Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuye mu mapeti, Colonel Stanislas Gashugi ku ipeti rya Brigadier General, ahita anamuha inshingano zo kuba Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe, Special Operations Force, asimbura Maj Gen Ruki Karusisi.

Ni impinduka zatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Werurwe 2025, nk’uko tubikesha itangazo ryaturutse mu Biro by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Iri tangazo rigaragaza ko Maj Gen Ruki Karusisi wasimbuwe kuri izi nshingano, yasabwe kujya gukorera ku Biro Bikuru by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kugira ngo ategereze izindi nshingano agomba koherezwamo.

Stanislas Gashugi wazamuwe ku ipeti rya Brigadier General akanahabwa kuyobora Umutwe w’Ingabo zidasanzwe (Special Operations Force), muri 2021 ni umwe mu basirikare bari bahawe inshingano zo guhagararira inyungu za gisirikare (Defence Attaché) muri za Ambasade z’u Rwanda mu Bihugu binyuranye, aho we yari yoherejwe muri Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania.

Icyo gihe Stanislas Gashugi wari wahawe izi nshingano mu mavugurura yari yakozwe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, na bwo yari yamuzamuye mu mapeti amuha ipeti rya Colonel avuye ku rya Lieutenant Colonel.

Maj Gen Ruki Karusisi wasimbuwe kuri izi nshingano zo kuyobora ‘Special Operations Force’ yari azimazeho imyaka itanu n’igice kuko yari yazihawe mu kwezi k’Ugushyingo 2019, ubwo na bwo yazamurwaga mu mapeti agakurwa ku rya Colonel agahabwa ipeti rya Brigadier General.

Muri Nyakanga 2022 ubwo Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuraga mu mapeti bamwe mu basirikare bo ku rwego rw’Abajenerali, ni bwo Ruki Karusisi  yari yahawe iri peti rya Major General asanganywe ubu, ariko icyo gihe aguma kuri izi nshingano zo kuyobora Special Operations Force.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − ten =

Previous Post

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Next Post

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.