Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko ababajwe cyane n’urupfu rwa Gabby Bugaga wari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, wasanzwe mu modoka yapfuye.
Urupfu rwa Gabby Bugaga rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ubwo basangaga imodoka ye mu murima, na we yapfuye yicaye kuri volat.
Ni urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi, aho ibitangazamakuru binyuranye mu Burundi, bivuga ko icyamuhitanye kikiri urujijo nubwo hakekwa impanuka.
Perezida Evariste Ndayishimiye, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Kane, yagaragaje agahinda atewe n’urupfu rw’uyu wari umwe mu bagize Guverinoma y’Igihugu cye.
Yagize ati “Turababajwe cyane n’inkuru y’urupfu giturumbuka rw’umushikiranganji wo kumenyesha amakuru n’ibimenyeshamakuru, umushingantahe Gabby Bugaga.”
Ndayishimiye kandi yaboneyeho kwihanganisa umuryango wa nyakwigendera ndetse n’Abarundi bose ku bwo kubura uyu munyapolitiki yari yarahaye inshingano umwaka ushize wa 2025.
Perezida Evariste Ndayishimiye yakomeje agira ati “Imana imwakire, imuhembere ubutwari, umwete n’ubwira myamuranze mu mirimo yose yo gukorera Igihugu.”
Uyu munyapolitiki wanabaye Umunyamakuru, yasanzwe mu gace ka Rubirizi ko mu nkengero za Bujumbura gasanzwe kabarizwamo ibikorwa birimo ibiro by’amashami y’Umuryango w’Abibumbye.
Abanyapolitiki barimo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi, bakomeje kwibaza ku rupfu rw’uyu wari muri Guverinoma y’iki Gihugu, bavuga ko rudasobanutse, bagakeka ko haba hari ikindi kirwihishe inyuma.
RADIOTV10









