Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

radiotv10by radiotv10
16/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wasanzwe mu modoka yapfuye.

Urupfu rwa Gabby Bugaga rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ubwo basangaga imodoka ye mu murima, na we yapfuye yicaye kuri volat.

Ni urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi, aho ibitangazamakuru binyuranye mu Burundi, bivuga ko icyamuhitanye kikiri urujijo nubwo hakekwa impanuka.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Kane, yagaragaje agahinda atewe n’urupfu rw’uyu wari umwe mu bagize Guverinoma y’Igihugu cye.

Yagize ati “Turababajwe cyane n’inkuru y’urupfu giturumbuka rw’umushikiranganji wo kumenyesha amakuru n’ibimenyeshamakuru, umushingantahe Gabby Bugaga.”

Ndayishimiye kandi yaboneyeho kwihanganisa umuryango wa nyakwigendera ndetse n’Abarundi bose ku bwo kubura uyu munyapolitiki yari yarahaye inshingano umwaka ushize wa 2025.

Perezida Evariste Ndayishimiye yakomeje agira ati “Imana imwakire, imuhembere ubutwari, umwete n’ubwira myamuranze mu mirimo yose yo gukorera Igihugu.”

Uyu munyapolitiki wanabaye Umunyamakuru, yasanzwe mu gace ka Rubirizi ko mu nkengero za Bujumbura gasanzwe kabarizwamo ibikorwa birimo ibiro by’amashami y’Umuryango w’Abibumbye.

Abanyapolitiki barimo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, bakomeje kwibaza ku rupfu rw’uyu wari muri Guverinoma y’iki Gihugu, bavuga ko rudasobanutse, bagakeka ko haba hari ikindi kirwihishe inyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 3 =

Previous Post

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

Related Posts

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Évariste NDAYISHIMIYE w’u Burundi, yerecyeje muri Congo-Brazzaville mu muhango w’irahira rya Denis Sassou N'Guesso, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame...

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

by radiotv10
16/04/2026
0

Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wanabaye umunyamakuru, yitabye Imana bikekwa ko yazize impanuka nyuma yo gusanga imodoka ye mu...

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yayoboye imyitozo y’abagize Inteko Ishinga Amategeko yo kubigisha kurasa, na we agaragaza ubuhanga bwe,...

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

BREAKING: Umunyapolitiki ufite izina rikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yakatiwe igifungo

by radiotv10
16/04/2026
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi muri Afurika y'Epfo, Julius Malema yakatiwe igifungo cy'imyaka itanu kuwa kane kubera kurasa imbunda mu kirere...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Mu biganiro bimaze iminsi bibera mu Busuwisi, Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashyize umukono ku...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

16/04/2026
Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.