Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari ayoboye urugamba rwo Kwibohora, ubwo bari mu birunga hari igihe yakiriye intumwa yatumaga ubufasha bwo gushyigikira Ingabo zahoze ari RPA, barashweho n’umwanzi ibisasu bya rutura izo ntumwa zikihagera, agashaka uburyo azihisha ariko akanabona uko azigaragariza uburemere bw’ubu butumwa yazihaga.

Perezida Kagame yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024 mu musangiro wo kwishimira intsinzi ye n’Umuryango FPR-Inkotanyi, wanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku mateka y’uyu muryango arimo ay’urugamba rwo Kwibohora.

Yavuze ko ingabo zahoze ari RPA zari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, ubwo zari mu birunga, hari intumwa yajyaga atuma kujya gukusanya inkunga yo gufasha izi ngabo ku rugamba.

Ubwo yagarukaga ku mateka y’urugamba yari yanagarutsweho na Faustin Mbundu wari umwe muri izi ntumwa, wari no mu bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yavuze ko hari igihe uyu Mbundu na bagenzi be babiri bamuzaniye ubutumwa mu birunga, bakaza kuhahurira n’ibibazo.

Yavuze ko muri icyo gihe yari amaze igihe abatumye hanze, bakaza kumuzanira ubutumwa bamusanze mu birunga aho yari afite ibirindiro.

Ati “Akihagera atya, bazamutse umusozi ijoro ryose, mu gitondo bamaze kwinjira aho twari turi, ngira ngo yabyivugira…, umwanzi adukubita ibikompora [ibisasu] tutarabona, abasivili mbura aho mbashyira, ndanabimukira mu ndaki yanjye nti ‘muyinjiremo’…”

Yakomeje avuga ko ibi byababayeho byatumye abona uko abwira izi ntumwa uburemere bw’ibyo yabatumaga by’ubufasha bari bakeneye ku rugamba, kuko bari bamaze kwibonera ko rutoroshye.

Ati “Ariko mbona uko mbabwira nti ‘nimusubirayo, ibindi mbatuma n’ahandi mbatuma, mufite noneho inkuru noneho muzabara, muzababwire noneho ibyo mwasanze, uriya musanzu tubasaba cyangwa ibiki…banahavuye batariye kuko ntabyo kurya twari dufite’. Nti ‘nujya kubara inkuru rero, ubare inkuru z’ibikompora wakubiswe, ubare n’inkuru z’inzara wiriwe, ubwo wenda bizatuma abantu…”

Perezida Kagame waboneyeho gushimira abagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanakunze kuvuga ko uru rugamba rwabaye urw’Abanyarwanda bari mu bice binyuranye ku Isi, babaye hafi ingabo yari abereye Umugaba Mukuru, kuko buri wese yatangaga uko yifite kugira ngo zibone ibikoresho, byaba intwaro ndetse n’ibyabafashaga kubaho.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yagarutse kuri iyi nkuru y’ibyabaye ku rugamba
Faustin Mbundu wari muri izo ntumwa zakiriwe na Perezida Kagame ubwo bari ku rugamba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Next Post

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.