Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Etincelles FC yasaga n’aho icecetse ku isoko ry’abakinnyi ugereranyije n’andi makipe, yo mu cyiro cya mbere muri shampiona hano mu Rwanda. Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, nibwo yerekanye ko nayo yiteguye umwaka utaha maze isinyisha abakinnyi 5 icyarimwe, harimo 2 yakuye mu ikipe ya Musanze FC, umwe muri DC Virunga, umwe muri As Muhanga ndetse n’undi bakuye mu Magaju FC.

Muri abo bakinnyi ikipe ya Etincelles yasinyishije, hari Saleh Nyirinkindi ukina asatira wari umaze iminsi atandukanye na Musanze FC akaba yasinye imyaka 2, Amani Rutayisire bakuye muri As Muhanga akaba akina inyuma yugarira ku ruhande rw’ibumoso, we akaba yasinye imyaka itatu.

Izindi Nkuru

Maurice wakiniraga Musanze FC

Hari kandi Claude Ndayishimiye ukina inyuma yugarira ku ruhande rw’iburyo, akaba yarahoze akinira Les Lierres yo mu Burundi ubu akaba yari mu ikipe y’Amagaju, we yasinye imyka 3, Uzayisenga Maurice, uyu musore akaba ashobora gukina imyanya irenze umwe mu kibuga kuko akina nka nimero 6 cyangwa 8, akaba yasinye imyaka 2 ndetse na rutahizamu Jurence Butu Lukenayo, we bakuye mu ikipe ya DC Virunga.

Nyuma yo gusinyisha abo bakinnyi, ikipe ya Etincelles yongeye kugirira ikizere Radjab Bizumuremyi, nk’umutoza wayo mukuru aho yamuhaye amasezerano y’umwaka umwe.

Etincelles yasoje ku mwanya wa 11 n’amanota 34 ku rutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Biteganyijwe ko shampiyona y’umwaka utaha izatangira tariki ya 19 kanama 2022.

Abandi bakinnyi basinyiye Etincelles barimo n’umutoza wongereye amasezerano 

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru