Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye ibyabayeho ku rugamba ubwo yakiraga intumwa byashimangiye uburemere bw’ibyo yabatumaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yari ayoboye urugamba rwo Kwibohora, ubwo bari mu birunga hari igihe yakiriye intumwa yatumaga ubufasha bwo gushyigikira Ingabo zahoze ari RPA, barashweho n’umwanzi ibisasu bya rutura izo ntumwa zikihagera, agashaka uburyo azihisha ariko akanabona uko azigaragariza uburemere bw’ubu butumwa yazihaga.

Perezida Kagame yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024 mu musangiro wo kwishimira intsinzi ye n’Umuryango FPR-Inkotanyi, wanatangiwemo ibiganiro byagarutse ku mateka y’uyu muryango arimo ay’urugamba rwo Kwibohora.

Yavuze ko ingabo zahoze ari RPA zari iz’Umuryango FPR-Inkotanyi, ubwo zari mu birunga, hari intumwa yajyaga atuma kujya gukusanya inkunga yo gufasha izi ngabo ku rugamba.

Ubwo yagarukaga ku mateka y’urugamba yari yanagarutsweho na Faustin Mbundu wari umwe muri izi ntumwa, wari no mu bitabiriye iki gikorwa, Perezida Kagame yavuze ko hari igihe uyu Mbundu na bagenzi be babiri bamuzaniye ubutumwa mu birunga, bakaza kuhahurira n’ibibazo.

Yavuze ko muri icyo gihe yari amaze igihe abatumye hanze, bakaza kumuzanira ubutumwa bamusanze mu birunga aho yari afite ibirindiro.

Ati “Akihagera atya, bazamutse umusozi ijoro ryose, mu gitondo bamaze kwinjira aho twari turi, ngira ngo yabyivugira…, umwanzi adukubita ibikompora [ibisasu] tutarabona, abasivili mbura aho mbashyira, ndanabimukira mu ndaki yanjye nti ‘muyinjiremo’…”

Yakomeje avuga ko ibi byababayeho byatumye abona uko abwira izi ntumwa uburemere bw’ibyo yabatumaga by’ubufasha bari bakeneye ku rugamba, kuko bari bamaze kwibonera ko rutoroshye.

Ati “Ariko mbona uko mbabwira nti ‘nimusubirayo, ibindi mbatuma n’ahandi mbatuma, mufite noneho inkuru noneho muzabara, muzababwire noneho ibyo mwasanze, uriya musanzu tubasaba cyangwa ibiki…banahavuye batariye kuko ntabyo kurya twari dufite’. Nti ‘nujya kubara inkuru rero, ubare inkuru z’ibikompora wakubiswe, ubare n’inkuru z’inzara wiriwe, ubwo wenda bizatuma abantu…”

Perezida Kagame waboneyeho gushimira abagize uruhare mu rugamba rwo Kwibohora, yanakunze kuvuga ko uru rugamba rwabaye urw’Abanyarwanda bari mu bice binyuranye ku Isi, babaye hafi ingabo yari abereye Umugaba Mukuru, kuko buri wese yatangaga uko yifite kugira ngo zibone ibikoresho, byaba intwaro ndetse n’ibyabafashaga kubaho.

Perezida Kagame kuri iki Cyumweru yagarutse kuri iyi nkuru y’ibyabaye ku rugamba
Faustin Mbundu wari muri izo ntumwa zakiriwe na Perezida Kagame ubwo bari ku rugamba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Igikekwa ku mpanuka y’imodoka yarimo abagenzi 26 yaguye mu muhanda Rubavu-Kigali

Next Post

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.