• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

radiotv10by radiotv10
22/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana

Photo/Getty Images

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Mwai Kibaki witabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022.

Mu butumwa yageneye Abanya-Kenya, Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Kenya ku bwo kubura Mwai Kibaki witabye Imana.

Yagize ati “Nihanganishije Abanya-Kenya n’umuryango wa Perezida Kibaki.”

Yakomeje avuga ko nyakwigendera Mwai Kibaki yagaragaje umuhate ukomeye mu guteza imbere Igihugu cya Kenya.”

Yakomeje avuga ko Mwai Kibaki yagaragaje umuhate mu gushyira hamwe kw’akarere kandi ko abatuye aka karere bazakomeza kubizirikana.

Ati “Abanyarwanda bifatanyije na Kenya muri iki gihe.”

Perezida Mwai KibaKi watangiye kuyobora Kenya mu kwezi k’Ukuboza 2002 kugeza muri Mata 2013, mu kwezi k’Ugushyingo 2008, yagendereye u Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame banagiranye ikiganiro icyo gihe kibanze ku gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Icyo gihe kandi Mwai Kibaki yasuye abahinzi-borozi 120 bo mu Karere ka Gatsibo, yari yaragabiye inka muri 2005.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata 2022, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko Mwai Kibaki yitabye Imana.

Uhuru Kenyatta na we yavuze ko Igihugu cye kizakomeza kuzirikana uruhare rwa nyakwigendera Kibaki mu kuzamura iki Gihugu n’abaturage bacyo.

Yanatangaje ibigomba kubahirizwa muri iki gihe cyo kunamira uyu mukambwe witabye Imana ku myaka 90, birimo kururutsa ibendera mu Gihugu hose rikagezwamo muri 1/2.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fourteen =

Previous Post

Nyagatare: Umugore yamennye amazi ashyushye ku mugabo we amuziza kumubaza icyatumye atinda gutaha

Next Post

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Kaminuza ya Edinburgh yizeje u Rwanda ko igiye gufatira ingamba umuyobozi wayo wapfobeje Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.