Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Madamu Liz Truss amusezeranya imikoranire myiza.

Madamu Liz Truss yatorewe kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022.

Abayobozi banyuranye ku Isi, bakomeje kugenera ubutumwa uyu muyobozi mushya w’u Bwongereza utangira inshingano ze kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bashimiye Liz Truss, mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Yagize ati “Nshimiye Liz Truss ku bwo gutorwa nka Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza. Tuzakomeza kongerera imbaraga umubano mwiza usanzwe uri hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda kandi tukwifurije ibyiza.”

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bisanzwe bifitanye imikoranire n’umubano byiza, bishingiye ku bikorwa bihuriyeho birimo amasezerano yasinywe muri uyu mwaka agamije kohereza mu Rwanda abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni gahunda yashyizweho hagamijwe kurengera ubuzima bw’abimukira bakunze kuburira ubuzima bwabo mu Nyanja ndetse bagahura n’ibikorwa byo gukorerwa icuruzwa ry’abantu.

Perezida Paul Kagame kandi ubu ni we uyoboye umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ufite icyicaro gikuru mu Bwongereza.

Umukuru w’u Rwanda yafashe izi nshingano nyuma yuko u Rwanda rwakiriye Inama izwi nka CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, yabereye mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka ikitabirwa n’abakomeye barimo Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince Charles akaba imfura ya Queen Elizabeth II.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, mu kwezi k’Ukuboza 2021 yari yahuye na Liz Truss mu nama yari yahagarariyemo Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − three =

Previous Post

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Next Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.