Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

radiotv10by radiotv10
15/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko nubwo u Rwanda ari Igihugu gito kandi kidatunze ibya Mirenge, ariko ko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda, adashobora kugira uwo abisabira uruhushya. Ati “…Nibigera ku kubaho kwacu, ntuzakore ikosa.”

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 mu nama y’Inteko y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia yigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko ibibazo byo muri iki Gihugu byakomeje kuba karande, kuko inzira zo kubishakira umuti zagiye zirengagizwa, ahubwo abakabikemuye bakirirwa mu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi.

Ati “Iyo umukino wo gushinjanya, imbwirwaruhame nziza, ibinyoma, kugira ikimwaro; byari kuba ari umuti w’iki kibazo, cyakagombye kuba cyarakemutse cyera. Ntabwo twari kuba tugifite iki kibazo. Hari ahantu bavuga ibinyoma nta n’impamvu.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse kuri imwe mu mizi y’ibi bibazo, yirengagizwa, y’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bagakomereza ingengabitekerezo yayo muri DRC, ariko hakaba bamwe mu bagakwiye gutuma uyu mutwe urandurwa, bihandagaza bakavuga ko utakibaho n’abandi bumva ko ntacyo utwaye.

Ati “Ni gute FDLR itabaho mu bitekerezo bya bamwe? Cyangwa igafatwa nk’ikibazo cyoroheje? Niba ucyerensa icyo kintu, urapfobya amateka yanjye kandi rwose sinteze kubyemera. Hatitawe ku wo waba uri we wese.”

Perezida Kagame yongeye kwerurira amahanga ko mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda no guharanira kubaho kwabo, adateze kubicira bugufi, kuko ntagishobora kubisimbura.

Ati “Nta muntu ncira bugufi muri iki cyumba ngo ampe uburenganzira bwo kubaho kwanjye cyangwa kubaho kw’abantu banjye. Rwose ntawe. Nzabaho ubuzima bufatika, ubwo ni uburenganzira bwanjye. Ntakindi.”

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bahora bashinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo bya Congo, yongera kwerurira amahanga ko ntaho ruhuriye na biriya bibazo, ahubwo ko DRC yabaye nka wa mwana murizi, uhora ashaka uwo yegekaho ibibazo byayinaniye gushakira umuti.

Ati “Ni gute Congo itekereza ko ibibazo byabo byose bituruka hanze. U Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bya Congo. Dufite ibibazo byacu tugomba guhangana na byo. Congo ni nini cyane ku Rwandam ku buryo yakwikorera umutwaro wayo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko u Rwanda rushobora kuba Igihugu gito ugereranyije n’ibindi byinshi, ndetse n’amikoro yacyo akaba akiri hasi, ariko ko atari gito ku guharanira kubaho kw’abagituye cyangwa uburenganzira bwabo.

Ati “Nk’uko nabibabwiye, turi Igihugu gito, turi Igihugu gikennye, ariko iyo bigeze ku guharanira uburenganzira bwo kubaho, utazabyibeshyaho. Ntabwo ngira uwo nbisabira uruhushya cyangwa ngo nzagire uwo mbyingingira.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burangajwe imbere na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ariko Guverinoma y’u Rwanda byumwihariko Umukuru w’iki Gihugu, basubiza ko ibyo bisa no kurota.

Perezida Paul Kagame yavuze kenshi ko nta gishobora guturuka hanze ngo gihungabanye umutekano w’Abaturarwanda, kuko inzego z’umutekano z’u Rwanda zifite ubushobozi ntayegayezwa bwo guhangana n’icyabigerageza cyose kandi kigakumirwa kitararenga umutaru ngo cyinjire mu Rwanda.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu i Addis Ababa
Yeruriye amahanga ko ku guharanira kubaho kw’Abanyarwanda bitagira icyo bingana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 3 =

Previous Post

AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu

Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibisobanuro by’umukozi wo mu rugo uregwa kwica umwana yareraga amuhoye ko yiyanduje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.