Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abafitiye u Rwanda imigambi mibisha

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abafite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ko bidashoboka kuko ubushake n’ubushobozi bwo kurinda Abanyarwanda byagiye byaguka, ku buryo abahirahira kubahungabanya na bo babibona ko igihe cyabo kibaze.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu birori byo gusoza umwaka, byabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024, byitabiriwe n’ab’ingeri zinyuranye.

Perezida Paul Kagame yagarutse kuri bimwe mu byagiye biranga ubuzima bw’Igihugu muri uyu mwaka, avuga ko ibyinshi ari ibyiza, kandi ko abantu baba bakwiye kubyishimira, ariko bakanazirikana ibiri imbere.

Ati “Igihe cyose kibonetse tujye twishima pe, si ko ubuzima bukwiriye kugenda se? Wishimira icyo ugezeho, ugateganyiriza ahazaza. Ntabwo imbaraga zose uzisiga aha ngaha.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri uko kwishima, abantu bakwiye kujya banazirikana ibyagiye bibafasha kugera kuri ibyo bishimira, ari na ko bongera imbaraga zo kubisigasira, ku isonga hakaza umutekano, ukwiye kurindwa mu buryo bw’umwihariko.

Ati “Tujye dusigarana kwa kwirinda, kuri buri muntu, no kuri twese. Ntawe tuzemerera ko yaduhungabanyiriza umutekano, n’umunsi n’umwe.”

Ni mu gihe kandi hari bamwe bakunze kugaragaza ko bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse umwaka ushize, na bwo Perezida Kagame ubwo yagezaga ku Banyarwanda ubutumwa busoza umwaka, akaba yari yabizeje ko iyi migambi y’abagambiriye ikibi ku Gihugu cyabo, idashobora kugerwaho, akaba yongeye kubibahamiriza, anagenera ubutumwa abo bafitiye imigambi mibisha u Rwanda.

Avuga kandi ko imbaraha n’ubushake byo kurindira Abaturarwanda umutekano, bihari bihagije, kandi ko bigenda byiyongera uko ibihe bigenda biha ibindi uko Abanyarwanda bagenda batera imbere, banagana imbere mu kwirindira umutekano.

Ati “Ibyo dushakisha ni amikoro. Uko tugenda ni ko n’ayo mikoro agenda aboneka, ku buryo n’abumva ko bahungabanya umutekano, ngira ngo bagenda bamenya ko igihe cyabo kirabaze.”

 

Abo gushimirwa by’umwihariko

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame kandi yanagarutse ku bitari byiza byabaye mu gihe gito gishize by’icyorezo cya Marburg cyadutse mu Rwanda, ariko inzego z’ubuzima zigakora ibishoboka kugira ngo kive mu nzira.

Yafashe mu mugongo ababuze inshuti n’abavandimwe kubera iki cyorezo cyahitanye abantu 15 biganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko iyo miryango yabuze ababo, twifatanyije namwe, ariko icyo cyorezo nacyo cyagiye iruhande.”

Yaboneyeho kugenera ubutumwa bw’umwihariko abakora mu rwego rw’ubuvuzi bakoze akazi katoroshye, ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.

Ati “Ndashimira cyane abakora mu rwego rw’ubuzima, abakorerabushake, abitanze rwose. Hari abatanze ubuzima bwabo kugira ngo ubw’abandi bukomeze, abo turabashimira. Bakoresheje wa mutima, wa muco w’ubukotanyi, wa muco w’u Rwanda.”

 

Ibyo mwakoze mwarikoreraga

Mu bindi byabaye mu Gihugu, harimo ibikorwa by’ingenzi mu buzima bw’Igihugu, nk’amatora y’Umukuru w’Igihugu yanarangiye Perezida Paul Kagame yegukanye intsinzi ku majwi ari hejuru ya 99%, aho yaboneyeho kongera gushimira uburyo Abanyarwanda bitwaye muri iki gikorwa cy’ingenzi cyabaye muri uyu mwaka bari gusoza.

Ati “Nshaka kongera kubashimira, kandi mwarikoreraga, twarikoreraga, ariko ndabibashimiye rwose.”

Habaye kandi kwibuka amateka mabi u Rwanda rumaze imyaka 30 ruvuyemo, nko kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’iyi myaka ishize Abanyarwanda bari kwiyubaka.

Ati “Muri uyu mwaka habayemo kwibuka abacu ku nshuro ya 30, habaho kwibuka twiyubaka n’amateka yo kwibohora ku nshuro ya 30.”

Yavuze ko aya mateka nubwo aba ari mabi ariko ari ay’Abanyarwanda ku buryo ntaho bayahungira, bityo ko gusubiza amaso inyuma abantu bakayibuka, na byo ari ingenzi kugira ngo barusheho gutegura ahazaza hazabemo kutongera gutokorwa.

Ati “Amateka nubwo yaba ari mabi, ari amateka yawe, ari amateka udafitemo uruhare kuba yarabaye mabi, ahubwo harimo kuyakosora, urabyibuka, ukabivanamo isomo, ugakomeza inzira yawe ushaka kwerekezamo.”

Muri rusange, umwaka wa 2024 wagendekeye neza Abanyarwanda, nubwo ibibi na byo byabayeho, ariko ni byo bicye, ku buryo ibyo kwishimira ari byo bikwiye kuza imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − four =

Previous Post

Bwa mbere The Ben yavuze ku mashusho yazamuye impaka n’uburyo umubyeyi we yayakiriye

Next Post

Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.