Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yarebeye hamwe umukino wa Arsenal na Maxwell Gomera

radiotv10by radiotv10
12/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yarebeye hamwe umukino wa Arsenal na Maxwell Gomera
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa Arsenal FC ari kumwe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mu Rwanda, UNDP, Maxwell Gomera wari wabimusabye.

 

Ku wa Gatandatu tariki 11 Ukuboza 2021, ubwo habaga umuhango wo guhemba abahize abandi mu irushanwa ryo guhanga udushya mu ikoranabuhanga rya Hanga Pitchfest, nibwo Maxwell Gomera yabwiye Perezida Kagame ko bahuje urukundo bafitiye Arsenal FC yo mu Bwongereza.

Maxwell Gomera yakomeje asaba Perezida Kagame ko yazamugenera umwanya bakarebana umukino umwe w’iyi kipe.

Ubu busabe bwa Maxwell Gomera bwakiriwe neza na Perezida Kagame, aramwemerera barebana umukino wahuje iyi kipe na Southampton FC, mu ijoro ryo ku wa Gatandatu.

Maxwell  Gomera abinyujije kuri Twitter yashimiye Perezida Kagame kuba yakiriye ubusabe bwe.

Ati “Wakoze Perezida ku bwo guha agaciro ubusabe bwanjye mu gihe gito!”

Perezida Kagame asanzwe ari umwe mu bakunzi bakomeye b’iyi kipe ikina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza.

Uyu mukino Perezida Kagame yarebanye na Maxwell Gomera warangiye Arsenal itsinze Southampton FC 3-0. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Alexandre Lacazette (21’), icya kabiri gitsindwa na Martin Ødegaard (27’), icya gatatu gitsindwa na Gabriel (62’).

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yungutse Minisitiri w’Umutekano usimbuye General Nyamvumba wavanyweho muri 2020

Next Post

Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Samuel Eto’o yatorewe kuyobora ruhago ya Cameroon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.