Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko abagore ari ipfundo ryo kugira umuryango mugari ushikamye kandi utekanye, kandi ko u Rwanda ari umuhamya wabyo kuko abagore bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda banakomeza mu rw’iterambere ryarwo.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022 ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iteraniye i Kigali.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byose ku Isi, zibereyeho kurinda no guharanira inyungu z’abaturage.

Ati “Iyi ntego ntishobora kugerwaho mu gihe hatabayeho uruhare rufunguye kuri buri wese n’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko byumwihariko mu myanya y’imiyoborere y’Inteko.”

Yavuze ko ikibazo ari uko ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo bukomeza kugaragara mu Bihugu bitandukanye ku Isi.

Avuga ko imwe mu nzira yatuma uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, bigerwaho, ari uguha umwanya abagore mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ati “Uburinganire bwagerwaho neza mu gihe buri wese yumvise ko ari uburenganzira bwa buri wese kandi hose. Abagore ni urutirigongo rwo kuba umuryango mugari wabaho wifashije kandi utekanye.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo uburinganire n’ubwuzuzanye bigerweho, hakenewe amategeko n’imirongo migari bihamye mu gushyira mu bikorwa iri hame.

Ati “Mu Rwanda abagore bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu. Abagore bakomeje kuba ipfundo ry’urugendo rw’Iterambere rw’u Rwanda aho bamwe bari no mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ahantu hatandukanye ku Mugabane wa Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko kurwanya ubusumbane bushingiye ku gitsina, ari inshingano zihuriweho n’impande zombi yaba abagore ubwabo ndetse n’abagabo.

Ati “Abagabo na bo bafite inshingano zo kubihagurukira ntibigire ba ntibindeba.”

Yasoje agaragaza ko Inteko Zishinga Amategeko zigomba kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, guhangana n’abapfobya Jenoside ndetse n’ababiba amacakubiri.

Yagaragaje ko ibi bitekerezo bisenya by’imbwirwaruhame z’urwango n’amacakubiri, bigenda bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, bigira ingaruka mu kubangamira amahoro n’umutekano ku Isi.

Ati “Gukorana hagati y’Inteko Zishinga Amategeko, birakenewe, hakabaho gukorana mu gushyiraho amategeko atuma ibi bitesha agaciro ikiremwamuntu n’iby’irondaruhu, bihanwa n’amategeko.”

Yavuze ko ibijyanye na Demokarasi ndetse no kugira amahoro, ari umukoro na wo ukwiye ubufatanye bw’Ibihugu aho kumva ko hari Ibihugu bibifite kurusha ibindi nkuko bimwe bikunze gutunga agatoki ibyo ku Mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame ubwo yari ageze kuri Kigali Convention Center ahabereye iyi nama

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’Inteko Zishinga Amategeko mu guteza imbere umuryango mugari
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite yahaye ikaze abashyitsi

Photos © RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − six =

Previous Post

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

Next Post

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.