Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda ari Igihugu gito kandi kidatunze ibya Mirenge, ariko ko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda, adashobora kugira uwo abisabira uruhushya. Ati “…Nibigera ku kubaho kwacu, ntuzakore ikosa.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 mu nama y’Inteko y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia yigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo byo muri iki Gihugu byakomeje kuba karande, kuko inzira zo kubishakira umuti zagiye zirengagizwa, ahubwo abakabikemuye bakirirwa mu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi.

Ati “Iyo umukino wo gushinjanya, imbwirwaruhame nziza, ibinyoma, kugira ikimwaro; byari kuba ari umuti w’iki kibazo, cyakagombye kuba cyarakemutse cyera. Ntabwo twari kuba tugifite iki kibazo. Hari ahantu bavuga ibinyoma nta n’impamvu.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse kuri imwe mu mizi y’ibi bibazo, yirengagizwa, y’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bagakomereza ingengabitekerezo yayo muri DRC, ariko hakaba bamwe mu bagakwiye gutuma uyu mutwe urandurwa, bihandagaza bakavuga ko utakibaho n’abandi bumva ko ntacyo utwaye.

Ati “Ni gute FDLR itabaho mu bitekerezo bya bamwe? Cyangwa igafatwa nk’ikibazo cyoroheje? Niba ucyerensa icyo kintu, urapfobya amateka yanjye kandi rwose sinteze kubyemera. Hatitawe ku wo waba uri we wese.”

Perezida Kagame yongeye kwerurira amahanga ko mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda no guharanira kubaho kwabo, adateze kubicira bugufi, kuko ntagishobora kubisimbura.

Ati “Nta muntu ncira bugufi muri iki cyumba ngo ampe uburenganzira bwo kubaho kwanjye cyangwa kubaho kw’abantu banjye. Rwose ntawe. Nzabaho ubuzima bufatika, ubwo ni uburenganzira bwanjye. Ntakindi.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bahora bashinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo bya Congo, yongera kwerurira amahanga ko ntaho ruhuriye na biriya bibazo, ahubwo ko DRC yabaye nka wa mwana murizi, uhora ashaka uwo yegekaho ibibazo byayinaniye gushakira umuti.

Ati “Ni gute Congo itekereza ko ibibazo byabo byose bituruka hanze. U Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bya Congo. Dufite ibibazo byacu tugomba guhangana na byo. Congo ni nini cyane ku Rwandam ku buryo yakwikorera umutwaro wayo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda rushobora kuba Igihugu gito ugereranyije n’ibindi byinshi, ndetse n’amikoro yacyo akaba akiri hasi, ariko ko atari gito ku guharanira kubaho kw’abagituye cyangwa uburenganzira bwabo.

Ati “Nk’uko nabibabwiye, turi Igihugu gito, turi Igihugu gikennye, ariko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho, utazabyibeshyaho. Ntabwo ngira uwo nbisabira uruhushya cyangwa ngo nzagire uwo mbyingingira.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ariko Guverinoma y’u Rwanda byumwihariko Umukuru w’iki Gihugu, basubiza ko ibyo bisa no kurota.

Perezida Paul Kagame yavuze kenshi ko nta gishobora guturuka hanze ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda, kuko inzego z’umutekano z’u Rwanda zifite ubushobozi ntayegayezwa bwo guhangana n’icyabigerageza cyose kandi kigakumirwa kitararenga umutaru ngo cyinjire mu Rwanda.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu i Addis Ababa
Yeruriye amahanga ko ku guharanira kubaho kw’Abanyarwanda bitagira icyo bingana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu

Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.