Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko nyuma yuko mu mujyi wa Goma hagaragaye umuntu umwe wanduye icyorezo cya Ebola, hari abantu 189 bamenyekanye ko bahuye n’uwo murwayi, bakaba bari kugenzurwa ko na bo batanduye.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rigaragaza imiterere y’icyorezo cya Ebola kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi.
Kanyuka yatangaje ko “Nyuma yo kwemezwa ko hari umurwayi wa Virusi ya Ebola wagaragaye mu mujyi wa Goma, amatsinda ashinzwe gukurikirana ubuzima yakomeje gukurikirana, gukora iperereza no gukumira.”
Yavuze ko kugeza kuri uyu wa mbere hari hamaze kumenyekana abantu 189 bahuye n’uyu urwaye “kandi bari gukorerwa igenzurwa i Goma n’amatsinda y’ubuzima yoherejwe muri urwo rwego.”
Nanone kandi kuri uyu wa Mbere, hoherejwe ibizamini by’abantu 22 muri Laboratwari y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) kugira ngo bikorerwe isuma, ndetse “Mu bisubizo byabonetse, 5 nta n’umwe waanduye, mu gihe abandi bagitegereje.”
Nanone kandi hari undi muntu umwe wari waketsweho iki cyorezo mu mujyi wa Bukavu, na we akaba yafashwe ibizamini, bikaba byagaragaje ko nta bwandu bw’iki cyorezo afite.
Ati “Ubu mu bice byose byabohowe, hari umuntu umwe gusa byemejwe ko yanduye urimo kuvurirwa i Goma, kandi nta wundi murwayi mushya uragaragara.”
Kanyuka yaboneyeho gusaba abaturage bo mu bice bigenzurwa n’iri Huriro AFC/M23 gutuza no kuba maso bakomeza gukurikiza amabwiriza yose yo kwirinda kugira ngo hirindwe ikwirakwira ry’iki cyorezo gikomeje gufata intera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nyuma yuko iyi ndwara ikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa DRC, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze imipaka iruhuza n’iki Gihugu, yaba iyo mu Karere ka Rubavu, ndetse n’iy’i Rusizi.
RADIOTV10









