Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

radiotv10by radiotv10
12/07/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu kiruhuko, anirukana abandi barenga 200 barimo ACP George Ruterana wari Umuyobozi Mukuru wa rimwe mu mashami ya RCS.

Iri zamurwa mu ntera, isezerera n’iyirukanwa, byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025.

Mu birukanywe uko ari 219, barimo ACP Dr. George Ruterana wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubuzima muri RCS.

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora, ntirwatangaje impamvu Perezida wa Repubulika yirukanye aba bakozi barwo, gusa hari impamvu ziteganywa n’ingingo ya 96 y’Iteka rya Minisitiri w’Intebe n° 009/03 ryo ku wa 09/05/2025 rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi bashinzwe igorora.

Amwe mu makosa agaragazwa n’iyi ngingo ashobora gutuma umukozi wa RCS yirukanywa, arimo guta akazi mu gihe kirenze iminsi

15; agurisha ibikoresho by’akazi cyangwa ibyo ashinzwe kurinda; agaragayeho imyifatire iganisha kuri ruswa cyangwa afite imyifatire iteye amakenga ko yakiriye ruswa ubwe cyangwa binyujijwe ku wundi kabone n’iyo inkiko zaba zitarafata ibyemezo byazo, kuba yatanze ibyangombwa bihimbano kugira ngo ahabwe akazi; kuba yiba mu kazi, ndetse  n’andi atandukanye.

 

Hari n’abazamuwe mu mapeti

Iri tangazo rya RCS kandi rigaragaza ko Perezida wa Repubulika yanazamuye mu ntera abofisiye barimo batatu bakuwe ku ipeti rya Chief Superintendent bahabwa irya Assistant Commissioner.

Hari kandi bane bakuwe ku ipeti rya Senior Superintendent bahabwa irya Chief Superintendent, abandi 11 bakuwe ku ipeti rya Superintendent bahabwa irya Senior Superintendent.

Uretse abazamuwe mu ntera n’abirukanywe, Perezida wa Repubulika yanashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo abo ku rwego rwo hejuru, nka Commissionner Jean Bosco Kabanda, ndetse n’abandi batatu bafite ipeti rya Assistant Commissioner ari bo Camille Gatete, Salim Munana Mugisha na Emmanuel Nshoza Rutayisire.

Abandi bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, harimo abofisiye bakuru 10, abofisiye bato 14, n’abandi 60 mu byiciro by’Abasuzofisiye n’abawada.

Hari kandi abandi bakozi ba RCS umunani basubijwe mu buzima busanzwe, mu gihe abandi babiri basezerewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − three =

Previous Post

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Next Post

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.