Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Domitilla Mukantaganzwa yarahiye

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yasezeranyije Abanyarwanda n’Abaturarwanda ubutabera buboneye kandi butanzwe mu gihe gikwiye, anizeza Umukuru w’Igihugu kuzasohoza ubutumwa bw’inshingano yamuhaye mu nyungu rusange z’Abanyarwanda.

Ni mu ijambo Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukuboza 2024 nyuma yo kurahirira izi nshingano, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame.

Mukantaganzwa Domitilla yavuze ko we na mugenzi we Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Alphonse Hitiyaremye bumva neza inshingano bahawe kandi ko biteguye kuzuzuza uko bikwiye, baharanira inyunga rusange nk’uko babirahiriye.

Ati “Tuzaharanira guha Abanyarwanda n’Abaturarwanda ubutabera buboneye kandi butanzwe mu gihe gikwiye, dore ko ubutabera butinze bufatwa nk’ubutatanzwe.”

Yavuze kandi ko bazakomeza guharanira ko ubutabera n’Ubucamanza by’u Rwanda, birushaho kugirirwa icyizere n’Abaturarwanda ndetse n’amahanga.

Yagarutse ku mateka y’urwego rw’Ubucamanza, avuga ko rwakomeje kwiyubaka kimwe n’izindi nzego zinyuranye nyuma ya Jenoside yakorwwe Abatutsi, ariko ko byagize imbaraga cyane kuva muri 2003 ubwo rwavugururwaga.

Ati “Hari byinshi byakozwe ariko hari n’ibindi bigikeneye kunozwa, kugira ngo imikorere yarwo igere ku rwego rwifuzwa kandi inyure abarugana.”

Izi ntego kandi ni na zo zari zishyizwe imbere n’abo basimbuye, ku buryo kubakorera mu ngata, bizaborohera, ndetse bagakomereza mu murongo mwiza.

Ati “Turabizeza gukomereza aho abo dushimbuye bari bagejeje mu bufatanye no kujya inama n’izindi nzego, tuzirikana amahitamo Abanyarwanda bakoze nk’uko mudahwema kuyatwibutsa duharanira ko ubudakemwa, kubazwa inshingano no gukora umurimo unoze, bishinga imizi byose mu nyungu z’ubutabera bubereye u Rwanda twifuza.”

Domitilla Mukantaganzwa warahiriye izi nshingano zo kuba Perezida w’Urukiko rusumba izindi mu Rwanda, yari amaze imyaka itanu ari Perezida wa Komisiyo yo kuvugurura amategeko, akaba afite ubunararibonye bw’imyaka 30 mu bijyanye n’amategeko n’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho k’uwari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon wari umaze amezi atatu akora kandi yarasezeye

Next Post

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.