Saturday, March 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

radiotv10by radiotv10
07/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk’uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa FDLR n’abawushyigikiye bakomeza kwisuganya begera umupaka warwo, kandi rudashobora kugira Igihugu rwemerera kuruhitiramo muri aya mahitamo yombi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Werurwe 2026, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiraga abahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda.

Perezida Kagame wagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko muri ibi bibazo byazanyemo n’u Rwanda, hari amahitamo rwafashe kandi ko adashobora guhinduka.

Yagize ati “Uko ibintu bimeze ubu, u Rwanda ruhanganye n’amahitamo adashoboka: Hari ukwihanganira gukomeza kubaho kwa FDLR n’imitwe y’inyeshyamba bakorana ngo ikomeze kwisuganya yegera umupaka wacu. Cyangwa kwirwanaho no kubihorwa. Amahitamo arahari kandi arasobanutse. Mu mwanya wacu, haba hari ikindi Gihugu cyatugenera amahitamo?”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko muri iki gihe, nta muntu wakwirengagiza imiterere ya Politiki y’Isi igezweho, ariko ko hagenda habaho impinduka kandi zizagenda zigira ingaruka ku Bihugu byose.

Ati “Ikintu kimwe kitarahinduka, ni uburenganzira n’inshingano bya buri Gihugu, kurinda umutekano w’imipaka yacyo n’abaturage bacyo. Ni inshingano idahinduka na rimwe. Ku Rwanda rero na rwo nta mwihariko. Nyamara, kubera impamvu zikomeje kutugora, u Rwanda rusabwa kwirengagiza ibibangamiye umutekano warwo no gushyira mu kaga ubwirinzi bwarwo bw’Igihugu.”

Yavuze ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC atari bishya kandi ko kubyumva byoroshye, kandi ko icyatumye bikomeza kubaho igihe kinini ari ukubyirengagiza byumwihariko byakunze kuranga abafite ububasha bwo kubishakira umuti.

Gushyiraho ingamba z’ubwirinzi byakozwe n’u Rwanda, bishingiye ku gukomeza kubaho k’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kimwe n’ingengabitekereza y’ubuhezanguni yawo, ikaba ari n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Ikibabaje ni uko bigaraga ko bifite ababishyigikiye bo mu karere no hanze yako mu buryo bwose bushoboka.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko bitewe n’amateka y’u Rwanda ndetse n’imiterere yarwo, ari ngombwa ko habaho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka, avuga kandi ko izashyizweho ubu, zigamije guhangana na kiriya kibazo cy’uriya mutwe, kandi rudashobora kugira ikindi rubigurana.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu
Bakiriye ku meza abahagarariye Ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + thirteen =

Previous Post

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Related Posts

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w'Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force) muri RDF, wungutse abasirikare n’abofisiye barangije amahugurwa y'ibanze yo guhangana n'iterabwoba, banagaragaje imwe mu...

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko nta Munyarwanda uri muri iki Gihugu no muri Bahrain, uragirwaho...

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

by radiotv10
06/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Explains Rwanda’s Concerns Over Genocide Ideology Among DRC Officials

by radiotv10
06/03/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Ambassador Olivier Nduhungirehe, says that Rwanda, as a country that experienced the...

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

by radiotv10
06/03/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibirego by'abantu baba bariganyijwe amafaranga n'abatekamutwe, byiganje mu byo rwakira cyane muri iki gihe,...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

07/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

06/03/2026
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Umutwe w’Ingabo Zidasanzwe wa RDF wungutse abasirikare bafite imyitozo ihanitse

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.