Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abafitiye u Rwanda imigambi mibisha

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ko bidashoboka kuko ubushake n’ubushobozi bwo kurinda Abanyarwanda byagiye byaguka, ku buryo abahirahira kubahungabanya na bo babibona ko igihe cyabo kibaze.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu birori byo gusoza umwaka, byabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024, byitabiriwe n’ab’ingeri zinyuranye.

Perezida Paul Kagame yagarutse kuri bimwe mu byagiye biranga ubuzima bw’Igihugu muri uyu mwaka, avuga ko ibyinshi ari ibyiza, kandi ko abantu baba bakwiye kubyishimira, ariko bakanazirikana ibiri imbere.

Ati “Igihe cyose kibonetse tujye twishima pe, si ko ubuzima bukwiriye kugenda se? Wishimira icyo ugezeho, ugateganyiriza ahazaza. Ntabwo imbaraga zose uzisiga aha ngaha.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri uko kwishima, abantu bakwiye kujya banazirikana ibyagiye bibafasha kugera kuri ibyo bishimira, ari na ko bongera imbaraga zo kubisigasira, ku isonga hakaza umutekano, ukwiye kurindwa mu buryo bw’umwihariko.

Ati “Tujye dusigarana kwa kwirinda, kuri buri muntu, no kuri twese. Ntawe tuzemerera ko yaduhungabanyiriza umutekano, n’umunsi n’umwe.”

Ni mu gihe kandi hari bamwe bakunze kugaragaza ko bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse umwaka ushize, na bwo Perezida Kagame ubwo yagezaga ku Banyarwanda ubutumwa busoza umwaka, akaba yari yabizeje ko iyi migambi y’abagambiriye ikibi ku Gihugu cyabo, idashobora kugerwaho, akaba yongeye kubibahamiriza, anagenera ubutumwa abo bafitiye imigambi mibisha u Rwanda.

Avuga kandi ko imbaraha n’ubushake byo kurindira Abaturarwanda umutekano, bihari bihagije, kandi ko bigenda byiyongera uko ibihe bigenda biha ibindi uko Abanyarwanda bagenda batera imbere, banagana imbere mu kwirindira umutekano.

Ati “Ibyo dushakisha ni amikoro. Uko tugenda ni ko n’ayo mikoro agenda aboneka, ku buryo n’abumva ko bahungabanya umutekano, ngira ngo bagenda bamenya ko igihe cyabo kirabaze.”

 

Abo gushimirwa by’umwihariko

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame kandi yanagarutse ku bitari byiza byabaye mu gihe gito gishize by’icyorezo cya Marburg cyadutse mu Rwanda, ariko inzego z’ubuzima zigakora ibishoboka kugira ngo kive mu nzira.

Yafashe mu mugongo ababuze inshuti n’abavandimwe kubera iki cyorezo cyahitanye abantu 15 biganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko iyo miryango yabuze ababo, twifatanyije namwe, ariko icyo cyorezo nacyo cyagiye iruhande.”

Yaboneyeho kugenera ubutumwa bw’umwihariko abakora mu rwego rw’ubuvuzi bakoze akazi katoroshye, ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Ati “Ndashimira cyane abakora mu rwego rw’ubuzima, abakorerabushake, abitanze rwose. Hari abatanze ubuzima bwabo kugira ngo ubw’abandi bukomeze, abo turabashimira. Bakoresheje wa mutima, wa muco w’ubukotanyi, wa muco w’u Rwanda.”

 

Ibyo mwakoze mwarikoreraga

Mu bindi byabaye mu Gihugu, harimo ibikorwa by’ingenzi mu buzima bw’Igihugu, nk’amatora y’Umukuru w’Igihugu yanarangiye Perezida Paul Kagame yegukanye intsinzi ku majwi ari hejuru ya 99%, aho yaboneyeho kongera gushimira uburyo Abanyarwanda bitwaye muri iki gikorwa cy’ingenzi cyabaye muri uyu mwaka bari gusoza.

Ati “Nshaka kongera kubashimira, kandi mwarikoreraga, twarikoreraga, ariko ndabibashimiye rwose.”

Habaye kandi kwibuka amateka mabi u Rwanda rumaze imyaka 30 ruvuyemo, nko kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iyi myaka ishize Abanyarwanda bari kwiyubaka.

Ati “Muri uyu mwaka habayemo kwibuka abacu ku nshuro ya 30, habaho kwibuka twiyubaka n’amateka yo kwibohora ku nshuro ya 30.”

Yavuze ko aya mateka nubwo aba ari mabi ariko ari ay’Abanyarwanda ku buryo ntaho bayahungira, bityo ko gusubiza amaso inyuma abantu bakayibuka, na byo ari ingenzi kugira ngo barusheho gutegura ahazaza hazabemo kutongera gutokorwa.

Ati “Amateka nubwo yaba ari mabi, ari amateka yawe, ari amateka udafitemo uruhare kuba yarabaye mabi, ahubwo harimo kuyakosora, urabyibuka, ukabivanamo isomo, ugakomeza inzira yawe ushaka kwerekezamo.”

Muri rusange, umwaka wa 2024 wagendekeye neza Abanyarwanda, nubwo ibibi na byo byabayeho, ariko ni byo bicye, ku buryo ibyo kwishimira ari byo bikwiye kuza imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Bwa mbere The Ben yavuze ku mashusho yazamuye impaka n’uburyo umubyeyi we yayakiriye

Next Post

Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.