Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame byemejwe mu buryo bwa burundu ko ari we watsinze amatora ya Perezida wa Repubulika, yashimiye abayobozi b’Ibihugu by’inshuti z’u Rwanda, bishimiye intsinzi ye bakamwifuriza ishya n’ihirwe babinyujije mu butumwa batanze.

Kuva hatangazwa iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye tariki 15 Nyakanga 2024, abayobozi banyuranye bagiye bagaragaza ko bishimiye kuba Paul Kagame yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2024, Perezida Kagame yashimiye abayobozi bohereje ubutumwa bumwifuriza ishya n’ihirwe.

Yagize ati “Ndashimira byimazeyo ubutumwa bunshimira ndetse bw’inkunga bwatanzwe n’inshuti z’Abayobozi b’Ibihugu bitandukanye ku Isi.”

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kuvuga bimwe mu Bihugu biyoborwa n’abayobozi bamwifurije ishya n’ihirwe, birimo Barbados, Repubulika ya Centrafrique, Chad, Comoros, Cuba, Djibouti, Misiri, Ethiopia, Guinea-Bisseau, Guinea, Kazakhstan, Kenya, Liberia, Madagascar, Mauritius, Morocco, Mozambique, Oman, Qatar, Senegal, Seychelles, Somalia, Sudani y’Epfo, Switzeland, Tanzania, Turkiye, Uganda, Venezuela, Zambia, ndetse n’ibindi Bihugu.

Perezida Paul Kagame yaboneyeho kwizeza aba bayobozi ko azakomeza gukorana na bo mu nyungu zihuriweho z’abaturage b’Ibihugu byabo n’Abanyarwanda.

Perezida Paul Kagame atangaje ibi nyuma y’amasaha macye, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje amajwi ya burundu y’ibyavuye mu matora, aho yagize amajwi 99,18%, agakurikirwa na Dr Frank Habineza wari umukandida w’Ishyaka DGPR wagize amajwi 0,50%, mu gihe Mpayimana Philippe wari Umukandida wigenga, yagize amajwi 0,32%.

Umukuru w’u Rwanda kandi hirya y’ejo hashize, ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga; yakiriye abantu mu ngeri zinyuranye bamufashishije mu bikorwa byo kwiyamamaza, barimo n’indi mitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya na FPR-Inkotanyi, aho yavuze ko imvugo y’amajwi ya 100%, yagezweho, ndetse ko atari kuboneka iyo hatabaho ubwo bufatanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yongeye kugira ibyago bwa kabiri mu kwezi kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.