Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba byabaye indwara iba igomba gushakirwa umuti.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi batatu bari mu bagize Guverinoma y’u Rwanda.

Aba bayobozi barahiye none, ni Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda na Uwimana Consolée, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango batari babashije kurahirira rimwe n’abagize Guverinoma nshya ubwo iheruka kujyaho, kuko bari mu zindi nshingano, ndetse na Yves Iradukunda uherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo.

Perezida Kagame avuga kurahira nk’uku bihoraho, ariko hari ibyo abantu bakwiye guhora bibukiranya, nko kurebera hamwe ibyatuma abantu bakora inshingano zabo neza.

Ati “Ugomba kuba wumva neza iyo nshingano n’uburemere bwayo, ubwo ni byo dukorera Abanyarwanda, dukorera Igihugu, ubwo natwe turimo, ariko ntabwo ari twe twikorera, dukora kugira ngo tugeze byinshi ku bandi, ariko iyo byinshi byagezweho ubwo na we uba urimo, ntabwo abantu bahabwa inshingano kugira ngo birebe.”

Hari kandi n’ubumenyi, abantu bakaba bafite ubumenyi bubafasha gukora inshingano zabo, ariko ko na bwo bugomba kugira icyo bujyana nab wo.

Ati “Akenshi rero bikunda kuvanga, abantu bakibwira ko iyo ufite ubumenyi biba bihagije, ntabwo ari byo, hagomba kuba harimo wa mutima ugukoresha, ukoresha ibiri inyuma y’ubwo bumenyi kugira ngo wuzuze za nshingano z’ibanze.”

Perezida Kagame avuga ko kuba umuntu yagira ubumenyi n’ubushake bidahagije, kuko iyo umuntu ashyize imbere ibyo, birangira yirebyeho, kandi aba yarashyiriweho gukorera Abanyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo izi mpanuro zivugwa kenshi, hari abakomeza kutuzuza neza inshingano zabo, ariko kandi n’ababibazwa na bo batajya babura kugaragara.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri aba batatu barahiye none, harimo babiri basanzwe bari muri izi nshingano, mu gihe undi umwe Iradukunda Yves yahinduriwe inshingano, kuko yakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, akaba yaragizwe Umunyamabanga wa Leta.

Yavuze ko Minisiteri zikoramo aba bayobozi, iy’Ingabo, iy’Ikoranabuhanga na Inovasiyo ndetse n’iy’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ziri mu by’ibanze bishyizwe imbere n’Igihugu, bityo ko abari muri izi nshingano bakwiye kumva uburemere bwazo.

Ati “Ni byo bigize ibyo dukora byinshi, hafi byose bishingiye kuri ibyo bitatu, nagira ngo nibutse abamaze kurahira ari Marizamunda, ari Uwimana, ari Iradukunda, kurahira ntabwo ari umuhango gusa, ugira utya ugahita ariko ntukurikirwe n’ibikorwa bijyana na wo.”

 

Ikosa risubiwemo kenshi riba ryabaye uburwayi

Perezida Kagame kandi yibukije aba bayobozi n’abandi bose bazisanzwemo ko bakwiye kumva ko mu mirimo no mu buzima busanzwe abantu bashobora guteshuka bagakora ikosa, ariko ko ikosa ryabaye rimwe ritagomba gusubirwamo.

Ati “Iyo usubiyemo amakosa kenshi, icyo kiba cyabaye ikindi kibazo, iba yabaye indwara igomba gushakirwa umuti mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ntabwo abantu baberaho gukora amakosa ariko bakora amakosa, ariko bakora amakosa bakayamenya, bakagira isomo bayavanamo bagatera intambwe bagana imbere.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yibukije ko abantu bashobora no kwirinda no gukora n’iryo kosa kabone n’iyo ryaba rimwe.

Ati “Abantu bashobora kubyirinda, dukwiye kubyirinda, kubera ko tuzi inyungu zabyo ko zikwiriye kuba zigera ku Banyarwanda bose.”

Perezida Kagame kandi yasabye aba bayobozi barahiye kimwe n’abasanzwe mu nshingano kumva neza iyi mirongo yo kwirinda amakosa, kandi abizeza kuzakorana na bo, ariko ko abazagaragaraho ayo makosa batazihanganirwa

Ati “Igisigaye ni ukurwana namwe n’icyaba kibarimo, ndabibwira benshi banyuze aha, ibibazo byinshi ntibituruka hanze, ibibazo byinshi ni twe biturukamo, iyo utarwanye n’ikibazo kikurimo ngo ugitsinde bihora ari urujya n’uruza ku byo nahereyeho mvuga, bigatuma bidatera umuntu umwe gusa ikibazo, ahubwo kubera ko ufite inshingano bigatera ikibazo abandi Banyarwanda cyangwa Igihugu cyose.”

Umukuru w’u Rwanda yibukije aba bayobozi ko iyo bakoze neza kandi bagakorana, umusaruro wigaragaza, ukageza ku iterambere ry’Igihugu n’abagituye bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 19 =

Previous Post

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.