Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Madamu Liz Truss amusezeranya imikoranire myiza.

Madamu Liz Truss yatorewe kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022.

Abayobozi banyuranye ku Isi, bakomeje kugenera ubutumwa uyu muyobozi mushya w’u Bwongereza utangira inshingano ze kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bashimiye Liz Truss, mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Yagize ati “Nshimiye Liz Truss ku bwo gutorwa nka Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza. Tuzakomeza kongerera imbaraga umubano mwiza usanzwe uri hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda kandi tukwifurije ibyiza.”

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bisanzwe bifitanye imikoranire n’umubano byiza, bishingiye ku bikorwa bihuriyeho birimo amasezerano yasinywe muri uyu mwaka agamije kohereza mu Rwanda abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni gahunda yashyizweho hagamijwe kurengera ubuzima bw’abimukira bakunze kuburira ubuzima bwabo mu Nyanja ndetse bagahura n’ibikorwa byo gukorerwa icuruzwa ry’abantu.

Perezida Paul Kagame kandi ubu ni we uyoboye umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ufite icyicaro gikuru mu Bwongereza.

Umukuru w’u Rwanda yafashe izi nshingano nyuma yuko u Rwanda rwakiriye Inama izwi nka CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, yabereye mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka ikitabirwa n’abakomeye barimo Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince Charles akaba imfura ya Queen Elizabeth II.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, mu kwezi k’Ukuboza 2021 yari yahuye na Liz Truss mu nama yari yahagarariyemo Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Next Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.