Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda ari Igihugu gito kandi kidatunze ibya Mirenge, ariko ko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda, adashobora kugira uwo abisabira uruhushya. Ati “…Nibigera ku kubaho kwacu, ntuzakore ikosa.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 mu nama y’Inteko y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia yigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo byo muri iki Gihugu byakomeje kuba karande, kuko inzira zo kubishakira umuti zagiye zirengagizwa, ahubwo abakabikemuye bakirirwa mu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi.

Ati “Iyo umukino wo gushinjanya, imbwirwaruhame nziza, ibinyoma, kugira ikimwaro; byari kuba ari umuti w’iki kibazo, cyakagombye kuba cyarakemutse cyera. Ntabwo twari kuba tugifite iki kibazo. Hari ahantu bavuga ibinyoma nta n’impamvu.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse kuri imwe mu mizi y’ibi bibazo, yirengagizwa, y’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bagakomereza ingengabitekerezo yayo muri DRC, ariko hakaba bamwe mu bagakwiye gutuma uyu mutwe urandurwa, bihandagaza bakavuga ko utakibaho n’abandi bumva ko ntacyo utwaye.

Ati “Ni gute FDLR itabaho mu bitekerezo bya bamwe? Cyangwa igafatwa nk’ikibazo cyoroheje? Niba ucyerensa icyo kintu, urapfobya amateka yanjye kandi rwose sinteze kubyemera. Hatitawe ku wo waba uri we wese.”

Perezida Kagame yongeye kwerurira amahanga ko mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda no guharanira kubaho kwabo, adateze kubicira bugufi, kuko ntagishobora kubisimbura.

Ati “Nta muntu ncira bugufi muri iki cyumba ngo ampe uburenganzira bwo kubaho kwanjye cyangwa kubaho kw’abantu banjye. Rwose ntawe. Nzabaho ubuzima bufatika, ubwo ni uburenganzira bwanjye. Ntakindi.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bahora bashinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo bya Congo, yongera kwerurira amahanga ko ntaho ruhuriye na biriya bibazo, ahubwo ko DRC yabaye nka wa mwana murizi, uhora ashaka uwo yegekaho ibibazo byayinaniye gushakira umuti.

Ati “Ni gute Congo itekereza ko ibibazo byabo byose bituruka hanze. U Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bya Congo. Dufite ibibazo byacu tugomba guhangana na byo. Congo ni nini cyane ku Rwandam ku buryo yakwikorera umutwaro wayo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda rushobora kuba Igihugu gito ugereranyije n’ibindi byinshi, ndetse n’amikoro yacyo akaba akiri hasi, ariko ko atari gito ku guharanira kubaho kw’abagituye cyangwa uburenganzira bwabo.

Ati “Nk’uko nabibabwiye, turi Igihugu gito, turi Igihugu gikennye, ariko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho, utazabyibeshyaho. Ntabwo ngira uwo nbisabira uruhushya cyangwa ngo nzagire uwo mbyingingira.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ariko Guverinoma y’u Rwanda byumwihariko Umukuru w’iki Gihugu, basubiza ko ibyo bisa no kurota.

Perezida Paul Kagame yavuze kenshi ko nta gishobora guturuka hanze ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda, kuko inzego z’umutekano z’u Rwanda zifite ubushobozi ntayegayezwa bwo guhangana n’icyabigerageza cyose kandi kigakumirwa kitararenga umutaru ngo cyinjire mu Rwanda.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu i Addis Ababa
Yeruriye amahanga ko ku guharanira kubaho kw’Abanyarwanda bitagira icyo bingana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + two =

Previous Post

AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu

Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.