Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi wavuze ko hari ibigomba kubahirizwa mbere y’uko bahura, atari inzira nziza yo gutangiriraho, kuko na we afite byinshi yakagombye gusaba ko bibanza kubahirizwa, nko kuba yakosore ibyo yatangaje, birimo ko azashoza intambara ku Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, cyasohotse mu buryo bw’amashusho kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024.

Umunyamakuru yatangiye abaza Perezida Kagame icyo avuga ku byatangajwe na mugenzi we Tshisekedi ko yiteguye kuzahura na we, ariko ko bazahura ari uko “ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bwa Repubulibulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umutwe wa M23 ugasubira aho wasabwe kujya”

Perezida Kagame yavuze ko kuba Tshisekedi yaratangiriye ku byo yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa, yaratangiye inzira nabi, ariko ko afite icyo yabivugiye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko na we agendeye ku bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, hari ibyo yagakwiye gusaba ko ko bishyirwa mu bikorwa, ku buryo na we yavuga ko “sinzahura na Perezida Tshisekedi mu gihe cyose atarakosora ibyo yatangaje, birimo gutera u Rwanda, gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi yabivugiye ku karubanda, nanjye nagakwiye kuvuga ko tutahura igihe FDLR itarava muri Congo, nanjye navuga ko ntazahura na Tshisekedi, ndetse n’ibindi byinshi. Ibyo ubwabyo ntabwo byazana amahoro.”

Perezida Kagame kandi yanavuze ko ibyasabwe na Tshisekedi byubakiye ku binyoma, nko kuba yaravuze ko ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, avuga ko nta mpamvu n’imwe u Rwanda rwagira yo kujya muri ibi bibazo byo muri Congo.

Ati “Abo bashinja u Rwanda kuba muri Congo, cyangwa ingabo z’u Rwanda kuba ziri muri DRC, nanjye nakababajije nti ‘kuki mwumva ko u Rwanda rwajya muri DRC?’ ‘Ese kwaba ari ukujya kwinezezayo, kujyana ingabo zacu muri biriya bibazo biri mu Burasirazuba bwa DRC?’.”

Yavuze ko abashinja u Rwanda ibi birego ahubwo bakwiye kwibaza impamvu banyura ku ruhande ikibazo kiri muri Congo cyagakwiye gutuma ahubwo u Rwanda rujyayo.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ikibazo cya mbere cyo muri Congo kiri imbere muri icyo Gihugu, hakaba n’ikindi gikomoka ku mpamvu zo hanze yacyo.

Ati “Uruhande rw’Imbere ni M23, igizwe n’Abanyekongo kandi ubu tuvuga M23 nk’abarwanyi uko wabita kose, bafite abantu ibihumbi ijana by’impunzi bari hano mu Rwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo bamaze imyaka 23 mu Rwanda, mu gihe hari n’abagera mu bihumbi 15 baherutse kuza muri iyi myaka ubwo imirwano yuburaga, bose bagiye bahunga akarengane bakorerwaga mu Gihugu cyabo.

Yavuze ko aba barwanyi bishyize hamwe bagamije gukuraho akarengane gakorerwa bene wabo, bakaba bitwa umutwe w’iterabwoba, ubwabyo bikwiye kwibazwaho.

Ati “None se mwaba muri guhana abantu ibihumbi ijana bari hano nk’impunzi. Ibyo ubwabyo ntabwo uri gukemura ikibazo habe na busa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umutwe wa M23 atari wo muzi w’ikibazo, ahubwo ko icyatumye ubaho ari cyo kibazo gikwiye kubanza gushakirwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fifteen =

Previous Post

Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya

Next Post

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.