Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa abataragarutse muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko abayobozi batagarutse muri Guverinoma, bidakwiye kumvikana ko birukanywe, ahubwo ko bahinduriwe imirimo, kandi ko igihe cyayo nikigera izagaragara, anagira inama yazafasha abayigarutsemo n’abashya kuzuzuza neza inshingano zabo.

Perezida wa Repubulika, yabitangaje ubwo yari amaze kwakira indahiro z’abagize Guverinoma nshya, biganjemo abayigarutsemo, aho abashya ari Abaminisitiri batatu.

Perezida Kagame yatangiye yibutsa ko abataragarutse muri Guverinoma, batirukanywe, ahubwo ko ari impinduka zisanzwe ziba zabayeho.

Ati “Ngira ngo nibutse ikintu kimwe gusa, gukorera ku rwego nk’uru rw’Abaminisitiri n’inshingano rufite ndetse n’izindi nzego, rimwe na rimwe ibiba byabaye, abatagarutse muri Guverinoma, ntabwo ari ukwirukanwa. Yaba ari ukwirukanwa na byo birakorwa, iyo bakoze amakosa bigatuma birukanwa. Njye nabyita guhindurirwa imirimo. Abatagarutse muri Guverinoma bahinduriwe imirimo, ubwo igihe cyabo nikigera imirimo izagaragara.”

Naho abayigarutsemo ndetse n’abashya bayinjiyemo kimwe n’abandi bayobozi mu zindi nzego, Perezida Paul Kagame yaboneyeho kubagira inama yabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Ariko nagira ngo nshingire aho mbagira inama, kugira ngo muri iyi manda nshya tugiyemo cyangwa abahsya bagiye muri Guverinoma cyangwa n’abandi bayobozi mu zindi nzego, iteka iyo impinduka nk’iyi ibaye, ntabwo ari switch off cyangwa switch on business as usual [Ntabwo ibintu biba bigomba gukorwa nk’ibisanzwe].”

Yavuze ko abantu baba bakwiye kureba ibyo abantu bakoze neza n’ibitaragenze neza, ubundi bakisuzuma, bakiha n’umurongo watuma barushaho gukora neza.

Ati “Ni cyo bivuze, biramutse atari cyo bivuze kuri mwe, numva haba hari ikbazo, n’ibyo wakoze neza ubushize birasaba ngo ugaruke wongere ukore neza kurusha, ibitarakozwe neza, ni ukubikosora tugakomeza.

Inama nabagira rero ni iyihe: ni ukwisuzuma wowe ubwawe udategereje ibyo uzumva mu mbuga nkoranyambaga cyangwa ahandi ibyo bakuvuga bakunenga cyangwa bagushima, ni byiza kubyumva, ariko ni na byiza kubisuzumira mu kwisuzuma wowe ubwawe.”

Perezida Kagame yavuze ko aba bayobozi bakwiye kujya bicara “ukibwiza ukuri, ukisuzuma, kandi wakwisuzuma uri wenyine bidaturutse hanze, ukibeshya? ubwo hari ikibazo kirimo, ushoboye kwicara ukibeshya ubwo haba hari ikibazo uba ukwiye kwisuzuma nacyo.”

Nanone kandi abemera Imana, iyo babyutse cyangwa bagiye kuryama bagasenga, kandi ko muri uko gusenga na byo baba bakwiye kwiragiza Imana, bayisaba imbaraga zo kuzuza neza inshingano zabo.

Yavuze ko abantu bakwiye kwibuka ko ibyo bashimira Imana banayisaba, Imana yabibahaye, ahubwo ko bakwiye kujya bisuzuma kugira ngo babikoreshe neza.

 

Nta gutwarwa n’ibyishimo

Muri uku gukora ariko, bakwiye kwibuka ko baba bakorera Abanyarwanda na bo barimo, ariko bagashyira imbere inyungu za rubanda, na bo bakiyibuka ariko inyungu zabo zikaza nyuma y’iz’abaturage.

Yasabye abayobozi kujya bakurikira imbuga nkoranyambaga, bakareba ibyo bavugwaho, bikabafasha kwisuzuma, “niba koko ukiri muri ya nzira y’ibyo uhagararariye mu buzima bwawe cyangwa ushaka kugeza ku bandi ari bo muri izi nzego muba muyoboye.”

Yabagiriye inama kandi ko igihe bumvise ababavuga nabi, bidakwiye kubaca intege, ahubwo ko bikwiye kubafasha kwisuzuma no kwikebuka.

Ati “Ikitari cyo niba bakubeshyera ugishyire iruhande, ukomeze inzira yawe y’inshingano ufite, ubihe umwanya ariko ntibiguteshe umwanya.”

Yavuze ko abo bakoranye muri manda ishize, bageze kuri byiza byinshi, ariko ko “atari igihe cyo kwirara, ntabwo ari igihe cyo gutwarwa n’ibyinshimo ngo ugere aho ngo habe haba ikibazo cy’ibyo abantu bashimaga bisubire inyuma, kuko ntabwo wari ukibihanze amaso, ntabwo wari ukibikurikirana, kuko wishimye ugera mu bindi.”

Nanone kandi ibyo byiza byagezweho, byarashobokaga ko byari no kurenga, iyo bakoresha imbaraga zirenze izo bakoresheje.

Yagarutse ku iterambere ry’ubukungu bwagiye buzamuka ku gipimo kiri hejuru ya 8%, ariko ko abantu bakwiye no gutekereza ku izamuka rirenze iri. Ati “Kuki utashaka 10%. Ni ko u Rwanda rukwiye kuba rukora. Ntakwirara.”

Kimwe mu bizitira abantu kutagera kuri iyi mibare irenze iyi, harimo kuba hari abantu bakora nka ba nyamwigendaho, asaba abayobozi kujya bakorana yaba inzego ndetse n’abantu ubwabo.

Avuga ko iki kibazo gihora kigaruka, kandi ko iyo agize uwo abibazaho, akavuga ati “nagize ngo,…nagize ngo undi yabikoze. Ariko kuki atari wowe wabikoze, kuko mutuzuzanyije?”

Umukuru w’u Rwanda yibukije abayobozi ko ntacyo umuyobozi umwe cyangwa urwego rumwe, bageraho hatabayeho gukorana, kuko ari byo bizamura imbaraga z’abantu.

Perezida Kagame ubwo yinjiraga mu Ngo y’Inteko ahabereye uyu muhango w’irahira

Guverinoma nshya yarahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abayobozi bakora mbere yo kwemera inshingano aho kuzigeramo bakazica

Next Post

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.