Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

radiotv10by radiotv10
12/07/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu kiruhuko, anirukana abandi barenga 200 barimo ACP George Ruterana wari Umuyobozi Mukuru wa rimwe mu mashami ya RCS.

Iri zamurwa mu ntera, isezerera n’iyirukanwa, byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025.

Mu birukanywe uko ari 219, barimo ACP Dr. George Ruterana wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubuzima muri RCS.

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora, ntirwatangaje impamvu Perezida wa Repubulika yirukanye aba bakozi barwo, gusa hari impamvu ziteganywa n’ingingo ya 96 y’Iteka rya Minisitiri w’Intebe n° 009/03 ryo ku wa 09/05/2025 rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi bashinzwe igorora.

Amwe mu makosa agaragazwa n’iyi ngingo ashobora gutuma umukozi wa RCS yirukanywa, arimo guta akazi mu gihe kirenze iminsi

15; agurisha ibikoresho by’akazi cyangwa ibyo ashinzwe kurinda; agaragayeho imyifatire iganisha kuri ruswa cyangwa afite imyifatire iteye amakenga ko yakiriye ruswa ubwe cyangwa binyujijwe ku wundi kabone n’iyo inkiko zaba zitarafata ibyemezo byazo, kuba yatanze ibyangombwa bihimbano kugira ngo ahabwe akazi; kuba yiba mu kazi, ndetse  n’andi atandukanye.

 

Hari n’abazamuwe mu mapeti

Iri tangazo rya RCS kandi rigaragaza ko Perezida wa Repubulika yanazamuye mu ntera abofisiye barimo batatu bakuwe ku ipeti rya Chief Superintendent bahabwa irya Assistant Commissioner.

Hari kandi bane bakuwe ku ipeti rya Senior Superintendent bahabwa irya Chief Superintendent, abandi 11 bakuwe ku ipeti rya Superintendent bahabwa irya Senior Superintendent.

Uretse abazamuwe mu ntera n’abirukanywe, Perezida wa Repubulika yanashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo abo ku rwego rwo hejuru, nka Commissionner Jean Bosco Kabanda, ndetse n’abandi batatu bafite ipeti rya Assistant Commissioner ari bo Camille Gatete, Salim Munana Mugisha na Emmanuel Nshoza Rutayisire.

Abandi bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, harimo abofisiye bakuru 10, abofisiye bato 14, n’abandi 60 mu byiciro by’Abasuzofisiye n’abawada.

Hari kandi abandi bakozi ba RCS umunani basubijwe mu buzima busanzwe, mu gihe abandi babiri basezerewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Next Post

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.