Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa FIFA yageneye ubutumwa Perezida Kagame ku gikorwa remezo gihanitse cy’umpira w’amaguru

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa FIFA yageneye ubutumwa Perezida Kagame ku gikorwa remezo gihanitse cy’umpira w’amaguru
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino yashimiye Perezida Paul Kagame ku bwa Sitade Amahoro yafunguwe ku mugaragaro, avuga ko izatuma ruhago itera imbere mu Gihugu cyiza nk’u Rwanda.

Umuhango wo gufungura ku mugararo Sitade Amahoro yavuguruwe, wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, wayobowe na Perezida Paul Kagame wari kumwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Dr Patrice Motsepe.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yashimiye abagize uruhare mu gutuma iki gikorwa remezo kigerwaho, barimo na Gianni Infatino na Motsepe bakomeje gutera akanyabugabo u Rwanda.

Perezifa wa FIFA, Gianni Infantino wagarutsweho na Perezida Paul Kagame, na we yamugeneye ubutumwa ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iyi Sitade yashyizwe ku rwego mpuzamahanga, aho ishobora kwakira n’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Gianni Infantino yagize ati “Amashimwe menshi ku muvandimwe n’inshuti yanjye akaba na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ku gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro muri Kigali.”
Perezida wa FIFA yakomeje avuga ko “Iki gikorwa ni amahirwe azagira uruhare mu kuzamura no kugeza kure umupira w’amaguru muri iki Gihugu cyiza.”

Infantino yakomeje agaragaza ko Perezida Paul Kagame, ari uwo gushimirwa byimazeyo ku bwo guharanira iterambere rya siporo mu Rwanda ndetse no ku Mugabane wa Afurika by’umwihariko umupira w’amaguru.

Ati “Perezida Paul Kagame yakomeje gushyigikira no guhozaho mu iterambere ry’uyu mukino mwiza mu Gihugu cye, kandi yanakiriye Inteko rusange ku rwego rw’Isi ya FIFA yabaye muri 2023.”

Perezida wa FIFA yasoje ubutumwa bwe yizeza ko azakomeza gukorana n’u Rwanda ndetse na CAF, mu kuzamura impano z’abana b’abahungu n’abakobwa mu mupira w’amaguru.

Ubutumwa bwa Giannie Infantino bwari buherekejwe n’amafoto y’ibihe yagiye ahuriramo na Perezida Paul Kagame
Umwaka ushize u Rwanda rwakiriye Inteko Rusange ya FIFA
Infantino na Perezida Paul Kagame bakunze guhura bakagirana ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

AMAGARE: Mu isiganwa riyoboye andi ku Isi hagaragaye amateka aribayemo bwa mbere

Next Post

Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.