Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye igitaramo ‘Kwita Izina Gala Night’ cyaririmbyemo abahanzi bakomeye muri Afurika nka Youssou N’Dour na Sauti Sol yajemo itunguranye ikaririmba indirimbo ‘Nerea’ igaruka ku banyabigwi barimo Perezida Kagame.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 04 Nzeri 2022, cyabereye mu nyubako yakira ibirori n’inama ya ‘Intare Conference Arena’ iherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Iki gitaramo kandi kitabiriwe n’abanyacyubahiro n’ibyamamare banitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi wabaye ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022.

Muri ibi byamamare, harimo rurangiranwa muri ruhago, Didier Drogba wanise izina umwana umwe w’Ingagi muri 20 biswe, aho yamuhaye izina rya ‘Ishami’.

Iki gitaramo kandi cyagaragayemo Dr. Evan Antin usanzwe ari umwe mu nzobere zikurikirana ubuzima bw’amatungo akaba anakora ibiganiro by’inyamaswa.

Iki gitaramo cyaririmbyemo umuhanzi w’ikirangirire muri Africa, Youssou N’Dour wari unategerejwe na benshi muri iki gitaramo.

Itsinda ry’Abanyakenya rya Sauti Sol ryatunguranye muri iki gitaramo, ryaje ku rubyiniro, riririmba indirimbo yaryo yamamaye izwi nka Nerea igaruka ku banyabigwi bakomeye muri Afurika no ku Isi, barimo Perezida Paul Kagame.

Aba banyakenya, na bo banise umwana umwe w’Ingagi ku wa Gatanu, nubundi baririmbye agace gato k’iyi ndirimbo, muri iki gitaramo cyabaye kuri iki Cyumweru, bavuze ko bishimiye kuririmba iyi ndirimo birebera amaso ku maso Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iki gitaramo kandi cyanaririmbyemo abahanzi nyarwanda barimo Ruti Joel umenyerewe mu ndirimbo zo mu njyana ya gakondo.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye iki gitaramo
Youssou N’Dour yasusurukije abitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo kitabiriwe kandi na Didier Drogba
Dr. Evan Antin na we yari muri iki gitaramo
Na Moses Turahirwa na we wise umwana w’Ingagi mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Nyuma yuko FARDC itawe ku rugamba na FDLR, undi mutwe wayifashaga wakuyemo akawo karenge

Next Post

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n'impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.