Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwitwara iyo rwahendahenze uwahisemo kurubera umwanzi akinangira

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwitwara iyo rwahendahenze uwahisemo kurubera umwanzi akinangira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rubanira neza inshuti zarwo ndetse ko rudateze kuzitenguha, ariko n’abiyemeje kurubera abanzi, rubahendahenda ngo bahindukire, bakwinangira na bo rukabereka ko ruzi uko kubana n’umwanzi bigenda.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, ubwo yakiraga abafashije Umuryango FPR-Inkotanyi n’imitwe ya Politiki bafatanyije mu bikorwa by’amatora yabaye mu cyumweru gishize.

Yavuze ko igikorwa cy’ingenzi Abanyarwanda bamazemo ukwezi cyagenze neza, ariko ko ibisigaye ari na byo bikomeye byo kuzashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Ati “Ndetse bidushakamo imbaraga nyinshi zirenze izo tumaze gukoresha mu byo turangije, ariko sinshidikanya ko nabyo bizashoboka kandi bizoroha. Bizoroha bitewe n’ubushake n’imbaraga n’uko u Rwanda rwacu runyuze muri byinshi.”

Perezida Kagame yavuze ko ibibi byinshi u Rwanda rwanyuzemo bihora bigaruka mu bitekerezo by’abantu, ariko bakirinda ko bibaca intege, ahubwo bikabaha imbaraga zo gukora ibyiza byinshi kugira ngo rutazabisubiramo ukundi.

Muri ibyo byose u Rwanda rwanyuzemo, rwabifashijwemo n’inshuti z’u Rwanda, zatangiye ari inshuti z’abanyamahanga ariko ubu na zo zamaze kuba Abanyarwanda.

Ati “Izo nshuti z’u Rwanda ndetse zabaye Abanyarwanda bitanga bitangira u Rwanda nk’uko namwe ba nyirarwo murwitangira, ariko iby’u Rwanda n’Abanyarwanda, kurwitangira biri mu mateka tumaze kubaka, twubakana ndetse bikaba bigeze no mu rubyiruko rwahoze ruvuga rwa Gen Z.”

Uru rubyiruko rugenda rufata umuco mwiza u Rwanda ruriho rwubaka wo gushyira hamwe, unashyize imbere n’imitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya n’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Yaboneyeho gushimira iyi mitwe ya Politiki yafatanyije na FPR-Inkotanyi kandi ko amajwi bifuzaga y’ 100% nayo yagezweho kubera ubu bufatanye.

Ati “Buriya biriya tuvuga by’ijana ku ijana, ndetse tukaba twarabigezeho, buriya mirongo icyenda n’icyenda n’ibindi bice, uba wageze ku ijana ku ijana. Impamvu biba ijana ku ijana, harimo n’abayoboke b’imitwe ya politiki dukorana.”

 

Perezida Kagame yasezeranyije inshuti z’u Rwanda ko rutazazitenguha

Uwiyemeje kubera u Rwanda umwanzi rubyitwaramo gute?

Umukuru w’u Rwanda yagaragaje ko ibyo u Rwanda rugezeho nyuma y’amateka ashaririye rwanyuzemo, bigaragaza ko “Tutari ubusa, ni rwo rugendo rurimo, twebwe ubwacu kumenya ko tutari ubusa n’undi uwo ari we wese akabimenya.”

Perezida Kagame yavuze ko muri uku kumenya ko u Rwanda atari ubusa ndetse n’abandi bakabimenya, bikwiye kubera urugero n’amahanga yose, nubwo iki Gihugu kiba gifite inshuti ariko kitabura n’abanzi.

Ati “Dufite inshuti rwose, iyo duhereye ku mbaraga zacu dufatanyije n’inshuti, ibyo tugeraho ntibigira uko bingana, ariko mu muco wa RPF ntabwo twirara, dukorana neza n’abashaka ko dukorana neza, rwose tukababera inshuti bakabimenya ko iyo batwizeye ntawe dutenguha.”

Ariko nanone abanzi “turabahendahenda, turabinginga tukabingingira kugira ngo tubane dukorane, ariko iyo banze bakumva ko bagomba kuba abanzi, na bwo ntabwo twitenguha, ntabwo tubatenguha kumenya ko turi abanzi koko.”

Yaboneyeho kwizeza inshuti z’u Rwanda ko rutazabatenguha na rimwe, ariko ku batarwifuriza ineza, ruzakomeza kubereka inyungu zo kuba barubera inshuti, ariko mu gihe babyanze bakiyemeza gukomeza iyo nzira yo kurubera abanzi, na rwo ruzamenya uko rubitwaraho.

By’umwihariko ariko u Rwanda rukazakomeza kuba maso ku mahoro n’umutekano byarwo n’iby’abarutuye, ku buryo ntawe ushobora kuzabitokoza uko byagenda kose.

Ati “Ibyo ni umurongo, ni kamere, ni amahame ya RPF, byanabaye Umuco w’Abanyarwanda n’imyumvire yabo, waba uri Umunyamuryango wa RPF cyangwa uw’undi mutwe wa Politiki, twamaze kuba umwe.”

Nanone kandi Abanyarwanda bakwiye guterwa ishema n’uyu muco n’imyumvire, bagahora iteka babyiyumvamo, banaharanira ko hatagira ubibambura.

Muri Kigali Convention Center abantu bari benshi

Bwari ubusabane bunogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko

Next Post

Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.