Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Domitilla Mukantaganzwa yarahiye

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yasezeranyije Abanyarwanda n’Abaturarwanda ubutabera buboneye kandi butanzwe mu gihe gikwiye, anizeza Umukuru w’Igihugu kuzasohoza ubutumwa bw’inshingano yamuhaye mu nyungu rusange z’Abanyarwanda.

Ni mu ijambo Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukuboza 2024 nyuma yo kurahirira izi nshingano, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame.

Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko we na mugenzi we Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Alphonse Hitiyaremye bumva neza inshingano bahawe kandi ko biteguye kuzuzuza uko bikwiye, baharanira inyunga rusange nk’uko babirahiriye.

Ati “Tuzaharanira guha Abanyarwanda n’Abaturarwanda ubutabera buboneye kandi butanzwe mu gihe gikwiye, dore ko ubutabera butinze bufatwa nk’ubutatanzwe.”

Yavuze kandi ko bazakomeza guharanira ko ubutabera n’Ubucamanza by’u Rwanda, birushaho kugirirwa icyizere n’Abaturarwanda ndetse n’amahanga.

Yagarutse ku mateka y’urwego rw’Ubucamanza, avuga ko rwakomeje kwiyubaka kimwe n’izindi nzego zinyuranye nyuma ya Jenoside yakorwwe Abatutsi, ariko ko byagize imbaraga cyane kuva muri 2003 ubwo rwavugururwaga.

Ati “Hari byinshi byakozwe ariko hari n’ibindi bigikeneye kunozwa, kugira ngo imikorere yarwo igere ku rwego rwifuzwa kandi inyure abarugana.”

Izi ntego kandi ni na zo zari zishyizwe imbere n’abo basimbuye, ku buryo kubakorera mu ngata, bizaborohera, ndetse bagakomereza mu murongo mwiza.

Ati “Turabizeza gukomereza aho abo dushimbuye bari bagejeje mu bufatanye no kujya inama n’izindi nzego, tuzirikana amahitamo Abanyarwanda bakoze nk’uko mudahwema kuyatwibutsa duharanira ko ubudakemwa, kubazwa inshingano no gukora umurimo unoze, bishinga imizi byose mu nyungu z’ubutabera bubereye u Rwanda twifuza.”

Domitilla Mukantaganzwa warahiriye izi nshingano zo kuba Perezida w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda, yari amaze imyaka itanu ari Perezida wa Komisiyo yo kuvugurura amategeko, akaba afite ubunararibonye bw’imyaka 30 mu bijyanye n’amategeko n’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Amakuru agezweho k’uwari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon wari umaze amezi atatu akora kandi yarasezeye

Next Post

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.