Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Luanda muri Angola aho aza guhurira na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda bakagirana ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi ari bwo yageze i Luanda.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRCongo, buvuga ko Tshisekedi yitabiriye ibiganiro bimuhuza na bagenzi be babiri; Perezida João Lourenço wa Angola ndetse na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Ibiro by’umukuru wa DRC, bigaragaza ko ibi biganiro bigiye guhuza Abakuru b’Ibihugu bitanga icyizere aho Perezida João Lourenço aza kuba ari umuhuza uhagarariye Umuryango w’Ibiyaga Bigari (CIRGL).

Ubutumwa bwa Perezidansi ya DRC buvuga kandi ko uyu mukuru w’Igihugu cya Angola “yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza bugamije guhosha umwuka mubi uri hagati ya DRC n’u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda arahura n’uwa DRC mu gihe hamaze iminsi hari ibibazo hagati y’Ibihugu byombi bishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC mu mirwano ikarishye, u Rwanda na rwo rugashinja DRC gufasha umutwe wa FDLR ugizwe n’abarimo basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bakaba bakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

U Rwanda kandi rushinja DRC kuruvogera aho mu minsi ishize, FARDC ifatanyije na FDLR bagiye barasa ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

Perezida Tshisekedi yageze i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twelve =

Previous Post

Abanyeshuri b’abahungu b’i Kabarole batitije imbuga nkoranyambaga kubera uniform y’amajipo

Next Post

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.