Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, yasabye bagenzi be bo mu Bihugu bya Afurika kumva ko bakwiriye guca ikoreshwa ry’idolari kuri uyu Mugabane, mu gihe inzego z’ubukungu z’u Rwanda zo zeherutse kugaragaza ko guca iri faranga biri kure.

Ruto yavuze ko ikoreshwa ry’idolari rikwiye gusimbuzwa uburyo buzwi nka Pan-African Payment and Settlement System bwo kwishyurana bwashyizweho muri 2022.

Ibi yabigarutseho mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yari yitabiriye inama yiga ku Isoko Rusange rya Afrika, yabereye i Nairobi muri Kenya.

Perezida Ruto yavuze ko Abanyafurika bakigorwa no kwishyurana hagati yabo bitewe n’imikorere itanoze, ashimangira ko bakwiye kugira uburyo bwabo bwo kwishyurana, ariko idolari rikava mu nzira.

Gusa inzego z’ubukungu bwo mu Rwanda, zibibona ukundi. Banki Nkuru y’Igihugu iherutse kuvuga ko idateganya kureka iri dorali, kuko rikoreshwa n’abafatanyabikorwa benshi b’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aherutse kuvuga ko hari Ibihugu byavuze ko bigiye guca idolari.

Icyo gihe yari yagize ati “Tubona mu binyamakuru bavuga ko ibihugu bya Brazi, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo biri hafi kuzana ifaranga rikoreshwa mu bucuruzi mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi, bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana.

Ati “Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ubushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, kandi abo bose baracyakoresha idorali. Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga.”

Yakomeje avuga ko Isoko rusange Nyafurika hari icyo rishobora kuzakora kuri iyi ngingo ario ko n’ubundi bisaba imbaraga nyinshi.

Ati “Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibihugu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko kandi haracyari urugendo rurerure ku buryo navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Mu gihe ibihugu bya Afurika byakwemeranya guca ikoreshwa by’idorali, byaba byiyunze ku bindi Bihugu byafashe icyemezo nk’iki birimo u Bushinwa, u Burusiya, Brazil, u Buhinde, na Afurika y’Epfo, byibumbiye mu muryango byise BRICS.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 4 =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi y’u Burusiya yahishuye amakuru mashya ku mushinga uremereye uzakorerwa i Burundi

Next Post

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk'agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.