Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame byemejwe mu buryo bwa burundu ko ari we watsinze amatora ya Perezida wa Repubulika, yashimiye abayobozi b’Ibihugu by’inshuti z’u Rwanda, bishimiye intsinzi ye bakamwifuriza ishya n’ihirwe babinyujije mu butumwa batanze.

Kuva hatangazwa iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye tariki 15 Nyakanga 2024, abayobozi banyuranye bagiye bagaragaza ko bishimiye kuba Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2024, Perezida Kagame yashimiye abayobozi bohereje ubutumwa bumwifuriza ishya n’ihirwe.

Yagize ati “Ndashimira byimazeyo ubutumwa bunshimira ndetse bw’inkunga bwatanzwe n’inshuti z’Abayobozi b’Ibihugu bitandukanye ku Isi.”

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kuvuga bimwe mu Bihugu biyoborwa n’abayobozi bamwifurije ishya n’ihirwe, birimo Barbados, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Comoros, Cuba, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Guinea-Bisseau, Guinea, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Mauritius, Morocco, Mozambique, Oman, Qatar, Senegal, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, Switzeland, Tanzania, Turkiye, Uganda, Venezuela, Zambia, ndetse n’ibindi Bihugu.

Perezida Paul Kagame yaboneyeho kwizeza aba bayobozi ko azakomeza gukorana na bo mu nyungu zihuriweho z’abaturage b’Ibihugu byabo n’Abanyarwanda.

Perezida Paul Kagame atangaje ibi nyuma y’amasaha macye, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje amajwi ya burundu y’ibyavuye mu matora, aho yagize amajwi 99,18%, agakurikirwa na Dr Frank Habineza wari umukandida w’Ishyaka DGPR wagize amajwi 0,50%, mu gihe Mpayimana Philippe wari Umukandida wigenga, yagize amajwi 0,32%.

Umukuru w’u Rwanda kandi hirya y’ejo hashize, ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga; yakiriye abantu mu ngeri zinyuranye bamufashishije mu bikorwa byo kwiyamamaza, barimo n’indi mitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya na FPR-Inkotanyi, aho yavuze ko imvugo y’amajwi ya 100%, yagezweho, ndetse ko atari kuboneka iyo hatabaho ubwo bufatanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − six =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.