Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul wasoje uruzinduko yagiriraga muri Zambia, yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema, amumenyesha ko yageze mu rugo amahoro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema.

Yagize ati “Muvandimwe wanjye Perezida Hakainde Hichilema nageze mu rugo amahoro, nifuzaga kugushimira cyane wowe na Madamu uburyo mwatwakiriye n’ibiganiro twagiranye bizatanga umusaruro. Ndabifuriza ibyiza wowe n’Abaturage ba Zambia.”

Perezida Kagame Paul watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri ku wa Mbere tariki ubwo yageraga i Livingstone mu murwa Mukuru w’Ubukerarugendo, yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Bahise bagirana ibiganiro byihariye, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu nzego zinyuranye.

Kuri uwo munsi wa Mbere kandi, Abakuru b’Ibihugu basuye isumo rya Victoria Falls rifite amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022, Perezida Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema basuye ibice by’ubukerarugendo binyuranye birimo Pariki y’Igihugu ya Musi-O-Tunya iri muri Pariki zikomeye muri Africa ndetse n’Icyanya cy’ubukerarugendo kizwi nka Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Aha ni na ho hafatiwe amashusho n’amafoto agaragaza abakuru b’Ibihugu bari mu ibi bice bibamo inyamaswa z’inkazi zishobora gushyikirana na ba mukerarugendo ntizibarye kubera uburyo zatojwe.

Perezida Kagame yagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi izwi nka Cheetah benshi bita Igisamagwe ikaba mu muryango umwe n’Ingwe zizwiho amakare akomeye.

Ni ifoto yakunzwe na benshi bishimiye uburyo umukuru w’igihugu yagaragaye ari kumwe n’iyi nyamaswa yabyishimiye, bituma bayishyira ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Perezida Kagame na Hichilema banasuye ikiraro kiri ku mupaka wa Kazungulu gihuza Zambia na Bostwana.

Kuri iki kiraro, Umukuru w’u Rwanda yateye igiti kuri uyu mupaka kigaragaza ubucuti n’igihango Zambia n’u Rwanda bagiranye.

Perezida Kagame yateye igiti nk’ikimenyetso cy’ubucutu bw’Ibihugu byombi
Umukuru w’u Rwanda yaherekejwe na mugenzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twenty =

Previous Post

Umuyobozi wa Gereza ushinjwa guherana imfungwa yarangije ibihano ntiyitabye urukiko

Next Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.