Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye uko abari ku rugamba biyumvaga niba barabonaga ko bazarutsinda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Ingabo zahoze ari RPA zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zatangizaga urugamba rwo Kwibohora, no mu gihe rwarimo, zitari zifite impamvu zashingiraho zizera ko zizarutsinda, uretse gusa kuba zararwaniraga ukuri, akaba ari na ko kuziha imbaraga.

Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba rwo Kwibohora, yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nyakanga 2024 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga cyabereye ku Mulindi ahari icyicaro cye nk’Umugaba Mukuru wa RPA.

Ni ikiganiro cyabimburiwe no gusobanurirwa amwe mu mateka yo kubohora u Rwanda, cyatanzwe na General (Rtd) James Kabarebe wari uri mu bari ku ruhembe muri uru rugamba.

Perezida Kagame yavuze ko bakurikije uko abari bagize ingabo za RPA ndetse n’ubushobozi bari bafite, ntakintu cyabahaga icyizere gisesuye ko bazatsinda urugamba, ariko ko bari bafite impamvu ikomeye barwaniraga.

Ati “Ntabwo ari science ngo muri science narebaga nkasanga turi butsinde, ntakintu cyari gihari cyatwemezaga ko turi butsinde kirenze umutima wacu, kuvuga ngo natsinda ntatsinda ngomba kurwanira ukuri kwanjye, ni icyo umuntu yashingiyeho, ibisigaye bikubakira aho.”

Yavuze ko ubwo bari muri uru rugamba, abarwanaga babonaga uko ingabo bari bahanganye zari zihagaze, ndetse n’uburyo zari zishyigikiwe n’amahanga, bakabona gutsinda bigoye.

Ati “Ariko ukaba ufite ibintu bibiri gusa, ndabihunga nigendere nkize amagara yanjye kuko hari ababikoze barahunga barigendera bavivamo, n’ubu barakiruka ntibaragaruka. Ikindi ni ukuvuga ngo ‘oya, ntabwo ndi bubigenze gutya, icyo narwaniraga n’ubundi ni ukuri kwanjye ngomba kubikomeza, ninabizira mbizire’.”

Yavuze ko amahirwe yari ahari ari uko abari bafite uwo mutima wa kabiri wo guhangana n’ikibazo, ari bo bari benshi ku buryo ari na byo byatumye bakomeza, bakabifashwamo no guhitamo uburyo bagombaga kurwana uru rugamba.

Ati “Muri uko guhangana n’ibibazo, ugomba gukoresha ubwenge noneho, ese urahangana n’ibibazo ute? Guhitamo inzira uhanganamo na byo noneho ni ho hazira gukoresha umutima n’ubwenge bikaguha icyo gukora bitewe n’icyo ufite n’icyo uzi ku mwanzi n’uburyo bwo gukoresha kugira ngo utsinde urugamba rumwe hano cyangwa ahandi.”

Perezida Paul Kagame avuga ko muri kiriya gihe nta babonaga ko bazatsinda, kimwe “n’abatsinzwe ubanza batari bazi ko bazatsindwa, babaga bazi ko ari Leta bafite ibyangombwa byose, bumvaga bari aho…twebwe bitaga inyenzi bazatunyura hejuru gusa bakagenda. Natwe kubera aho twavaga n’uko twari tumeze n’ubushobozi butari buhagije twari dufite, usibye uwo mutima wo gukora ibyo ushaka gukora, warabikoraga ariko ntakintu cyakwemezaga ngo ibyo urwanira uzabigeraho, ariko wagombaga kurwana kuko ni byo wahisemo kandi ni yo nzira yari iri imbere yawe warebaga wakoresha gusa.”

Yakomeje agira ati “Ntihazagire ukubeshya ngo ibyo twita intsinzi, ngo barayerebaga, oya, barayirwaniye bayigeraho ariko kuba warayirebaga iza, ibyo bizavugwa n’utari uhari.”

Perezida Paul Kagame avuga kandi ko urugamba rwo kwibohora rwanagizwemo uruhare n’Abanyarwanda bagiye baba hafi ingabo za RPA, baziha ibyazifashishije gukomeza kurwana mu bushobozi bucye bwari buhari.

Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Liberia: Hasobanuwe icyatumye Perezida afata icyemezo cyo kugabanyaho 40% ku mushahara we

Next Post

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Ndabesiga munonga- Mu kinya-Oluchiga Kagame yagaragarije Abanyagicumbi icyizere abafitiye mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.