Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare ba MONUSCO barashe abantu ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, baranengerwa iki gikorwa bakoze, ndetse ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa LONI bukaba bwahise butangira iperereza.

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022 nk’uko byemejwe na Bintou Keita, ntuma Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Mu itangazo yashyize hanz ekuri iki Cyumweru, yavuze ko yababajwe bikomeye n’iki gikorwa cyabereye i Kasindi aho “abasirikare b’ingabo za MONUSCO bari bavuye mu kiruhuko barashe urufaya ry’amasasu ku biro byo ku mupaka ku mpamvu itaramenyekana ubundi bagatambuka.”

Iri tangazo rivuga ko iki gikorwa cyatumye bamwe bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka nubwo nta mibare MONUSCO yatanze ariko hari amakuru avuga ko abahise bitaba Imana ari abantu babiri mu gihe abakomeretse ari 10.

Keita yakomeje agira ati “Hakurikijwe iyi myitwarire idakwiye kandi idahuye n’inshingano, ababikoze bamenyekanye ndetse bahita batabwa muri yombi, hakaba hategerejwe umwanzuro w’ibizava mu iperereza ryahise ritangira gukorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Congo.”

Iki gikorwa cyakozwe n’aba basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, gikomeje kunengwa aho Perezida Ndayishimiye Evariste w’u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko acyamaganye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twiter, Perezida Ndayishimiye yavuze ko akomeje gukurikira ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ko “tubabajwe cyane n’igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru i Kasindi cyakozwe na bamwe mu basirikare ba MONUSCO cyagizeho ingaruka benshi. Twihanganishije cyane Guverinoma ya Congo ndetse n’imiryango yabuze abayo.”

Nous suivons de près la situation qui prévaut en RDC et nous condamnons fermement l’incident survenu ce dimanche à Kasindi impliquant des éléments de la @MONUSCO et qui a fait de nombreuses victimes. Nos condoléances attristées au Gouvernement Congolais et aux familles éprouvées.

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) July 31, 2022

Iki gikorwa cyabaye mu gihe muri iki cyumweru cyaraye kirangiye mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yakozwe n’abaturage bavuga ko ntacyo yabamariye bayisaba kuva mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo na yo yagaragayemo ibikorwa by’urugomo kuko bamwe mu baturage bayitabiriye bigabije ibirindiro bya MONUSCO bakabimena, bakanasahura ibikoresho byarimo.

Iyi myigaragambyo kandi na yo yaguyemo abantu bagera muri 20 barimo batatu bo ku ruhande rwa MONUSCO barimo Umusirikare umwe n’abapolisi babiri.

MONUSCO yavugwagaho kuba nubundi yararashe mu baturage bigaragambya, yari yabihakanye ahubwo itangaza ko hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hazamenyekane ahaturutse amasasu yahitanye bamwe mu baturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 16 =

Previous Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Next Post

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Related Posts

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

28/11/2025
Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.