Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yarebeye hamwe umukino wa Arsenal na Maxwell Gomera

radiotv10by radiotv10
12/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yarebeye hamwe umukino wa Arsenal na Maxwell Gomera
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa Arsenal FC ari kumwe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mu Rwanda, UNDP, Maxwell Gomera wari wabimusabye.

 

Ku wa Gatandatu tariki 11 Ukuboza 2021, ubwo habaga umuhango wo guhemba abahize abandi mu irushanwa ryo guhanga udushya mu ikoranabuhanga rya Hanga Pitchfest, nibwo Maxwell Gomera yabwiye Perezida Kagame ko bahuje urukundo bafitiye Arsenal FC yo mu Bwongereza.

Maxwell Gomera yakomeje asaba Perezida Kagame ko yazamugenera umwanya bakarebana umukino umwe w’iyi kipe.

Ubu busabe bwa Maxwell Gomera bwakiriwe neza na Perezida Kagame, aramwemerera barebana umukino wahuje iyi kipe na Southampton FC, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Maxwell  Gomera abinyujije kuri Twitter yashimiye Perezida Kagame kuba yakiriye ubusabe bwe.

Ati “Wakoze Perezida ku bwo guha agaciro ubusabe bwanjye mu gihe gito!”

Perezida Kagame asanzwe ari umwe mu bakunzi bakomeye b’iyi kipe ikina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza.

Uyu mukino Perezida Kagame yarebanye na Maxwell Gomera warangiye Arsenal itsinze Southampton FC 3-0. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Alexandre Lacazette (21’), icya kabiri gitsindwa na Martin Ødegaard (27’), icya gatatu gitsindwa na Gabriel (62’).

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + one =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yungutse Minisitiri w’Umutekano usimbuye General Nyamvumba wavanyweho muri 2020

Next Post

Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.