Pererezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteze ko mu ntangiro za 2030 ruzaba rufite amashanyarazi akomoka ku ngufu za Nikeleyeri, kandi inyigo yakozwe igaragaza ko urugendo rwo kubigeraho ruhagaze neza.
Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2026 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama y’Ihuriro Nyafurika Ku Ngufu za Nikeleyeri no guhanga udushya muri uru rwego.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko iyi nama yahurije hamwe abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu, inzobere ndetse n’abafatanyabikowa ba za Leta bakarushaho kungurana ibitekerezo by’uburyo bagera ku ntego y’amashanyarazi akomoka ku ngufu za Nikeleyeri.
Yavuze kandi ko uruhare rw’abitabiriye iyi nama ari ingenzi ku hazaza h’ubukungu bwa Afurika kuko Uyu Mugabane utatera imbere udafite amashanyarazi ahagije, bityo ko hakwiye kwihutisha uburyo izi ngufu zagira uruhare mu kugera kuri iyi ntego.
Muri iyi nama kandi Perezida Kagame yashyikirijwe raporo yakozwe n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ingufu za Nikeleyeri, igaragaza ko u Rwanda rwamaze kugera ku cyiciro cya mbere cy’ibikorwa remezo byo gukoresha ingufu za Nikeleyeri mu bikorwa binyuranye nk’amashanyarazi.
Iyi Raporo yemerera u Rwanda kugira ubushobozi bwo kugera ku cyiciro cya kabiri mu gushyira mu bikorwa umushinga wo kubyaza umusaruro ingufu za Nikeleyeri.
Perezida Kagame yagize ati “U Rwanda rwishimiye kuba rwarageze ku cyiciro cya mbere cya IAEA (International Atomic Energy Agency) ku igenzura ry’ibikorwa remezo bya Nikeleyeri. Twebwe (u Rwanda) turateganya ko ingufu za Nikeleyeri zizaba zikora mu ntangiriro za 2030, kandi iri suzuma ryemeza ko turi mu nzira nziza.”
U Rwanda ruzubaka inganda zitunganya ingufu za Nikeleyeri mu bizwi nka Small Modular Reactors (SMRs), aho hubakwa inganda ubundi zikajyanwa aho zigomba gukorera.
U Rwanda rufite intego yo kuzatangira kubaka izi nganda enye mu ntangiro z’umwaka wa 2028, aho rumwe ruzaba rushobora gutunganya Megawatt 200.


RADIOTV10











