Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Korali yumvikanyemo inkuru y’incamugongo yavuze iyerekwa rimaze iminsi riyibamo ryabicagaho amarenga

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Korali yumvikanyemo inkuru y’incamugongo yavuze iyerekwa rimaze iminsi riyibamo ryabicagaho amarenga
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Siloam ibarizwa mu Itorero ADEPR Kumukenke mu Karere ka Gasobo, yapfushije umwe mu baririmbyi bayo, inavuga ko Imana yari yabahaye iyerekwa ko hari umwe muri bo igiye kwisubiza.

Christine Mukashyaka wari umuririmbyi muri Korali Siloam, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 19 Kamena 2024, ndetse akaba yasezeweho bwa nyuma anashyingurwa kuri uyu 20 Kamena 2024.

Iby’urupfu rwa nyakwigendera, ngo ntibyatunguye abaririmbyi baririmbanaga, kuko Imana yari yarabibabwiye, nk’uko umuyobozi wa Siloam, Irahari Gilbert yabitangarije RADIOTV10

Ati “Ntabwo byadutunguye, twari tumaze iminsi tubibwirwa n’Imana inyuze mu bakozi bayo yatubwiye ko muri twe harimo umugeni wihuse, ndetse mu masengesho duherutse gukora, Imana yatubwiye ko bitarenze ukwezi kwa Gatandatu umugeni azataha.”

Gusa avuga ko nubwo iri yerekwa ryabagaho, ariko Imana itahitaga ibereka ugiye gutabaruka, ariko ko bahise bitegura gufasha uwari wese wagira ikibazo.

Ati “Nubwo abantu batavuga ngo ni uriya ugiye gupfa, Imana yatubwiye ariko tukimara kubona ko arembye, twarushijeho kumuba hafi ndetse turemeza ko yagiye mu ijuru kuko yagiye anezerewe ndetse mu buhamya dufite mu minsi ye ya nyuma yasabye korali ko iza kumureba tujyayo akatubwira indirimbo tumuririmbira akagenda akongera akagaruka azanye indi, gutyo gutyo, rero yasinziriye neza tuzamubona ku muzuko w’abera.”

Mukashyaka Christine wavutse mu mwaka 1978 asize abana bane, akaba yari amaze imyaka 28 muri korali Siloam, kuko yayigiyemo mu 1996.

Nyakwigendera witabye Imana
Korali Siloam iri mu kababaro

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 7 =

Previous Post

Hagaragajwe ko mu mezi atatu abarenga ibihumbi 500 mu Gihugu kimaranye igihe imvururu bagizweho ingaruka

Next Post

Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye
AMAHANGA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

14/07/2025
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

12/07/2025
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriwe anagirana ibiganiro byihariye na Macron w’u Bufaransa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.