Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yanenze Abasirikare ba MONUSCO barashe urufaya rw’amasasu mu baturage bamwe bakahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare ba MONUSCO barashe abantu ku mupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, baranengerwa iki gikorwa bakoze, ndetse ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa LONI bukaba bwahise butangira iperereza.

Iki gikorwa cyabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 31 Nyakanga 2022 nk’uko byemejwe na Bintou Keita, ntuma Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Mu itangazo yashyize hanz ekuri iki Cyumweru, yavuze ko yababajwe bikomeye n’iki gikorwa cyabereye i Kasindi aho “abasirikare b’ingabo za MONUSCO bari bavuye mu kiruhuko barashe urufaya ry’amasasu ku biro byo ku mupaka ku mpamvu itaramenyekana ubundi bagatambuka.”

Iri tangazo rivuga ko iki gikorwa cyatumye bamwe bahasiga ubuzima, abandi bagakomereka nubwo nta mibare MONUSCO yatanze ariko hari amakuru avuga ko abahise bitaba Imana ari abantu babiri mu gihe abakomeretse ari 10.

Keita yakomeje agira ati “Hakurikijwe iyi myitwarire idakwiye kandi idahuye n’inshingano, ababikoze bamenyekanye ndetse bahita batabwa muri yombi, hakaba hategerejwe umwanzuro w’ibizava mu iperereza ryahise ritangira gukorwa ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Congo.”

Iki gikorwa cyakozwe n’aba basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, gikomeje kunengwa aho Perezida Ndayishimiye Evariste w’u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatangaje ko acyamaganye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twiter, Perezida Ndayishimiye yavuze ko akomeje gukurikira ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ko “tubabajwe cyane n’igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru i Kasindi cyakozwe na bamwe mu basirikare ba MONUSCO cyagizeho ingaruka benshi. Twihanganishije cyane Guverinoma ya Congo ndetse n’imiryango yabuze abayo.”

Nous suivons de près la situation qui prévaut en RDC et nous condamnons fermement l’incident survenu ce dimanche à Kasindi impliquant des éléments de la @MONUSCO et qui a fait de nombreuses victimes. Nos condoléances attristées au Gouvernement Congolais et aux familles éprouvées.

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) July 31, 2022

Iki gikorwa cyabaye mu gihe muri iki cyumweru cyaraye kirangiye mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yakozwe n’abaturage bavuga ko ntacyo yabamariye bayisaba kuva mu Gihugu cyabo.

Ni imyigaragambyo na yo yagaragayemo ibikorwa by’urugomo kuko bamwe mu baturage bayitabiriye bigabije ibirindiro bya MONUSCO bakabimena, bakanasahura ibikoresho byarimo.

Iyi myigaragambyo kandi na yo yaguyemo abantu bagera muri 20 barimo batatu bo ku ruhande rwa MONUSCO barimo Umusirikare umwe n’abapolisi babiri.

MONUSCO yavugwagaho kuba nubundi yararashe mu baturage bigaragambya, yari yabihakanye ahubwo itangaza ko hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hazamenyekane ahaturutse amasasu yahitanye bamwe mu baturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − five =

Previous Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Next Post

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Jacques Tuyisenge wavuye nabi muri APR yamaze gusinyira indi kipe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.