe ko amasezerano ahari, y’ingirakamaro, agomba gushyirwa mu bikorwa, twagiranye ikiganiro ko twifuza kubona ko amasezerano ashyirwa mu bikorwa kandi agatanga umusaruro.”

Yavuze kandi ko abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi ndetse n’abaturage babyo bagomba gushyira hamwe, kugenderana bikarushaho kwiyongera, hakabaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kandi ko bizeye ko bigiye gutanga umusaruro ufatika.

Perezida Hichilema we wagarutse ku idindira ryo gushyira mu bikorwa amasezerano cyangwa kuba byagenda biguruntege, bishobora guterwa n’impamvu zinyuranye, ariko ko izo mpamvu ziba zigomba gukemurwa zikava mu nzira kuko umusaruro uba witezwe muri ayo masezerano aba ari wo ufite agaciro gakomeye.

Yavuze kandi hagomba kubaho guhozaho, mu bikorwa byose, yaba mu gukorana hagati y’inzego, ariko kandi bakagira ukumva kimwe mu byo baba bagomba gukora mu nyungu z’abaturage.

Perezida Kagame uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

Umusaruro ushimishije wa RDF muri Mozambique

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe ku musaruro w’ubutumwa bw’inzego z’umutekano zirimo muri Mozambique, avuga ko izi nzego ziri muri Mozambique by’umwihariko mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zifatanyamo n’iza Mozambique, yavuze ko ubu butumwa bwagize umusaruro ushimishije.

Ati “Mbivuze mu buryo bwagutse, ikibazo cyarakemutse. Turi kubona intambwe ishimishije, turebye umubare munini w’abaturage bari barakuwe mu byabo, bakaba barabashije gusubira mu ngo zabo, bagatangira ibikorwa nk’uko byari bisanzwe.”

Yavuze kandi ko muri kiriya Gihugu hanariyo ingabo z’Umuryango wa SADC ziri mu bindi bice, kandi ko aho ziri na ho ku mikoranire n’iz’u Rwanda, hagenda haboneka amahoro n’umutekano.

Ati “Ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi byatangiye kongera kwiyubaka, birimo n’ibiri gukora ishoramari nka TOTAL ndetse n’izindi kompanyi, bari guteganya gusubukura ibikorwa byabo.”

Perezida Kagame avuga ko nubwo hari ibintu bicye bigikenewe gukemurwa kugira ngo ibyo bikorwa bisubukurwe mu buryo bwuzuye, ariko iyo ntambwe yatewe, kandi ko yabayeho kubera gukorana.

Ati “Navuga ko nka 80% y’ikibazo byakemutse, naho 20% bishobora kuba bito cyangwa binini bitewe n’umubare w’ibigikenewe gushyirwa ku murongo.”

 

Ibyabaye mu Rwanda biteye agahinda

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema kandi yaje muri iki kiganiro, avuye gusura Urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakangane zisaga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Hichilema yabajijwe icyo yavuga ku isomo yakuye mu byo yaboneye ku Rwibutso, avuga ko biteye agahinda.

Ati “Birababaje. Biteye ubwoba, ni ugutsindwa ku ikiremwamuntu atari ku Rwanda gusa ahubwo kuri twese, kuko ibimenyetso biri hariya bigaragaza ko ibyabaye, ko nk’ikiremwamuntu twatsinzwe. Ntabwo twigeze dufata intambwe zo kugira icyo dukora, ngo twange ibibi byariho, imvugo z’urwango, zagombaga kurwanywa.”

Yavuze kandi ko isomo rya mbere rigomba kuvamo, ari uko buri wese agomba guharanira ko ibyabayeho bitazongera kubaho ukundi.

Yasabye Abanyarwanda n’abandi bo ku Isi, ko bakwiye kwigira kuri ibi byabaye kandi bagahora bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ati “Mwarababariye ariko ntabwo mwibagiwe.”

Yavuze kandi ko Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe igihe kinini, inzego zikayigiramo uruhare rukomeye, bityo ko na zo zikwiye gukura isomo ku byakozwe n’inzego zitwaye nabi mu Rwanda muri kiriya gihe.

 

 

Ukraine n’u Burusiya

Abakuru b’ibihugu byombi babajijwe kandi ku gikorwa giherutse gukorwa na bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo muri Afurika baherutse kujya kuganira n’abayoboye u Burusiya na Ukraine, Ibihugu biri mu ntambara yagize ingaruka ku bukungu bw’Isi yose.

Perezida Kagame yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka ku bantu bose kugeza no muri Afurika ndetse n’ibindi bice, ariko ko igikomeye ari isomo Afurika ikwiye gukuramo.

Ati “Habaye gutuma dutekereza ibyo twakora dufatanyije kandi tugakoresha ingufu zose, tugashora imari mu bikorwa dufitiye ubushobozi, kugira ngo ibyo bibazo nibiza ntibizatugireho ingaruka cyane.”

Yatanze nk’urugero rw’ingano, ifumbire, byagiye bibura muri Afutika, kandi biri mu biza ku isonga mu bikenerwa muri Afurika, kandi ko bimwe muri ibyo bishobora kuboneka bivuye mu bushobozi bw’Abanyafurika. Ati “Dushobora kugira ingano, zahaza Zambia, Afurika Afurika y’Iburengerazuba.”

Yavuze ko na nyuma y’uko iyi ntambara irangira, hagomba gutekerezwa uburyo ibibazo nk’ibi bitazajya biba ngo bishegeshe cyane Umugabane wa Afurika.

Hichilema na we yavuze ko iyi ntambara yagize ingaruka zikomeye cyane ubukungu bwa Zambia, by’umwihariko yatumye habaho izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko.

Atanga rugero rwo kuba ibikomoka ku ngano byakoreshwaga muri Zambia, byagize ihungabana rikabije, ku buryo hari ibisanzwe bikenerwa na benshi muri iki Gihugu, byagiye bibura.

Yavuze ko icyakozwe na Afurika ubwo bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bayo bajyaga mu Burusiya no muri Ukraine, kwari ugutanga umusanzu w’uyu Mugabane mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.

Ati “Afurika ntabwo igomba kuba indorerezi, ahubwo igomba kugira umwanya mu bikorwa byose bireba Isi, ariko icy’ingenzi dukwiye gushyira hamwe, kandi tugashaka ibisubizo by’ibibazo byabayeho.”

Yavuze ko nk’u Rwanda ubu rwatangiye gukora inkingo za COVID-19 kubera isomo rwakuye mu bihe byatambutse by’iki cyorezo na cyo cyashegeshe Isi, bikagira ingaruka zikomeye ku Mugabane wa Afurika.

Hichilema na we uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Next Post

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Libya: Abimukira bari bagiye guhambirizwa bakoze igikorwa cyateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.