Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Ingabo zahoze ari RPA zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zatangizaga urugamba rwo Kwibohora, no mu gihe rwarimo, zitari zifite impamvu zashingiraho zizera ko zizarutsinda, uretse gusa kuba zararwaniraga ukuri, akaba ari na ko kuziha imbaraga.

Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba rwo Kwibohora, yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nyakanga 2024 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyabereye ku Mulindi ahari icyicaro cye nk’Umugaba Mukuru wa RPA.

Ni ikiganiro cyabimburiwe no gusobanurirwa amwe mu mateka yo kubohora u Rwanda, cyatanzwe na General (Rtd) James Kabarebe wari uri mu bari ku ruhembe muri uru rugamba.

Perezida Kagame yavuze ko bakurikije uko abari bagize ingabo za RPA ndetse n’ubushobozi bari bafite, ntakintu cyabahaga icyizere gisesuye ko bazatsinda urugamba, ariko ko bari bafite impamvu ikomeye barwaniraga.

Ati “Ntabwo ari science ngo muri science narebaga nkasanga turi butsinde, ntakintu cyari gihari cyatwemezaga ko turi butsinde kirenze umutima wacu, kuvuga ngo natsinda ntatsinda ngomba kurwanira ukuri kwanjye, ni icyo umuntu yashingiyeho, ibisigaye bikubakira aho.”

Yavuze ko ubwo bari muri uru rugamba, abarwanaga babonaga uko ingabo bari bahanganye zari zihagaze, ndetse n’uburyo zari zishyigikiwe n’amahanga, bakabona gutsinda bigoye.

Ati “Ariko ukaba ufite ibintu bibiri gusa, ndabihunga nigendere nkize amagara yanjye kuko hari ababikoze barahunga barigendera bavivamo, n’ubu barakiruka ntibaragaruka. Ikindi ni ukuvuga ngo ‘oya, ntabwo ndi bubigenze gutya, icyo narwaniraga n’ubundi ni ukuri kwanjye ngomba kubikomeza, ninabizira mbizire’.”

Yavuze ko amahirwe yari ahari ari uko abari bafite uwo mutima wa kabiri wo guhangana n’ikibazo, ari bo bari benshi ku buryo ari na byo byatumye bakomeza, bakabifashwamo no guhitamo uburyo bagombaga kurwana uru rugamba.

Ati “Muri uko guhangana n’ibibazo, ugomba gukoresha ubwenge noneho, ese urahangana n’ibibazo ute? Guhitamo inzira uhanganamo na byo noneho ni ho hazira gukoresha umutima n’ubwenge bikaguha icyo gukora bitewe n’icyo ufite n’icyo uzi ku mwanzi n’uburyo bwo gukoresha kugira ngo utsinde urugamba rumwe hano cyangwa ahandi.”

Perezida Paul Kagame avuga ko muri kiriya gihe nta babonaga ko bazatsinda, kimwe “n’abatsinzwe ubanza batari bazi ko bazatsindwa, babaga bazi ko ari Leta bafite ibyangombwa byose, bumvaga bari aho…twebwe bitaga inyenzi bazatunyura hejuru gusa bakagenda. Natwe kubera aho twavaga n’uko twari tumeze n’ubushobozi butari buhagije twari dufite, usibye uwo mutima wo gukora ibyo ushaka gukora, warabikoraga ariko ntakintu cyakwemezaga ngo ibyo urwanira uzabigeraho, ariko wagombaga kurwana kuko ni byo wahisemo kandi ni yo nzira yari iri imbere yawe warebaga wakoresha gusa.”

Yakomeje agira ati “Ntihazagire ukubeshya ngo ibyo twita intsinzi, ngo barayerebaga, oya, barayirwaniye bayigeraho ariko kuba warayirebaga iza, ibyo bizavugwa n’utari uhari.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko urugamba rwo kwibohora rwanagizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagiye baba hafi ingabo za RPA, baziha ibyazifashishije gukomeza kurwana mu bushobozi bucye bwari buhari.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Liberia: Hasobanuwe icyatumye Perezida afata icyemezo cyo kugabanyaho 40% ku mushahara we

Next Post

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Related Posts

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

IZIHERUKA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills
MU RWANDA

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.