Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari ayoboye urugamba rwo Kwibohora, ubwo bari mu birunga hari igihe yakiriye intumwa yatumaga ubufasha bwo gushyigikira Ingabo zahoze ari RPA, barashweho n’umwanzi ibisasu bya rutura izo ntumwa zikihagera, agashaka uburyo azihisha ariko akanabona uko azigaragariza uburemere bw’ubu butumwa yazihaga.

Perezida Kagame yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024 mu musangiro wo kwishimira intsinzi ye n’Umuryango FPR-Inkotanyi, wanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku mateka y’uyu muryango arimo ay’urugamba rwo Kwibohora.

Yavuze ko ingabo zahoze ari RPA zari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, ubwo zari mu birunga, hari intumwa yajyaga atuma kujya gukusanya inkunga yo gufasha izi ngabo ku rugamba.

Ubwo yagarukaga ku mateka y’urugamba yari yanagarutsweho na Faustin Mbundu wari umwe muri izi ntumwa, wari no mu bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yavuze ko hari igihe uyu Mbundu na bagenzi be babiri bamuzaniye ubutumwa mu birunga, bakaza kuhahurira n’ibibazo.

Yavuze ko muri icyo gihe yari amaze igihe abatumye hanze, bakaza kumuzanira ubutumwa bamusanze mu birunga aho yari afite ibirindiro.

Ati “Akihagera atya, bazamutse umusozi ijoro ryose, mu gitondo bamaze kwinjira aho twari turi, ngira ngo yabyivugira…, umwanzi adukubita ibikompora [ibisasu] tutarabona, abasivili mbura aho mbashyira, ndanabimukira mu ndaki yanjye nti ‘muyinjiremo’…”

Yakomeje avuga ko ibi byababayeho byatumye abona uko abwira izi ntumwa uburemere bw’ibyo yabatumaga by’ubufasha bari bakeneye ku rugamba, kuko bari bamaze kwibonera ko rutoroshye.

Ati “Ariko mbona uko mbabwira nti ‘nimusubirayo, ibindi mbatuma n’ahandi mbatuma, mufite noneho inkuru noneho muzabara, muzababwire noneho ibyo mwasanze, uriya musanzu tubasaba cyangwa ibiki…banahavuye batariye kuko ntabyo kurya twari dufite’. Nti ‘nujya kubara inkuru rero, ubare inkuru z’ibikompora wakubiswe, ubare n’inkuru z’inzara wiriwe, ubwo wenda bizatuma abantu…”

Perezida Kagame waboneyeho gushimira abagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanakunze kuvuga ko uru rugamba rwabaye urw’Abanyarwanda bari mu bice binyuranye ku Isi, babaye hafi ingabo yari abereye Umugaba Mukuru, kuko buri wese yatangaga uko yifite kugira ngo zibone ibikoresho, byaba intwaro ndetse n’ibyabafashaga kubaho.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yagarutse kuri iyi nkuru y’ibyabaye ku rugamba
Faustin Mbundu wari muri izo ntumwa zakiriwe na Perezida Kagame ubwo bari ku rugamba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 12 =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Next Post

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.