Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko abayobozi batagarutse muri Guverinoma, bidakwiye kumvikana ko birukanywe, ahubwo ko bahinduriwe imirimo, kandi ko igihe cyayo nikigera izagaragara, anagira inama yazafasha abayigarutsemo n’abashya kuzuzuza neza inshingano zabo.

Perezida wa Repubulika, yabitangaje ubwo yari amaze kwakira indahiro z’abagize Guverinoma nshya, biganjemo abayigarutsemo, aho abashya ari Abaminisitiri batatu.

Perezida Kagame yatangiye yibutsa ko abataragarutse muri Guverinoma, batirukanywe, ahubwo ko ari impinduka zisanzwe ziba zabayeho.

Ati “Ngira ngo nibutse ikintu kimwe gusa, gukorera ku rwego nk’uru rw’Abaminisitiri n’inshingano rufite ndetse n’izindi nzego, rimwe na rimwe ibiba byabaye, abatagarutse muri Guverinoma, ntabwo ari ukwirukanwa. Yaba ari ukwirukanwa na byo birakorwa, iyo bakoze amakosa bigatuma birukanwa. Njye nabyita guhindurirwa imirimo. Abatagarutse muri Guverinoma bahinduriwe imirimo, ubwo igihe cyabo nikigera imirimo izagaragara.”

Naho abayigarutsemo ndetse n’abashya bayinjiyemo kimwe n’abandi bayobozi mu zindi nzego, Perezida Paul Kagame yaboneyeho kubagira inama yabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Ariko nagira ngo nshingire aho mbagira inama, kugira ngo muri iyi manda nshya tugiyemo cyangwa abahsya bagiye muri Guverinoma cyangwa n’abandi bayobozi mu zindi nzego, iteka iyo impinduka nk’iyi ibaye, ntabwo ari switch off cyangwa switch on business as usual [Ntabwo ibintu biba bigomba gukorwa nk’ibisanzwe].”

Yavuze ko abantu baba bakwiye kureba ibyo abantu bakoze neza n’ibitaragenze neza, ubundi bakisuzuma, bakiha n’umurongo watuma barushaho gukora neza.

Ati “Ni cyo bivuze, biramutse atari cyo bivuze kuri mwe, numva haba hari ikbazo, n’ibyo wakoze neza ubushize birasaba ngo ugaruke wongere ukore neza kurusha, ibitarakozwe neza, ni ukubikosora tugakomeza.

Inama nabagira rero ni iyihe: ni ukwisuzuma wowe ubwawe udategereje ibyo uzumva mu mbuga nkoranyambaga cyangwa ahandi ibyo bakuvuga bakunenga cyangwa bagushima, ni byiza kubyumva, ariko ni na byiza kubisuzumira mu kwisuzuma wowe ubwawe.”

Perezida Kagame yavuze ko aba bayobozi bakwiye kujya bicara “ukibwiza ukuri, ukisuzuma, kandi wakwisuzuma uri wenyine bidaturutse hanze, ukibeshya? ubwo hari ikibazo kirimo, ushoboye kwicara ukibeshya ubwo haba hari ikibazo uba ukwiye kwisuzuma nacyo.”

Nanone kandi abemera Imana, iyo babyutse cyangwa bagiye kuryama bagasenga, kandi ko muri uko gusenga na byo baba bakwiye kwiragiza Imana, bayisaba imbaraga zo kuzuza neza inshingano zabo.

Yavuze ko abantu bakwiye kwibuka ko ibyo bashimira Imana banayisaba, Imana yabibahaye, ahubwo ko bakwiye kujya bisuzuma kugira ngo babikoreshe neza.

 

Nta gutwarwa n’ibyishimo

Muri uku gukora ariko, bakwiye kwibuka ko baba bakorera Abanyarwanda na bo barimo, ariko bagashyira imbere inyungu za rubanda, na bo bakiyibuka ariko inyungu zabo zikaza nyuma y’iz’abaturage.

Yasabye abayobozi kujya bakurikira imbuga nkoranyambaga, bakareba ibyo bavugwaho, bikabafasha kwisuzuma, “niba koko ukiri muri ya nzira y’ibyo uhagararariye mu buzima bwawe cyangwa ushaka kugeza ku bandi ari bo muri izi nzego muba muyoboye.”

Yabagiriye inama kandi ko igihe bumvise ababavuga nabi, bidakwiye kubaca intege, ahubwo ko bikwiye kubafasha kwisuzuma no kwikebuka.

Ati “Ikitari cyo niba bakubeshyera ugishyire iruhande, ukomeze inzira yawe y’inshingano ufite, ubihe umwanya ariko ntibiguteshe umwanya.”

Yavuze ko abo bakoranye muri manda ishize, bageze kuri byiza byinshi, ariko ko “atari igihe cyo kwirara, ntabwo ari igihe cyo gutwarwa n’ibyinshimo ngo ugere aho ngo habe haba ikibazo cy’ibyo abantu bashimaga bisubire inyuma, kuko ntabwo wari ukibihanze amaso, ntabwo wari ukibikurikirana, kuko wishimye ugera mu bindi.”

Nanone kandi ibyo byiza byagezweho, byarashobokaga ko byari no kurenga, iyo bakoresha imbaraga zirenze izo bakoresheje.

Yagarutse ku iterambere ry’ubukungu bwagiye buzamuka ku gipimo kiri hejuru ya 8%, ariko ko abantu bakwiye no gutekereza ku izamuka rirenze iri. Ati “Kuki utashaka 10%. Ni ko u Rwanda rukwiye kuba rukora. Ntakwirara.”

Kimwe mu bizitira abantu kutagera kuri iyi mibare irenze iyi, harimo kuba hari abantu bakora nka ba nyamwigendaho, asaba abayobozi kujya bakorana yaba inzego ndetse n’abantu ubwabo.

Avuga ko iki kibazo gihora kigaruka, kandi ko iyo agize uwo abibazaho, akavuga ati “nagize ngo,…nagize ngo undi yabikoze. Ariko kuki atari wowe wabikoze, kuko mutuzuzanyije?”

Umukuru w’u Rwanda yibukije abayobozi ko ntacyo umuyobozi umwe cyangwa urwego rumwe, bageraho hatabayeho gukorana, kuko ari byo bizamura imbaraga z’abantu.

Perezida Kagame ubwo yinjiraga mu Ngo y’Inteko ahabereye uyu muhango w’irahira

Guverinoma nshya yarahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica

Next Post

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.