Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

Photo/Getty Images

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022.

Mu butumwa yageneye Abanya-Kenya, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Kenya ku bwo kubura Mwai Kibaki witabye Imana.

Yagize ati “Nihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Perezida Kibaki.”

Yakomeje avuga ko nyakwigendera Mwai Kibaki yagaragaje umuhate ukomeye mu guteza imbere Igihugu cya Kenya.”

Yakomeje avuga ko Mwai Kibaki yagaragaje umuhate mu gushyira hamwe kw’akarere kandi ko abatuye aka karere bazakomeza kubizirikana.

Ati “Abanyarwanda bifatanyije na Kenya muri iki gihe.”

Perezida Mwai KibaKi watangiye kuyobora Kenya mu kwezi k’Ukuboza 2002 kugeza muri Mata 2013, mu kwezi k’Ugushyingo 2008, yagendereye u Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame banagiranye ikiganiro icyo gihe kibanze ku gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Icyo gihe kandi Mwai Kibaki yasuye abahinzi-borozi 120 bo mu Karere ka Gatsibo, yari yaragabiye inka muri 2005.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko Mwai Kibaki yitabye Imana.

Uhuru Kenyatta na we yavuze ko Igihugu cye kizakomeza kuzirikana uruhare rwa nyakwigendera Kibaki mu kuzamura iki Gihugu n’abaturage bacyo.

Yanatangaje ibigomba kubahirizwa muri iki gihe cyo kunamira uyu mukambwe witabye Imana ku myaka 90, birimo kururutsa ibendera mu Gihugu hose rikagezwamo muri 1/2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 12 =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yamennye amazi ashyushye ku mugabo we amuziza kumubaza icyatumye atinda gutaha

Next Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.