Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Madamu Liz Truss amusezeranya imikoranire myiza.

Madamu Liz Truss yatorewe kuba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022.

Abayobozi banyuranye ku Isi, bakomeje kugenera ubutumwa uyu muyobozi mushya w’u Bwongereza utangira inshingano ze kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bashimiye Liz Truss, mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022.

Yagize ati “Nshimiye Liz Truss ku bwo gutorwa nka Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza. Tuzakomeza kongerera imbaraga umubano mwiza usanzwe uri hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda kandi tukwifurije ibyiza.”

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bisanzwe bifitanye imikoranire n’umubano byiza, bishingiye ku bikorwa bihuriyeho birimo amasezerano yasinywe muri uyu mwaka agamije kohereza mu Rwanda abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni gahunda yashyizweho hagamijwe kurengera ubuzima bw’abimukira bakunze kuburira ubuzima bwabo mu Nyanja ndetse bagahura n’ibikorwa byo gukorerwa icuruzwa ry’abantu.

Perezida Paul Kagame kandi ubu ni we uyoboye umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) ufite icyicaro gikuru mu Bwongereza.

Umukuru w’u Rwanda yafashe izi nshingano nyuma yuko u Rwanda rwakiriye Inama izwi nka CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango, yabereye mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka ikitabirwa n’abakomeye barimo Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince Charles akaba imfura ya Queen Elizabeth II.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, mu kwezi k’Ukuboza 2021 yari yahuye na Liz Truss mu nama yari yahagarariyemo Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

Minisitiri wagaragaye cyane mu masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza yo kohereza abimukira yeguye

Next Post

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.