Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi gutangira kubaka inzu zigeretse zo guturamo kugira ngo haboneke ubuso bw’ubutaka buhagije bwo guhingaho no kororeraho.

Ndayishimiye Evariste yabivuze ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje ubwo yitabiraga umuganda wo kubaka isoko rya kijyambere rya Rubirizi.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yavuze ko Abarundi bakwiye gutangira gukoresha ubuhanga buhanitse bugamije kongera ubuso bwo guhingaho no kororeraho. Ati “Kugira ngo tubone ibyo kurya tubone n’ibyo dushora hanyuma tubone n’aho kuba.”

Yagaragarije Abarundi ko inzira banyuramo kugira ngo iyi ntego bayigereho ari ugushaka uburyo batura ku buso buto bakubaka inzu zigeretse.

Ati “Nkubu mwatangira gutekereza muti ‘burya ntibishoboka ko muri are enye haba imiryango mirongo itanu’ kugira ngo tubone bwa buso buzadutunga tukabaho tukazabona ibizadutunga.”

Yakomeje avuga ko nka Hegitari imwe yakubakwamo inzu zishobora guturamo imiryango ibihumbi bitanu. Ati “Mugatangira kubaka amagorofa, mujya hejuru kugira ngo za hegitari zindi zibe izo guhingamo ibyo murya.”

Avuga ko uretse kuba uyu muti uzatuma Abarundi babona ubuso bwagutse bwo guhingaho, uzanatuma baba mu nzu nziza zinagaragara neza kandi bakabasha no kugerwaho n’ibikorwa remezo mu buryo bworoshye.

Yakomeje atanga urugero ati “Buriya turamutse dufashe ziriya nzu zo kuva mu mujyi wa Bujumbura kugera hariya i Bugarama tukazifatanya zose ari amataje afite amagorofa icumi icumi, aha mu Ntara ya Bujumbura mwese ntimwahaba?”

Avuga kandi ko ibi byatuma abantu bose babona aho kuba ku buryo n’abatagiraga amacumbi bayabona ndetse bakabaho neza.

Iyi gahunda yo gutura mu magorofa, igeze kure mu Rwanda byumwihariko mu macumbi yubakirwa abatishoboye, akunze kubakwa mu buryo bw’inzu zigeretse, byose bigamije gucunga neza ubutaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Igihano cyahawe abishe umugabo barimo n’umugore we bakamuca umutwe bakawujugunya mu mugezi cyamenyekanye

Next Post

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Related Posts

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.