Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye igitaramo ‘Kwita Izina Gala Night’ cyaririmbyemo abahanzi bakomeye muri Afurika nka Youssou N’Dour na Sauti Sol yajemo itunguranye ikaririmba indirimbo ‘Nerea’ igaruka ku banyabigwi barimo Perezida Kagame.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 04 Nzeri 2022, cyabereye mu nyubako yakira ibirori n’inama ya ‘Intare Conference Arena’ iherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Iki gitaramo kandi kitabiriwe n’abanyacyubahiro n’ibyamamare banitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi wabaye ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022.

Muri ibi byamamare, harimo rurangiranwa muri ruhago, Didier Drogba wanise izina umwana umwe w’Ingagi muri 20 biswe, aho yamuhaye izina rya ‘Ishami’.

Iki gitaramo kandi cyagaragayemo Dr. Evan Antin usanzwe ari umwe mu nzobere zikurikirana ubuzima bw’amatungo akaba anakora ibiganiro by’inyamaswa.

Iki gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi w’ikirangirire muri Africa, Youssou N’Dour wari unategerejwe na benshi muri iki gitaramo.

Itsinda ry’Abanyakenya rya Sauti Sol ryatunguranye muri iki gitaramo, ryaje ku rubyiniro, riririmba indirimbo yaryo yamamaye izwi nka Nerea igaruka ku banyabigwi bakomeye muri Afurika no ku Isi, barimo Perezida Paul Kagame.

Aba banyakenya, na bo banise umwana umwe w’Ingagi ku wa Gatanu, nubundi baririmbye agace gato k’iyi ndirimbo, muri iki gitaramo cyabaye kuri iki Cyumweru, bavuze ko bishimiye kuririmba iyi ndirimo birebera amaso ku maso Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iki gitaramo kandi cyanaririmbyemo abahanzi nyarwanda barimo Ruti Joel umenyerewe mu ndirimbo zo mu njyana ya gakondo.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye iki gitaramo
Youssou N’Dour yasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo kitabiriwe kandi na Didier Drogba
Dr. Evan Antin na we yari muri iki gitaramo
Na Moses Turahirwa na we wise umwana w’Ingagi mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Nyuma yuko FARDC itawe ku rugamba na FDLR, undi mutwe wayifashaga wakuyemo akawo karenge

Next Post

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda zananiwe kwikiranura
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda zananiwe kwikiranura

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n'impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda zananiwe kwikiranura

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.