Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

Photo/Getty Images

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022.

Mu butumwa yageneye Abanya-Kenya, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Kenya ku bwo kubura Mwai Kibaki witabye Imana.

Yagize ati “Nihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Perezida Kibaki.”

Yakomeje avuga ko nyakwigendera Mwai Kibaki yagaragaje umuhate ukomeye mu guteza imbere Igihugu cya Kenya.”

Yakomeje avuga ko Mwai Kibaki yagaragaje umuhate mu gushyira hamwe kw’akarere kandi ko abatuye aka karere bazakomeza kubizirikana.

Ati “Abanyarwanda bifatanyije na Kenya muri iki gihe.”

Perezida Mwai KibaKi watangiye kuyobora Kenya mu kwezi k’Ukuboza 2002 kugeza muri Mata 2013, mu kwezi k’Ugushyingo 2008, yagendereye u Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame banagiranye ikiganiro icyo gihe kibanze ku gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Icyo gihe kandi Mwai Kibaki yasuye abahinzi-borozi 120 bo mu Karere ka Gatsibo, yari yaragabiye inka muri 2005.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko Mwai Kibaki yitabye Imana.

Uhuru Kenyatta na we yavuze ko Igihugu cye kizakomeza kuzirikana uruhare rwa nyakwigendera Kibaki mu kuzamura iki Gihugu n’abaturage bacyo.

Yanatangaje ibigomba kubahirizwa muri iki gihe cyo kunamira uyu mukambwe witabye Imana ku myaka 90, birimo kururutsa ibendera mu Gihugu hose rikagezwamo muri 1/2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yamennye amazi ashyushye ku mugabo we amuziza kumubaza icyatumye atinda gutaha

Next Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.