Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in Uncategorized
0
Perezida Kagame yamenyesheje Hichilema wa Zambia ko yageze mu rugo amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul wasoje uruzinduko yagiriraga muri Zambia, yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema, amumenyesha ko yageze mu rugo amahoro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Hakainde Hichilema.

Yagize ati “Muvandimwe wanjye Perezida Hakainde Hichilema nageze mu rugo amahoro, nifuzaga kugushimira cyane wowe na Madamu uburyo mwatwakiriye n’ibiganiro twagiranye bizatanga umusaruro. Ndabifuriza ibyiza wowe n’Abaturage ba Zambia.”

Perezida Kagame Paul watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri ku wa Mbere tariki ubwo yageraga i Livingstone mu murwa Mukuru w’Ubukerarugendo, yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Bahise bagirana ibiganiro byihariye, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu nzego zinyuranye.

Kuri uwo munsi wa Mbere kandi, Abakuru b’Ibihugu basuye isumo rya Victoria Falls rifite amazi yisuka mu mugezi wa Zambezi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022, Perezida Kagame na mugenzi we Hakainde Hichilema basuye ibice by’ubukerarugendo binyuranye birimo Pariki y’Igihugu ya Musi-O-Tunya iri muri Pariki zikomeye muri Africa ndetse n’Icyanya cy’ubukerarugendo kizwi nka Mukuni Big 5 Safaris kibamo inyamazwa z’inkazi.

Aha ni na ho hafatiwe amashusho n’amafoto agaragaza abakuru b’Ibihugu bari mu ibi bice bibamo inyamaswa z’inkazi zishobora gushyikirana na ba mukerarugendo ntizibarye kubera uburyo zatojwe.

Perezida Kagame yagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi izwi nka Cheetah benshi bita Igisamagwe ikaba mu muryango umwe n’Ingwe zizwiho amakare akomeye.

Ni ifoto yakunzwe na benshi bishimiye uburyo umukuru w’igihugu yagaragaye ari kumwe n’iyi nyamaswa yabyishimiye, bituma bayishyira ku mbuga nkoranyambaga zabo.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Perezida Kagame na Hichilema banasuye ikiraro kiri ku mupaka wa Kazungulu gihuza Zambia na Bostwana.

Kuri iki kiraro, Umukuru w’u Rwanda yateye igiti kuri uyu mupaka kigaragaza ubucuti n’igihango Zambia n’u Rwanda bagiranye.

Perezida Kagame yateye igiti nk’ikimenyetso cy’ubucutu bw’Ibihugu byombi
Umukuru w’u Rwanda yaherekejwe na mugenzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Umuyobozi wa Gereza ushinjwa guherana imfungwa yarangije ibihano ntiyitabye urukiko

Next Post

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Musanze: Umubyeyi arakekwaho gushyira ku ngoyi umwana we akamuboha amaboko amuziza 200Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.