Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Luanda muri Angola aho aza guhurira na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda bakagirana ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi ari bwo yageze i Luanda.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRCongo, buvuga ko Tshisekedi yitabiriye ibiganiro bimuhuza na bagenzi be babiri; Perezida João Lourenço wa Angola ndetse na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Ibiro by’umukuru wa DRC, bigaragaza ko ibi biganiro bigiye guhuza Abakuru b’Ibihugu bitanga icyizere aho Perezida João Lourenço aza kuba ari umuhuza uhagarariye Umuryango w’Ibiyaga Bigari (CIRGL).

Ubutumwa bwa Perezidansi ya DRC buvuga kandi ko uyu mukuru w’Igihugu cya Angola “yahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza bugamije guhosha umwuka mubi uri hagati ya DRC n’u Rwanda.”

Umukuru w’u Rwanda arahura n’uwa DRC mu gihe hamaze iminsi hari ibibazo hagati y’Ibihugu byombi bishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC mu mirwano ikarishye, u Rwanda na rwo rugashinja DRC gufasha umutwe wa FDLR ugizwe n’abarimo basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi bakaba bakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

U Rwanda kandi rushinja DRC kuruvogera aho mu minsi ishize, FARDC ifatanyije na FDLR bagiye barasa ibisasu biremereye ku butaka bw’u Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

Perezida Tshisekedi yageze i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 13 =

Previous Post

Abanyeshuri b’abahungu b’i Kabarole batitije imbuga nkoranyambaga kubera uniform y’amajipo

Next Post

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.