Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi wavuze ko hari ibigomba kubahirizwa mbere y’uko bahura, atari inzira nziza yo gutangiriraho, kuko na we afite byinshi yakagombye gusaba ko bibanza kubahirizwa, nko kuba yakosore ibyo yatangaje, birimo ko azashoza intambara ku Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, cyasohotse mu buryo bw’amashusho kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024.

Umunyamakuru yatangiye abaza Perezida Kagame icyo avuga ku byatangajwe na mugenzi we Tshisekedi ko yiteguye kuzahura na we, ariko ko bazahura ari uko “ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bwa Repubulibulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umutwe wa M23 ugasubira aho wasabwe kujya”

Perezida Kagame yavuze ko kuba Tshisekedi yaratangiriye ku byo yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa, yaratangiye inzira nabi, ariko ko afite icyo yabivugiye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko na we agendeye ku bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, hari ibyo yagakwiye gusaba ko ko bishyirwa mu bikorwa, ku buryo na we yavuga ko “sinzahura na Perezida Tshisekedi mu gihe cyose atarakosora ibyo yatangaje, birimo gutera u Rwanda, gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi yabivugiye ku karubanda, nanjye nagakwiye kuvuga ko tutahura igihe FDLR itarava muri Congo, nanjye navuga ko ntazahura na Tshisekedi, ndetse n’ibindi byinshi. Ibyo ubwabyo ntabwo byazana amahoro.”

Perezida Kagame kandi yanavuze ko ibyasabwe na Tshisekedi byubakiye ku binyoma, nko kuba yaravuze ko ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, avuga ko nta mpamvu n’imwe u Rwanda rwagira yo kujya muri ibi bibazo byo muri Congo.

Ati “Abo bashinja u Rwanda kuba muri Congo, cyangwa ingabo z’u Rwanda kuba ziri muri DRC, nanjye nakababajije nti ‘kuki mwumva ko u Rwanda rwajya muri DRC?’ ‘Ese kwaba ari ukujya kwinezezayo, kujyana ingabo zacu muri biriya bibazo biri mu Burasirazuba bwa DRC?’.”

Yavuze ko abashinja u Rwanda ibi birego ahubwo bakwiye kwibaza impamvu banyura ku ruhande ikibazo kiri muri Congo cyagakwiye gutuma ahubwo u Rwanda rujyayo.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ikibazo cya mbere cyo muri Congo kiri imbere muri icyo Gihugu, hakaba n’ikindi gikomoka ku mpamvu zo hanze yacyo.

Ati “Uruhande rw’Imbere ni M23, igizwe n’Abanyekongo kandi ubu tuvuga M23 nk’abarwanyi uko wabita kose, bafite abantu ibihumbi ijana by’impunzi bari hano mu Rwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo bamaze imyaka 23 mu Rwanda, mu gihe hari n’abagera mu bihumbi 15 baherutse kuza muri iyi myaka ubwo imirwano yuburaga, bose bagiye bahunga akarengane bakorerwaga mu Gihugu cyabo.

Yavuze ko aba barwanyi bishyize hamwe bagamije gukuraho akarengane gakorerwa bene wabo, bakaba bitwa umutwe w’iterabwoba, ubwabyo bikwiye kwibazwaho.

Ati “None se mwaba muri guhana abantu ibihumbi ijana bari hano nk’impunzi. Ibyo ubwabyo ntabwo uri gukemura ikibazo habe na busa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umutwe wa M23 atari wo muzi w’ikibazo, ahubwo ko icyatumye ubaho ari cyo kibazo gikwiye kubanza gushakirwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + seventeen =

Previous Post

Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya

Next Post

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.