Tuesday, May 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

radiotv10by radiotv10
19/05/2026
in AMAHANGA
0
AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko nyuma yuko mu mujyi wa Goma hagaragaye umuntu umwe wanduye icyorezo cya Ebola, hari abantu 189 bamenyekanye ko bahuye n’uwo murwayi, bakaba bari kugenzurwa ko na bo batanduye.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rigaragaza imiterere y’icyorezo cya Ebola kugeza kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi.

Kanyuka yatangaje ko “Nyuma yo kwemezwa ko hari umurwayi wa Virusi ya Ebola wagaragaye mu mujyi wa Goma, amatsinda ashinzwe gukurikirana ubuzima yakomeje gukurikirana, gukora iperereza no gukumira.”

Yavuze ko kugeza kuri uyu wa mbere hari hamaze kumenyekana abantu 189 bahuye n’uyu urwaye “kandi bari gukorerwa igenzurwa i Goma n’amatsinda y’ubuzima yoherejwe muri urwo rwego.”

Nanone kandi kuri uyu wa Mbere, hoherejwe ibizamini by’abantu 22 muri Laboratwari y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) kugira ngo bikorerwe isuma, ndetse “Mu bisubizo byabonetse, 5 nta n’umwe waanduye, mu gihe abandi bagitegereje.”

Nanone kandi hari undi muntu umwe wari waketsweho iki cyorezo mu mujyi wa Bukavu, na we akaba yafashwe ibizamini, bikaba byagaragaje ko nta bwandu bw’iki cyorezo afite.

Ati “Ubu mu bice byose byabohowe, hari umuntu umwe gusa byemejwe ko yanduye urimo kuvurirwa i Goma, kandi nta wundi murwayi mushya uragaragara.”

Kanyuka yaboneyeho gusaba abaturage bo mu bice bigenzurwa n’iri Huriro AFC/M23 gutuza no kuba maso bakomeza gukurikiza amabwiriza yose yo kwirinda kugira ngo hirindwe ikwirakwira ry’iki cyorezo gikomeje gufata intera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma yuko iyi ndwara ikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa DRC, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze imipaka iruhuza n’iki Gihugu, yaba iyo mu Karere ka Rubavu, ndetse n’iy’i Rusizi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 16 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Related Posts

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

by radiotv10
19/05/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yakoze impinduka mu biro by’Umuvugizi wa Perezidansi, aho Nancy Ninette Mutoni wigeze kuba umunyamakurukazi, yagizwe...

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

by radiotv10
19/05/2026
0

Guverinoma ya Togo yatangaje ko iki Gihugu cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose bafite Pasiporo yemewe y’Ibihugu byabo, imenyesha ko abazajya...

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

America yatanze inkunga yihutirwa ya miliyoni 13$ yo gufasha Ibihugu birimo DRC na Uganda

by radiotv10
19/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatanze miliyoni 13 USD yo gufasha ibihugu byagaragayemo icyorezo cya Ebola, birimo Repubulika Iharanira Demokarasi...

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

by radiotv10
18/05/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero mu bice binyuranye, birimo icyagabwe n’umutwe wa FDLR ukica umusaza w’imyaka...

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

by radiotv10
18/05/2026
0

Ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe iperereza, ryafatiriye imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce igura ibihumbi 600 USD (miliyoni 800...

IZIHERUKA

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma
AMAHANGA

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

by radiotv10
19/05/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

19/05/2026
BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

19/05/2026
Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

Ikindi Gihugu cyo ku Mugabane wa Afurika cyakuyeho Visa ku Banyafurika bose nk’u Rwanda

19/05/2026
Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

Mbere y’ifungwa ry’umuhanzi ‘Yampano’ we n’umukunzi we bari babanje kuganirizwa

19/05/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

19/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yemeje ko hari abantu 180 bari kugenzurwaho icyorezo cya Ebola i Goma

Umuhanzi w’ikirangirire Ne-Yo yasobanuye impamvu yahisemo gukundana n’abagore batatu icyarimwe babizi ko bamusangiye

BREAKING: Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yakoze impinduka mu Biro bye zinjijemo uwabaye umunyamakurukazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.