Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, cyagarutse ku gushaka umuti urambye w’ibibazo biri muri DRC, aho Abakuru b’Ibihugu bombi bashimangiye ko bagomba gukorana na bagenzi babo bo ku Mugabane.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “None nagiranye ikiganiro gitanga icyizere na Perezida João Lourenço, tunaganira ku byatanga umuti urambye kandi w’igihe kirekire ku bibazo bikomeje kugaragara muri DRC.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga kandi ko mu gushaka umuti urambye w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe ubufatanye bw’Ibihugu.

Ati “Twiyemeje kandi gukomeza gukorana n’abandi bo ku Mugabane mu gushaka umuti, ari na ko dukomeza guteza imbere umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe hagati y’impande zombi.”

Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagombaga kuyobora ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi tariki 15 Ukuboza 2024, ariko biza guhagarikwa ku munota wa nyuma, bitewe na Guverinoma ya DRC yari imaze kwisubira ku ngingo yo kwemera kuzaganira n’umutwe wa M23.

Ingingo yo kuba Leta ya Kinshasa yaranze kuganiro na M23, ni imwe mu zakomeje gutiza umurindi ibibazo bimaze igihe muri DRC, aho uyu mutwe wavuze ko na wo udateze gushyira hasi intwaro igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butaremera ko bicarana ku meza y’ibiganiro bukanashyira mu bikorwa ibyo basaba.

Iki kiganiro cya Perezida Kagame na João Lourenço cyabaye nyuma y’amasaha macye Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakoranye Inama idasanzwe yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, aho Umukuru w’u Rwanda, yongeye kugaragaza ibyakomeje kuba intandaro yo gutiza umurindi ibi bibazo, byose bishinze imizi ku kwinangira n’iburabushake byakunze kuranga Perezida Tshisekedi n’ubutegetsi bwe.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ibiganiro birangirira mu gufata imyanzuro yanditse gusa bidashobora gutanga umuti, ahubwo ko ibyavugiwemo bikwiye gushyirwa mu bikorwa, aho kugira ngo hajye hakomeza kuba inama nk’izi ariko ibyazivugiwemo bibe amasigaracyicaro.

Yavuze ko ibi bibazo byaganiriweho kenshi, ndetse hakagaragazwa ibikenewe ngo bikemuke, ariko ko uruhande rwagakwiye kugira icyo rukora, ari rwo rukomeza kubitiza umurindi ku buryo ari byo byatumye bigera aho bigeze ubu.

Yagize ati “Kabone n’iyo twari gukora ibintu byose neza twese, nta musaruro wari gushobora kubivamo mu gihe cyose abarebwa n’iki kibazo nyirizina na bo ari bamwe mu bagitera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imyitwarire yakunze kuranga ubutegetsi bwa Congo n’abayobozi b’iki Gihugu ku isonga Perezida Tshisekedi, yabonaga ko ibi bibazo bizagera ku rwego bigezeho ubu.

Ati “Ese haba hari umwe muri utwe utarabonaga ko ibiri kuba ubu bizabaho? Njye narabibonaga ko bizabaho ko bizagera aho tugeze aka kanya […] Tshisekedi yafashe umwanzuro wo kwanga gukora ibyo twifuzaga, ajya muri SADC bumvikana kujyayo gukora ibyo we yifuzaga gukora, ubundi yirukana abariyo, turabibona ariko turicecekera. Mu by’ukuri ni iki kindi twagombaga kwitega cyari kuva muri ibyo byose?”

Perezida Kagame yasabye Abakuru b’Ibihugu bagenzi be kudakomeza kurenga ku bibazo nyirizina n’umuti ukenewe, ahubwo bakabwiza ukuri uruhande rukwiye kugira icyo rukora kureka gukomeza kuyobya abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Ibisubizo by’ibyo wakwibaza ku bigiye gukurikiraho nyuma yuko M23 ifashe Goma n’urugendo rwayibagejeje

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.