Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare ba MONUSCO barashe abantu ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, baranengerwa iki gikorwa bakoze, ndetse ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa LONI bukaba bwahise butangira iperereza.

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022 nk’uko byemejwe na Bintou Keita, ntuma Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Mu itangazo yashyize hanz ekuri iki Cyumweru, yavuze ko yababajwe bikomeye n’iki gikorwa cyabereye i Kasindi aho “abasirikare b’ingabo za MONUSCO bari bavuye mu kiruhuko barashe urufaya ry’amasasu ku biro byo ku mupaka ku mpamvu itaramenyekana ubundi bagatambuka.”

Iri tangazo rivuga ko iki gikorwa cyatumye bamwe bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka nubwo nta mibare MONUSCO yatanze ariko hari amakuru avuga ko abahise bitaba Imana ari abantu babiri mu gihe abakomeretse ari 10.

Keita yakomeje agira ati “Hakurikijwe iyi myitwarire idakwiye kandi idahuye n’inshingano, ababikoze bamenyekanye ndetse bahita batabwa muri yombi, hakaba hategerejwe umwanzuro w’ibizava mu iperereza ryahise ritangira gukorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Congo.”

Iki gikorwa cyakozwe n’aba basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, gikomeje kunengwa aho Perezida Ndayishimiye Evariste w’u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko acyamaganye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twiter, Perezida Ndayishimiye yavuze ko akomeje gukurikira ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ko “tubabajwe cyane n’igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru i Kasindi cyakozwe na bamwe mu basirikare ba MONUSCO cyagizeho ingaruka benshi. Twihanganishije cyane Guverinoma ya Congo ndetse n’imiryango yabuze abayo.”

Nous suivons de près la situation qui prévaut en RDC et nous condamnons fermement l’incident survenu ce dimanche à Kasindi impliquant des éléments de la @MONUSCO et qui a fait de nombreuses victimes. Nos condoléances attristées au Gouvernement Congolais et aux familles éprouvées.

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) July 31, 2022

Iki gikorwa cyabaye mu gihe muri iki cyumweru cyaraye kirangiye mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yakozwe n’abaturage bavuga ko ntacyo yabamariye bayisaba kuva mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo na yo yagaragayemo ibikorwa by’urugomo kuko bamwe mu baturage bayitabiriye bigabije ibirindiro bya MONUSCO bakabimena, bakanasahura ibikoresho byarimo.

Iyi myigaragambyo kandi na yo yaguyemo abantu bagera muri 20 barimo batatu bo ku ruhande rwa MONUSCO barimo Umusirikare umwe n’abapolisi babiri.

MONUSCO yavugwagaho kuba nubundi yararashe mu baturage bigaragambya, yari yabihakanye ahubwo itangaza ko hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hazamenyekane ahaturutse amasasu yahitanye bamwe mu baturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Next Post

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.