Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, cyagarutse ku gushaka umuti urambye w’ibibazo biri muri DRC, aho Abakuru b’Ibihugu bombi bashimangiye ko bagomba gukorana na bagenzi babo bo ku Mugabane.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “None nagiranye ikiganiro gitanga icyizere na Perezida João Lourenço, tunaganira ku byatanga umuti urambye kandi w’igihe kirekire ku bibazo bikomeje kugaragara muri DRC.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga kandi ko mu gushaka umuti urambye w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe ubufatanye bw’Ibihugu.

Ati “Twiyemeje kandi gukomeza gukorana n’abandi bo ku Mugabane mu gushaka umuti, ari na ko dukomeza guteza imbere umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe hagati y’impande zombi.”

Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagombaga kuyobora ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi tariki 15 Ukuboza 2024, ariko biza guhagarikwa ku munota wa nyuma, bitewe na Guverinoma ya DRC yari imaze kwisubira ku ngingo yo kwemera kuzaganira n’umutwe wa M23.

Ingingo yo kuba Leta ya Kinshasa yaranze kuganiro na M23, ni imwe mu zakomeje gutiza umurindi ibibazo bimaze igihe muri DRC, aho uyu mutwe wavuze ko na wo udateze gushyira hasi intwaro igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butaremera ko bicarana ku meza y’ibiganiro bukanashyira mu bikorwa ibyo basaba.

Iki kiganiro cya Perezida Kagame na João Lourenço cyabaye nyuma y’amasaha macye Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakoranye Inama idasanzwe yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, aho Umukuru w’u Rwanda, yongeye kugaragaza ibyakomeje kuba intandaro yo gutiza umurindi ibi bibazo, byose bishinze imizi ku kwinangira n’iburabushake byakunze kuranga Perezida Tshisekedi n’ubutegetsi bwe.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ibiganiro birangirira mu gufata imyanzuro yanditse gusa bidashobora gutanga umuti, ahubwo ko ibyavugiwemo bikwiye gushyirwa mu bikorwa, aho kugira ngo hajye hakomeza kuba inama nk’izi ariko ibyazivugiwemo bibe amasigaracyicaro.

Yavuze ko ibi bibazo byaganiriweho kenshi, ndetse hakagaragazwa ibikenewe ngo bikemuke, ariko ko uruhande rwagakwiye kugira icyo rukora, ari rwo rukomeza kubitiza umurindi ku buryo ari byo byatumye bigera aho bigeze ubu.

Yagize ati “Kabone n’iyo twari gukora ibintu byose neza twese, nta musaruro wari gushobora kubivamo mu gihe cyose abarebwa n’iki kibazo nyirizina na bo ari bamwe mu bagitera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imyitwarire yakunze kuranga ubutegetsi bwa Congo n’abayobozi b’iki Gihugu ku isonga Perezida Tshisekedi, yabonaga ko ibi bibazo bizagera ku rwego bigezeho ubu.

Ati “Ese haba hari umwe muri utwe utarabonaga ko ibiri kuba ubu bizabaho? Njye narabibonaga ko bizabaho ko bizagera aho tugeze aka kanya […] Tshisekedi yafashe umwanzuro wo kwanga gukora ibyo twifuzaga, ajya muri SADC bumvikana kujyayo gukora ibyo we yifuzaga gukora, ubundi yirukana abariyo, turabibona ariko turicecekera. Mu by’ukuri ni iki kindi twagombaga kwitega cyari kuva muri ibyo byose?”

Perezida Kagame yasabye Abakuru b’Ibihugu bagenzi be kudakomeza kurenga ku bibazo nyirizina n’umuti ukenewe, ahubwo bakabwiza ukuri uruhande rukwiye kugira icyo rukora kureka gukomeza kuyobya abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Ibisubizo by’ibyo wakwibaza ku bigiye gukurikiraho nyuma yuko M23 ifashe Goma n’urugendo rwayibagejeje

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.