Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi, yayoboye Inama Nkuru y’uyu muryango isuzumira hamwe uruhare rw’uyu muryango mu kuzamura imibereho y’abaturage, yanatumiwemo indi mitwe ya politiki.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022 muri Kigari Arena aho yitabiriwe n’abanyamuryango banyuranye ndetse n’abahagarariye indi mitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda.

Umuryango wa RPF-Inkotanyi uvuga ko iyi nama nkuru iganirirwamo uruhare rw’imirongo migari yawo mu kuzamura imibereho y’abaturage ndetse n’iterambere ry’ubukungu.

Inama Nkuru ya RPF-Inkotanyi yaherukaga kuba mu kwezi k’Ukuboza 2019 na yo yari iyobowe na Chairman w’Umuryango, Paul Kagame, yanitabiriwe n’ intumwa za MPLA, Umutwe wa Politiki wo muri Angola.

Muri iyi nama yo muri 2019, Perezida Kagame yibukije abari mu nama ko Umuryango FPR-Inkotanyi kuva wabaho waharaniye imibereho myiza y’Umunyarwanda, abasaba guhora bisuzuma bareba niba intego zaragezweho, uburyo zagezweho, imbogamizi Umuryango wahuye na zo n’uburyo wagiye uzikemura ndetse n’ahakwiye kongerwa imbaraga kugira ngo dukomeze gusigasira ibyagezweho no kubyongera.

Perezida Paul Kagame kandi yanasabye abari mu nama kwirinda kugira ubwoba bwo gukebura abakora nabi.

Yaboneyeho no kwibutsa umuco wa FPR-Inkotanyi wo “gukoresha bicye tukagera kuri byinshi” anabasaba kubishishikariza abanyamuryango n’Abanyarwanda bose.

Abanyamuryango ba RPF bitabiriye iyi nama bafite akanyamuneza

Yayobowe na Perezida Paul Kagame

Abanyamuryango bibukiranyije amahame y’umuryango

Prof. Chrysologue Karangwa yagarutse ku mahame ya RPF
Hatanzwe n’ikiganiro cyagarutse ku bimaze kugerwaho

Photos © RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Menya ikizanye ibihangange muri ruhago y’Isi ba PSG bamaze gusesekara mu Rwanda

Next Post

Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Kigali: Amacupa 247 ya mukorogo yafatanywe abacuruzi babiri barimo uwari warabifungiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.