Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuye mu mapeti, Colonel Stanislas Gashugi ku ipeti rya Brigadier General, ahita anamuha inshingano zo kuba Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe, Special Operations Force, asimbura Maj Gen Ruki Karusisi.

Ni impinduka zatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Werurwe 2025, nk’uko tubikesha itangazo ryaturutse mu Biro by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Iri tangazo rigaragaza ko Maj Gen Ruki Karusisi wasimbuwe kuri izi nshingano, yasabwe kujya gukorera ku Biro Bikuru by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kugira ngo ategereze izindi nshingano agomba koherezwamo.

Stanislas Gashugi wazamuwe ku ipeti rya Brigadier General akanahabwa kuyobora Umutwe w’Ingabo zidasanzwe (Special Operations Force), muri 2021 ni umwe mu basirikare bari bahawe inshingano zo guhagararira inyungu za gisirikare (Defence Attaché) muri za Ambasade z’u Rwanda mu Bihugu binyuranye, aho we yari yoherejwe muri Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania.

Icyo gihe Stanislas Gashugi wari wahawe izi nshingano mu mavugurura yari yakozwe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, na bwo yari yamuzamuye mu mapeti amuha ipeti rya Colonel avuye ku rya Lieutenant Colonel.

Maj Gen Ruki Karusisi wasimbuwe kuri izi nshingano zo kuyobora ‘Special Operations Force’ yari azimazeho imyaka itanu n’igice kuko yari yazihawe mu kwezi k’Ugushyingo 2019, ubwo na bwo yazamurwaga mu mapeti agakurwa ku rya Colonel agahabwa ipeti rya Brigadier General.

Muri Nyakanga 2022 ubwo Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuraga mu mapeti bamwe mu basirikare bo ku rwego rw’Abajenerali, ni bwo Ruki Karusisi  yari yahawe iri peti rya Major General asanganywe ubu, ariko icyo gihe aguma kuri izi nshingano zo kuyobora Special Operations Force.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

Next Post

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye
AMAHANGA

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.