Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete António wamushyikirije ubutumwa nk’intumwa yihariye ya Perezida w’iki Gihugu, João Laurenço wahawe inshingano zo kuba umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tete António yakiriwe na Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, mu Biro bye muri Village Urugwiro, nk’uko tubikesha Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda.

Ubutumwa bwatangajwe na Perezidansi y’u Rwanda, buvuga ko “muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Hon. Tete António, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, amushyikiriza ubutumwa nk’intumwa yihariye ya Perezida João Laurenço usanzwe ari umuhuza mu biganiro bya Luanda.”

Uru ruzinduko rwa Tete António rwari rwatangajwe na mugenzi we Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe ku wa Kabiri, mu kiganiro yagiranye na France 24.

Olivier Nduhungirehe, ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru niba hari icyizere ko ibiganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo, byakomeza, yamusubije ko bishoboka, ndetse ko n’icyo gihe bavugana ku munsi wari gukurikiraho [ejo hashize], mu Rwanda hari hategerejwe intumwa yihariye ya Perezida, ari we Tete António wahageze kuri uyu wa Gatatu.

Tete António yoherejwe na Perezida João Laurenço, nyuma y’iminsi ibiri hahagaritswe ibiganiro yagombaga kuyobora byari guhuza Perezida Paul Kagame na mugenzi we Felix Tshisekedi.

Ibi biganiro byahagaritswe ku munota wa nyuma, byagombaga gusinyirwamo amasezerano yo kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko iki Gihugu kiza gutungurana, cyisubira ku ngingo yo kuganira n’umutwe wa M23, mu gihe cyari cyarabyemeye.

Perezida João Laurenço yavuze ko nubwo yatengushywe no kuba ibi biganiro bitarabaye, ariko ko azakomeza inshingano yahawe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu buhuza hagati y’u Rwanda na Congo, kandi ko nibura hari intambwe imaze guterwa.

Ibihugu byombi bimaze kwemeranya ingingo ebyiri, ari zo; gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije zikaba zibangamiye DRC.

Tete António yagiye muri Village Urugwiro ari kumwe na mugenzi we Olivier Nduhungirehe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Next Post

Umusore wari warakatiwe urwo gupfa kubera kwiba inkoko yafatiwe ikindi cyemezo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wari warakatiwe urwo gupfa kubera kwiba inkoko yafatiwe ikindi cyemezo

Umusore wari warakatiwe urwo gupfa kubera kwiba inkoko yafatiwe ikindi cyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.