Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo

radiotv10by radiotv10
03/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje uko Afurika yakwigobotora imbogamizi zo kutagira ibikorwa remezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yabereye i Dakar muri Senegal yiga ku iterambere ry’ibikorwa Remezo muri Afurika, yagaragaje ko uyu Mugabane umaze kugera kuri byinshi ariko ko hakiri icyuho mu bikorwa remezo.

Yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 02 Gashyantare ubwo iyi nama yabaga, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma banyuranye.

Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi w’akanama k’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bishinzwe kwiga ku cyerecyezo cy’ikigega cy’Umuryango wa Afurika Uunze Ubumwe gishinzwe iterambere AUDA-NEPA, ari no mu batanze ikiganiro cyagarukaga ku cyakorwa ngo Umugabane wa Afurika ubashe kugera ku bikorwa remezo bigirira akamaro Ibihugu biwugize.

Ni ibiganiro kandi byarimo na Perezida wa Senegal, Macky Sall akaba ari na we uyoboye Afurika Yunze Ubumwe, byarimo kandi Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEPAD, Nardos Bekele-Thomas ndetse n’abandi.

Perezida Macky Sall yavuze ko kwihutisha iterambere ry’ibikorwa remezo muri Afurika bifitiye inyungu abaturage, uhereye ku babarirwa muri miliyoni 600 batagira amashanyarazi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakwiriye ibikorwa biteza imbere umugabane wa Afurika kandi ko iby’ibanze ari ibikorwa remezo bifatwa nk’ipfundo ry’iterambere.

Yagize ati “Mu myaka yatambutse hari intambwe yatewe, ibyo ntakubishidikanyaho, ariko haracyari icyuho mu bikorwa remezo ku Mugabane wa Afurika.”

Yakomeje agira ati “Mu gukuraho icyo cyuho ni ngombwa ko habaho kwishakamo ubushobozi buturutse imbere muri twe. Niyo mpamvu mu bihumbi 2017 AUDA-NEPAD yatangije 5 ku ijana ya gahunda yo kuzamura ishoramari ku bikorwa remezo muri Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko iyi nama ari amahirwe yo kongera iyi nkunga ku bufatanye n’abikorera kugira ngo imishinga y’ibikorwa remezo irusheho kugera no mu bigo by’imari.

Umuryango w’ubufatanye bw’iterambere muri Afurika AUDA-NEPAD, wanasinyanye amasezerano na Afrexim Bank ahuriweho y’ubufatanye azateza imbere ibikorwa remezo bya Afurika.

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama
Yarimo n’abandi bayobozi bakomeye

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku rubanza rw’umwana rwazamuye impaka: Icyemezo cyafashwe

Next Post

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Indi mpanuka noneho ikozwe n’imodoka yari itwaye abakinnyi b’ikipe y’ubukombe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.