Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda barimo na Minisitiri Mushya ushinzwe Ishoramari rya Leta, ikaba ari na Minisiteri Nshya, Guverinoma y’u Rwanda yungutse.

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Nyakanga, rigaragaza ko Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Dr Ngabitsinze yasimbuye Beata Habyarimana wari wahawe uyu mwanya mu mavugurura yari yakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda tariki 15 Werurwe 2021.

Ngabitsinze umusimbuye yari asanzwe ari muri Guverinoma y’u Rwanda aho Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi, umwanya yari yarashyizwemo muri Werurwe 2020.

Yagiye muri uyu mwanya avuye mu Nteko Ishinga Amategeko, aho yari n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe gukurikirana imicungire y’umutungo wa leta, PAC, mu Nteko Ishinga Amategeko.

Izi mpinduka zakozwe muri Guverinoma y’u Rwanda kandi, zigaragaramo Minisitiri Mushya, ari we ushinzwe Ishomari rya Leta, akaba ari Eric Rwigamba.

Perezida Paul Kagame kandi yashyize mu myanya Dr Ildephonse Musafiri, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, akaba yasimbuye Dr Ngabitsinze wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Izi mpinduka zazanye na Minisiteri Nshya ari yo Minisiteri Ishinzwe Ishoramari rya Leta, yahise inahabwa Umunyamabanga Uhoraho ari we Yvonne Umulisa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Next Post

Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield – AMAFOTO

Related Posts

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

IZIHERUKA

How to reset your life after the holidays without pressure
MU RWANDA

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield – AMAFOTO

Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield - AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to reset your life after the holidays without pressure

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.