Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, ku Kibuga cy’Indege aho Perezida Kagame yahaye ikaze Emir wa Qatar, uje ayoboye itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru za kiriya Gihugu.

Muri uyu muhango wabereye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Emir wa Qatar, yakiriwe mu cyubahiro gihebuje, mu karasisi gasanzwe kakira abanyacyubahiro.

Nyuma yo kuramukanya, Perezida Kagame yahise aha ikaze Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani amugaragariza bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu bari bagiye kumwakira.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano n’imikoranire, bisanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

U Rwanda na Qatar, bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bufatanye n’imikoranire mu nzego zinyuranye, zirimo iz’iterambere ry’ubukungu, mu by’umutekano, ndetse no mu zindi nzego.

Perezida Kagame na we aheruka muri Qatar, aho yariyo mu ntangiro z’uku kwezi, aho yari yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambere (World Summit for Social Development).

Umukuru w’u Rwanda kandi n’ubundi yari yakiriwe na Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani basanzwe banafitanye umubano mwiza nk’inshuti, bombi bahuje kureba kure mu iterambere ry’Ibihugu byabo.

Emir wa Qatar, na we mu bihe bitandukanye yagendereye u Rwanda, nko muri Mata 2019, ubwo yahagiriraga uruzinduko rw’iminsi itatu, rwasize umubano w’Ibihugu byombi urushijeho gutera imbere.

Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani wanagarutse mu Rwanda muri 2022 ubwo yitabiraga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Commonwealth w’Ibikoresha Icyongereza CHOGM, yakunze kugaragaza Perezida Kagame nk’inshuti ye ikomeye, akaba Umuyobozi ureba kure.

Emir wa Qatar agendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Abo muri Qatar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Next Post

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.