Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriwe na Emmanuel Macron w’u Bufaransa mu Biro bye i Paris, bagiranye ibiganiro byihariye.

Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 21 Kamena 2024, avuga ko Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Macron.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, avuga ko “Perezida Kagame yagiranye ikiganiro cyihariye [tête-à-tête] na Emmanuel Macron ubwo habaga umusangiro w’umugoroba muri Elysée [Perezidansi y’u Bufaransa].”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ntibyatangaje ingingo zaranze ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Emmanuel Macron w’u Bufaransa, gusa ni ibiganiro bibayeho, mu gihe umubano w’Ibihugu byombi ukomeje kuba ntamakemwa, ndetse imishinga iranga imikoranire yabyo, ikaba ikomeje gutera imbere.

Perezida Kagame yageze mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2024 yitabiriye itangizwa ry’Inama yiga ku kwihaza mu nkingo, yateguwe ku bufatanye bw’Ikigega Gavi, the Vaccine Alliance kigamije gushaka inkingo zo gukumira indwara zibasira abana, Guverinoma y’u Bufaransa ndetse n’ Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Nyuma y’iyi nama, Umukuru w’u Rwanda kuri uyu wa Mbere kandi, i Paris yanahahuriye anagirana ibiganiro n’abandi bayobozi batandukanye, barimo Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Gavi, Prof. José Manuel Barroso, ndetse na Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga, Jutta Urpilainen.

Perezida Kagame yakiriwe na Macron muri Élysée Palace
Yakiriwe mu cyubahiro gihebuje

Bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame kandi yanagiranye ibiganiro na Bassirou Diomaye Faye wa Senegal
na Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga, Jutta Urpilainen
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Gavi, Prof. José Manuel Barroso

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Korali yumvikanyemo inkuru y’incamugongo yavuze iyerekwa rimaze iminsi riyibamo ryabicagaho amarenga

Next Post

Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

Wino yamaze gukandagira ku masezerano: Bidasubirwaho APR ifite umutoza mushya watoje amakipe y’ibigwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.