Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi wavuze ko hari ibigomba kubahirizwa mbere y’uko bahura, atari inzira nziza yo gutangiriraho, kuko na we afite byinshi yakagombye gusaba ko bibanza kubahirizwa, nko kuba yakosore ibyo yatangaje, birimo ko azashoza intambara ku Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, cyasohotse mu buryo bw’amashusho kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024.

Umunyamakuru yatangiye abaza Perezida Kagame icyo avuga ku byatangajwe na mugenzi we Tshisekedi ko yiteguye kuzahura na we, ariko ko bazahura ari uko “ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bwa Repubulibulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umutwe wa M23 ugasubira aho wasabwe kujya”

Perezida Kagame yavuze ko kuba Tshisekedi yaratangiriye ku byo yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa, yaratangiye inzira nabi, ariko ko afite icyo yabivugiye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko na we agendeye ku bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, hari ibyo yagakwiye gusaba ko ko bishyirwa mu bikorwa, ku buryo na we yavuga ko “sinzahura na Perezida Tshisekedi mu gihe cyose atarakosora ibyo yatangaje, birimo gutera u Rwanda, gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi yabivugiye ku karubanda, nanjye nagakwiye kuvuga ko tutahura igihe FDLR itarava muri Congo, nanjye navuga ko ntazahura na Tshisekedi, ndetse n’ibindi byinshi. Ibyo ubwabyo ntabwo byazana amahoro.”

Perezida Kagame kandi yanavuze ko ibyasabwe na Tshisekedi byubakiye ku binyoma, nko kuba yaravuze ko ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, avuga ko nta mpamvu n’imwe u Rwanda rwagira yo kujya muri ibi bibazo byo muri Congo.

Ati “Abo bashinja u Rwanda kuba muri Congo, cyangwa ingabo z’u Rwanda kuba ziri muri DRC, nanjye nakababajije nti ‘kuki mwumva ko u Rwanda rwajya muri DRC?’ ‘Ese kwaba ari ukujya kwinezezayo, kujyana ingabo zacu muri biriya bibazo biri mu Burasirazuba bwa DRC?’.”

Yavuze ko abashinja u Rwanda ibi birego ahubwo bakwiye kwibaza impamvu banyura ku ruhande ikibazo kiri muri Congo cyagakwiye gutuma ahubwo u Rwanda rujyayo.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ikibazo cya mbere cyo muri Congo kiri imbere muri icyo Gihugu, hakaba n’ikindi gikomoka ku mpamvu zo hanze yacyo.

Ati “Uruhande rw’Imbere ni M23, igizwe n’Abanyekongo kandi ubu tuvuga M23 nk’abarwanyi uko wabita kose, bafite abantu ibihumbi ijana by’impunzi bari hano mu Rwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo bamaze imyaka 23 mu Rwanda, mu gihe hari n’abagera mu bihumbi 15 baherutse kuza muri iyi myaka ubwo imirwano yuburaga, bose bagiye bahunga akarengane bakorerwaga mu Gihugu cyabo.

Yavuze ko aba barwanyi bishyize hamwe bagamije gukuraho akarengane gakorerwa bene wabo, bakaba bitwa umutwe w’iterabwoba, ubwabyo bikwiye kwibazwaho.

Ati “None se mwaba muri guhana abantu ibihumbi ijana bari hano nk’impunzi. Ibyo ubwabyo ntabwo uri gukemura ikibazo habe na busa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umutwe wa M23 atari wo muzi w’ikibazo, ahubwo ko icyatumye ubaho ari cyo kibazo gikwiye kubanza gushakirwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya

Next Post

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Related Posts

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

IZIHERUKA

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye
MU RWANDA

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.