Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye arifuza ko Abarundi batangira gutura mu mataje ahandi hagahingwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi gutangira kubaka inzu zigeretse zo guturamo kugira ngo haboneke ubuso bw’ubutaka buhagije bwo guhingaho no kororeraho.

Ndayishimiye Evariste yabivuze ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje ubwo yitabiraga umuganda wo kubaka isoko rya kijyambere rya Rubirizi.

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yavuze ko Abarundi bakwiye gutangira gukoresha ubuhanga buhanitse bugamije kongera ubuso bwo guhingaho no kororeraho. Ati “Kugira ngo tubone ibyo kurya tubone n’ibyo dushora hanyuma tubone n’aho kuba.”

Yagaragarije Abarundi ko inzira banyuramo kugira ngo iyi ntego bayigereho ari ugushaka uburyo batura ku buso buto bakubaka inzu zigeretse.

Ati “Nkubu mwatangira gutekereza muti ‘burya ntibishoboka ko muri are enye haba imiryango mirongo itanu’ kugira ngo tubone bwa buso buzadutunga tukabaho tukazabona ibizadutunga.”

Yakomeje avuga ko nka Hegitari imwe yakubakwamo inzu zishobora guturamo imiryango ibihumbi bitanu. Ati “Mugatangira kubaka amagorofa, mujya hejuru kugira ngo za hegitari zindi zibe izo guhingamo ibyo murya.”

Avuga ko uretse kuba uyu muti uzatuma Abarundi babona ubuso bwagutse bwo guhingaho, uzanatuma baba mu nzu nziza zinagaragara neza kandi bakabasha no kugerwaho n’ibikorwa remezo mu buryo bworoshye.

Yakomeje atanga urugero ati “Buriya turamutse dufashe ziriya nzu zo kuva mu mujyi wa Bujumbura kugera hariya i Bugarama tukazifatanya zose ari amataje afite amagorofa icumi icumi, aha mu Ntara ya Bujumbura mwese ntimwahaba?”

Avuga kandi ko ibi byatuma abantu bose babona aho kuba ku buryo n’abatagiraga amacumbi bayabona ndetse bakabaho neza.

Iyi gahunda yo gutura mu magorofa, igeze kure mu Rwanda byumwihariko mu macumbi yubakirwa abatishoboye, akunze kubakwa mu buryo bw’inzu zigeretse, byose bigamije gucunga neza ubutaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Igihano cyahawe abishe umugabo barimo n’umugore we bakamuca umutwe bakawujugunya mu mugezi cyamenyekanye

Next Post

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Uzajya agura ibicuruzwa ntiyake EBM akabifatanwa azajya abyakwa bitezwe cyamunara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.