Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatangaje icyavuye mu kiganiro yagiranye n’umuhuza mu by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço, cyagarutse ku gushaka umuti urambye w’ibibazo biri muri DRC, aho Abakuru b’Ibihugu bombi bashimangiye ko bagomba gukorana na bagenzi babo bo ku Mugabane.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “None nagiranye ikiganiro gitanga icyizere na Perezida João Lourenço, tunaganira ku byatanga umuti urambye kandi w’igihe kirekire ku bibazo bikomeje kugaragara muri DRC.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga kandi ko mu gushaka umuti urambye w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe ubufatanye bw’Ibihugu.

Ati “Twiyemeje kandi gukomeza gukorana n’abandi bo ku Mugabane mu gushaka umuti, ari na ko dukomeza guteza imbere umubano mwiza n’imikoranire bisanzwe hagati y’impande zombi.”

Perezida João Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagombaga kuyobora ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi tariki 15 Ukuboza 2024, ariko biza guhagarikwa ku munota wa nyuma, bitewe na Guverinoma ya DRC yari imaze kwisubira ku ngingo yo kwemera kuzaganira n’umutwe wa M23.

Ingingo yo kuba Leta ya Kinshasa yaranze kuganiro na M23, ni imwe mu zakomeje gutiza umurindi ibibazo bimaze igihe muri DRC, aho uyu mutwe wavuze ko na wo udateze gushyira hasi intwaro igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butaremera ko bicarana ku meza y’ibiganiro bukanashyira mu bikorwa ibyo basaba.

Iki kiganiro cya Perezida Kagame na João Lourenço cyabaye nyuma y’amasaha macye Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bakoranye Inama idasanzwe yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, aho Umukuru w’u Rwanda, yongeye kugaragaza ibyakomeje kuba intandaro yo gutiza umurindi ibi bibazo, byose bishinze imizi ku kwinangira n’iburabushake byakunze kuranga Perezida Tshisekedi n’ubutegetsi bwe.

Perezida Kagame kandi yavuze ko ibiganiro birangirira mu gufata imyanzuro yanditse gusa bidashobora gutanga umuti, ahubwo ko ibyavugiwemo bikwiye gushyirwa mu bikorwa, aho kugira ngo hajye hakomeza kuba inama nk’izi ariko ibyazivugiwemo bibe amasigaracyicaro.

Yavuze ko ibi bibazo byaganiriweho kenshi, ndetse hakagaragazwa ibikenewe ngo bikemuke, ariko ko uruhande rwagakwiye kugira icyo rukora, ari rwo rukomeza kubitiza umurindi ku buryo ari byo byatumye bigera aho bigeze ubu.

Yagize ati “Kabone n’iyo twari gukora ibintu byose neza twese, nta musaruro wari gushobora kubivamo mu gihe cyose abarebwa n’iki kibazo nyirizina na bo ari bamwe mu bagitera.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imyitwarire yakunze kuranga ubutegetsi bwa Congo n’abayobozi b’iki Gihugu ku isonga Perezida Tshisekedi, yabonaga ko ibi bibazo bizagera ku rwego bigezeho ubu.

Ati “Ese haba hari umwe muri utwe utarabonaga ko ibiri kuba ubu bizabaho? Njye narabibonaga ko bizabaho ko bizagera aho tugeze aka kanya […] Tshisekedi yafashe umwanzuro wo kwanga gukora ibyo twifuzaga, ajya muri SADC bumvikana kujyayo gukora ibyo we yifuzaga gukora, ubundi yirukana abariyo, turabibona ariko turicecekera. Mu by’ukuri ni iki kindi twagombaga kwitega cyari kuva muri ibyo byose?”

Perezida Kagame yasabye Abakuru b’Ibihugu bagenzi be kudakomeza kurenga ku bibazo nyirizina n’umuti ukenewe, ahubwo bakabwiza ukuri uruhande rukwiye kugira icyo rukora kureka gukomeza kuyobya abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + one =

Previous Post

Ibisubizo by’ibyo wakwibaza ku bigiye gukurikiraho nyuma yuko M23 ifashe Goma n’urugendo rwayibagejeje

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bafite imyitozo yihariye y’urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.