Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yagaragaje urugendo rw’Abanyarwanda mu myaka 29 mu butumwa bureba buri Munyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • “Hagati yo kuba umuntu mwiza no kuba umunyakuri, uzahitemo kuba mwiza”
  • “Wahitamo idini ariko ntiwahitamo ubwoko.”

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko kuba u Rwanda rugeze aheza rugeze nyuma y’imyaka 29 ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ukubera amahitamo meza y’Abanyarwanda, abashimira kuba barahisemo neza byumwihariko abarokotse banze guheranwa n’agahinda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje none tariki 07 Mata 2023 ubwo yatangiza icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko aho u Rwanda rugeze ubu hashimishije, ari ukubera amahitamo meza yaranze Abanyarwanda bari bavuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bakiyemeza kuba bamwe.

Agaragaza amahitamo akwiye yaranze Abanyarwanda, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Niba ugomba guhitamo hagati yo kuba umuntu mwiza no kuba umunyakuri, ni byiza guhitamo kuba umuntu mwiza kuko bizatuma uba n’umunyakuri.”

Perezida Paul Kagame yagarutse ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko abayikoze baranzwe no kureba hafi.

Yagize ati “Uyu munsi duteraniye hamwe tuzirikana abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bakicwa bazira abo bari bo, kandi yaba hano ndetse n’undi wese ku isi nta muntu uhitamo uwo aba we, guhitamo ubwoko, uruhu, ubwoko, hari byinshi umuntu yahitamo, ushobora guhitamo idini ariko ntiwahitamo kuba umuntu, ntihwahitamo kwibasirwa.”

Umukuru w’u Rwanda, yakomeje avuga ko n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, bitwaje ubwoko bwabo, na bo ubwabo batabuhisemo. Ati “Mu byukuri abishe abandi na bo ntibahisemo mu bwoko bwabo.”

Aya mateka ashaririye Abanyarwanda banyuzemo, ubu bakaba babanye neza basangira akabisi n’agahiye kandi bafatanya mu rugendo rwo kwiteza imbere, byatumye Umukuru w’u Rwanda ashimira Abanyarwanda.

Ati “Ibikomere biracyaremeye ariko Abanyarwanda ndabashimira mwese kuba mwaranze guheranwa n’aya mateka, abantu bageragerageje guhindura paji nshya, bajya imbere bavuye mu majye, bava mu marira, bahitamo kubaho.”

Perezida Kagame yashimiye Abanyarwanda

 

Abanyarwanda ni abo gushimirwa

Perezida Kagame yavuze ko kuba ibi byose byaragezweho, ari ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bemeye kwikorera umutwaro uremereye bakababarira ababiciye

Umukuru w’u Rwanda agendeye ku buhamya bwa Eric watanze ubuhamya bw’inzira yaciyemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yamutwaye abe bose barimo n’abiciwe mu maso ye, yagize ati “Umuntu nka Eric ukurikije ibyo yanyuzemo, kuba yagera aho ababarira, ni ibitangaza.”

Yakomeje ashimangira ko amahitamo Abanyarwanda bafashe, ntawe ugomba kuyarogoya, ngo ashake kubereka andi mahitamo kuko n’ibindi byose ari bo babyikoreye.

Ati “Dufite ubuzima tugomba kubaho, nta muntu uzaduhitiramo ubuzima tugomba kubamo, twakomeje umuhate wo kuva muri aya mateka, ntituzigera twemerera ko hari uwabategeka uburyo mugomba kubaho, uko ni ko Abanyarwanda bameze, turi abantu beza, turubaha, duca bugufi tuzi aho twavuye, ariko ndababwira ko igihe cyose bamwe muri twe tuzaba tukiriho, ndabizeza ko tuzabaho ubuzima butebereye twahisemo.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rwariyubatse, mu bumwe kuba hamwe ni umusingi wa buri byose tugerageza gukora, kuva ku itangira twumvaga ibyo dukwiye, n’umuhate, byaduhaye icyizere cy’ejo heza hazaza.”

Yanagarutse ku mbwirwaruhame z’urwangano zitangwa mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko amahanga akomeje kubyirengagiza nkuko byabaye mu Rwanda mu 1994.

Yanagarutse ku bapfobya Jenode yakorewe Abatutsi, bagamije kugoreka amateka, avuga ko bagomba kurwanywa kugira ngo batabona icyuho cyo gukongeza iyo ngengabiterekezo mu bakiri bato.

Ati “Turifuza gukangurira abakiri bato kwigira ku byabaye, bakarushaho kubaho bubakira ku mateka, kandi bakomeza gufata inshingano no kumenya kubazwa ishingano, uwo ni wo murongo wo kwibuka twiyubaka.”

Muri uku kubaka u Rwanda rw’ejo ruzira amacakubiri bigizwemo uruhare, Umukuru w’u Rwanda yongeye kwibutsa Abanyarwanda kutazigera na rimwe bongerera guha icyuho uwashaka kubasubiza mu mateka mabi.

Ati “Abanyarwanda ntibazigera bemerera uwazashaka kubacamo ibice kuko ibyabayeho bihagije, ibyo ntibizongera kubaho ukundi.”

Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe n’abana b’u Rwanda bayobowe na Perezida Paul Kagame ndetse n’ingabo zahoze ari RPA zari iza FPR-Inkotanyi, mu gihe amahanga yose yari yatereranye Abatutsi bariho bicwa.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse kuri iyi myitwarire y’amahanga yatereranye u Rwanda, yongera gushimangira ko Abanyarwanda ubwabo ari bo bafashe icyemezo cyo kwiha icyerekezo gishya, bityo ko batagomba kumva uwaza ashaka kubaha amabwiriza.

Ati “Ubwo twari dukeneye ubufasha twagombaga kubona, Isi yaduteye umugongo. Ibyo ni kimwe mu by’amateka yagaragajwe na Bizimana. Tugomba kubaho uko dushaka.”

Yavuze ko inkunga yatangwa n’amahanga yaba ari nziza kandi ko u Rwanda ruzishima ariko ko ntawe ukwiye kuzitwaza ngo ashake guha amabwiriza Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + fourteen =

Previous Post

Rulindo: Umugore arakekwaho gukorera iby’ubunyamaswa umwana yari abereye mukase

Next Post

Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

Amadini yagaragarijwe aho agomba kwikubita agashyi kugira ngo atange umusanzu ushyitse mu Kwibuka29

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.