Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko abagore ari ipfundo ryo kugira umuryango mugari ushikamye kandi utekanye, kandi ko u Rwanda ari umuhamya wabyo kuko abagore bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda banakomeza mu rw’iterambere ryarwo.

Perezida Paul Kagame yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ukwakira 2022 ubwo yatangizaga Inama Mpuzamahanga y’ 145 y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko (IPU) iteraniye i Kigali.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byose ku Isi, zibereyeho kurinda no guharanira inyungu z’abaturage.

Ati “Iyi ntego ntishobora kugerwaho mu gihe hatabayeho uruhare rufunguye kuri buri wese n’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko byumwihariko mu myanya y’imiyoborere y’Inteko.”

Yavuze ko ikibazo ari uko ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo bukomeza kugaragara mu Bihugu bitandukanye ku Isi.

Avuga ko imwe mu nzira yatuma uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, bigerwaho, ari uguha umwanya abagore mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ati “Uburinganire bwagerwaho neza mu gihe buri wese yumvise ko ari uburenganzira bwa buri wese kandi hose. Abagore ni urutirigongo rwo kuba umuryango mugari wabaho wifashije kandi utekanye.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo uburinganire n’ubwuzuzanye bigerweho, hakenewe amategeko n’imirongo migari bihamye mu gushyira mu bikorwa iri hame.

Ati “Mu Rwanda abagore bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu. Abagore bakomeje kuba ipfundo ry’urugendo rw’Iterambere rw’u Rwanda aho bamwe bari no mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ahantu hatandukanye ku Mugabane wa Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ko kurwanya ubusumbane bushingiye ku gitsina, ari inshingano zihuriweho n’impande zombi yaba abagore ubwabo ndetse n’abagabo.

Ati “Abagabo na bo bafite inshingano zo kubihagurukira ntibigire ba ntibindeba.”

Yasoje agaragaza ko Inteko Zishinga Amategeko zigomba kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, guhangana n’abapfobya Jenoside ndetse n’ababiba amacakubiri.

Yagaragaje ko ibi bitekerezo bisenya by’imbwirwaruhame z’urwango n’amacakubiri, bigenda bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, bigira ingaruka mu kubangamira amahoro n’umutekano ku Isi.

Ati “Gukorana hagati y’Inteko Zishinga Amategeko, birakenewe, hakabaho gukorana mu gushyiraho amategeko atuma ibi bitesha agaciro ikiremwamuntu n’iby’irondaruhu, bihanwa n’amategeko.”

Yavuze ko ibijyanye na Demokarasi ndetse no kugira amahoro, ari umukoro na wo ukwiye ubufatanye bw’Ibihugu aho kumva ko hari Ibihugu bibifite kurusha ibindi nkuko bimwe bikunze gutunga agatoki ibyo ku Mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame ubwo yari ageze kuri Kigali Convention Center ahabereye iyi nama

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’Inteko Zishinga Amategeko mu guteza imbere umuryango mugari
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite yahaye ikaze abashyitsi

Photos © RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 5 =

Previous Post

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

Next Post

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Hamenyekanye icyo Ingabire Victoire yaganiriye n’Abashingamategeko b’Iburayi bahuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.