Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Ruto yagaragaje ingingo ibonwa ukundi n’inzego z’ubukungu mu Rwanda ku bijyanye n’Idolari
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, yasabye bagenzi be bo mu Bihugu bya Afurika kumva ko bakwiriye guca ikoreshwa ry’idolari kuri uyu Mugabane, mu gihe inzego z’ubukungu z’u Rwanda zo zeherutse kugaragaza ko guca iri faranga biri kure.

Ruto yavuze ko ikoreshwa ry’idolari rikwiye gusimbuzwa uburyo buzwi nka Pan-African Payment and Settlement System bwo kwishyurana bwashyizweho muri 2022.

Ibi yabigarutseho mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yari yitabiriye inama yiga ku Isoko Rusange rya Afrika, yabereye i Nairobi muri Kenya.

Perezida Ruto yavuze ko Abanyafurika bakigorwa no kwishyurana hagati yabo bitewe n’imikorere itanoze, ashimangira ko bakwiye kugira uburyo bwabo bwo kwishyurana, ariko idolari rikava mu nzira.

Gusa inzego z’ubukungu bwo mu Rwanda, zibibona ukundi. Banki Nkuru y’Igihugu iherutse kuvuga ko idateganya kureka iri dorali, kuko rikoreshwa n’abafatanyabikorwa benshi b’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aherutse kuvuga ko hari Ibihugu byavuze ko bigiye guca idolari.

Icyo gihe yari yagize ati “Tubona mu binyamakuru bavuga ko ibihugu bya Brazi, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo biri hafi kuzana ifaranga rikoreshwa mu bucuruzi mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo Igihugu gifate umwanzuro wo guhindura ifaranga gikoresha muri ubwo bucuruzi, bisaba ko kibanza no kureba abafatanyabikorwa basanzwe bakorana.

Ati “Twebwe iyo turebye abafatanyabikorwa batatu b’ibanze b’u Rwanda mu bucuruzi; barimo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ubushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, kandi abo bose baracyakoresha idorali. Ku ruhande rw’u Rwanda haracyari kare kuvuga ko dushobora gukoresha irindi faranga.”

Yakomeje avuga ko Isoko rusange Nyafurika hari icyo rishobora kuzakora kuri iyi ngingo ario ko n’ubundi bisaba imbaraga nyinshi.

Ati “Isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika na ryo rifite umugambi wo gufasha Ibihugu gukora ubucuruzi mu mafaranga y’Ibihugu byabo. Ariko kandi haracyari urugendo rurerure ku buryo navuga ko hakiri kare kuvuga ko u Rwanda cyangwa Afurika bashobora kwigobotora idorali.”

Mu gihe ibihugu bya Afurika byakwemeranya guca ikoreshwa by’idorali, byaba byiyunze ku bindi Bihugu byafashe icyemezo nk’iki birimo u Bushinwa, u Burusiya, Brazil, u Buhinde, na Afurika y’Epfo, byibumbiye mu muryango byise BRICS.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 8 =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi y’u Burusiya yahishuye amakuru mashya ku mushinga uremereye uzakorerwa i Burundi

Next Post

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye
AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk’agahomamunwa

Uwimenyerezaga ubwarimu aravugwaho ibyumvikana nk'agahomamunwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.