Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Ingabo zahoze ari RPA zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zatangizaga urugamba rwo Kwibohora, no mu gihe rwarimo, zitari zifite impamvu zashingiraho zizera ko zizarutsinda, uretse gusa kuba zararwaniraga ukuri, akaba ari na ko kuziha imbaraga.

Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba rwo Kwibohora, yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nyakanga 2024 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyabereye ku Mulindi ahari icyicaro cye nk’Umugaba Mukuru wa RPA.

Ni ikiganiro cyabimburiwe no gusobanurirwa amwe mu mateka yo kubohora u Rwanda, cyatanzwe na General (Rtd) James Kabarebe wari uri mu bari ku ruhembe muri uru rugamba.

Perezida Kagame yavuze ko bakurikije uko abari bagize ingabo za RPA ndetse n’ubushobozi bari bafite, ntakintu cyabahaga icyizere gisesuye ko bazatsinda urugamba, ariko ko bari bafite impamvu ikomeye barwaniraga.

Ati “Ntabwo ari science ngo muri science narebaga nkasanga turi butsinde, ntakintu cyari gihari cyatwemezaga ko turi butsinde kirenze umutima wacu, kuvuga ngo natsinda ntatsinda ngomba kurwanira ukuri kwanjye, ni icyo umuntu yashingiyeho, ibisigaye bikubakira aho.”

Yavuze ko ubwo bari muri uru rugamba, abarwanaga babonaga uko ingabo bari bahanganye zari zihagaze, ndetse n’uburyo zari zishyigikiwe n’amahanga, bakabona gutsinda bigoye.

Ati “Ariko ukaba ufite ibintu bibiri gusa, ndabihunga nigendere nkize amagara yanjye kuko hari ababikoze barahunga barigendera bavivamo, n’ubu barakiruka ntibaragaruka. Ikindi ni ukuvuga ngo ‘oya, ntabwo ndi bubigenze gutya, icyo narwaniraga n’ubundi ni ukuri kwanjye ngomba kubikomeza, ninabizira mbizire’.”

Yavuze ko amahirwe yari ahari ari uko abari bafite uwo mutima wa kabiri wo guhangana n’ikibazo, ari bo bari benshi ku buryo ari na byo byatumye bakomeza, bakabifashwamo no guhitamo uburyo bagombaga kurwana uru rugamba.

Ati “Muri uko guhangana n’ibibazo, ugomba gukoresha ubwenge noneho, ese urahangana n’ibibazo ute? Guhitamo inzira uhanganamo na byo noneho ni ho hazira gukoresha umutima n’ubwenge bikaguha icyo gukora bitewe n’icyo ufite n’icyo uzi ku mwanzi n’uburyo bwo gukoresha kugira ngo utsinde urugamba rumwe hano cyangwa ahandi.”

Perezida Paul Kagame avuga ko muri kiriya gihe nta babonaga ko bazatsinda, kimwe “n’abatsinzwe ubanza batari bazi ko bazatsindwa, babaga bazi ko ari Leta bafite ibyangombwa byose, bumvaga bari aho…twebwe bitaga inyenzi bazatunyura hejuru gusa bakagenda. Natwe kubera aho twavaga n’uko twari tumeze n’ubushobozi butari buhagije twari dufite, usibye uwo mutima wo gukora ibyo ushaka gukora, warabikoraga ariko ntakintu cyakwemezaga ngo ibyo urwanira uzabigeraho, ariko wagombaga kurwana kuko ni byo wahisemo kandi ni yo nzira yari iri imbere yawe warebaga wakoresha gusa.”

Yakomeje agira ati “Ntihazagire ukubeshya ngo ibyo twita intsinzi, ngo barayerebaga, oya, barayirwaniye bayigeraho ariko kuba warayirebaga iza, ibyo bizavugwa n’utari uhari.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko urugamba rwo kwibohora rwanagizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagiye baba hafi ingabo za RPA, baziha ibyazifashishije gukomeza kurwana mu bushobozi bucye bwari buhari.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Liberia: Hasobanuwe icyatumye Perezida afata icyemezo cyo kugabanyaho 40% ku mushahara we

Next Post

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.