Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa FIFA yageneye ubutumwa Perezida Kagame ku gikorwa remezo gihanitse cy’umpira w’amaguru

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa FIFA yageneye ubutumwa Perezida Kagame ku gikorwa remezo gihanitse cy’umpira w’amaguru
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino yashimiye Perezida Paul Kagame ku bwa Sitade Amahoro yafunguwe ku mugaragaro, avuga ko izatuma ruhago itera imbere mu Gihugu cyiza nk’u Rwanda.

Umuhango wo gufungura ku mugararo Sitade Amahoro yavuguruwe, wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024, wayobowe na Perezida Paul Kagame wari kumwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Dr Patrice Motsepe.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yashimiye abagize uruhare mu gutuma iki gikorwa remezo kigerwaho, barimo na Gianni Infatino na Motsepe bakomeje gutera akanyabugabo u Rwanda.

Perezifa wa FIFA, Gianni Infantino wagarutsweho na Perezida Paul Kagame, na we yamugeneye ubutumwa ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iyi Sitade yashyizwe ku rwego mpuzamahanga, aho ishobora kwakira n’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Gianni Infantino yagize ati “Amashimwe menshi ku muvandimwe n’inshuti yanjye akaba na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ku gufungura ku mugaragaro Sitade Amahoro muri Kigali.”
Perezida wa FIFA yakomeje avuga ko “Iki gikorwa ni amahirwe azagira uruhare mu kuzamura no kugeza kure umupira w’amaguru muri iki Gihugu cyiza.”

Infantino yakomeje agaragaza ko Perezida Paul Kagame, ari uwo gushimirwa byimazeyo ku bwo guharanira iterambere rya siporo mu Rwanda ndetse no ku Mugabane wa Afurika by’umwihariko umupira w’amaguru.

Ati “Perezida Paul Kagame yakomeje gushyigikira no guhozaho mu iterambere ry’uyu mukino mwiza mu Gihugu cye, kandi yanakiriye Inteko rusange ku rwego rw’Isi ya FIFA yabaye muri 2023.”

Perezida wa FIFA yasoje ubutumwa bwe yizeza ko azakomeza gukorana n’u Rwanda ndetse na CAF, mu kuzamura impano z’abana b’abahungu n’abakobwa mu mupira w’amaguru.

Ubutumwa bwa Giannie Infantino bwari buherekejwe n’amafoto y’ibihe yagiye ahuriramo na Perezida Paul Kagame
Umwaka ushize u Rwanda rwakiriye Inteko Rusange ya FIFA
Infantino na Perezida Paul Kagame bakunze guhura bakagirana ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nine =

Previous Post

AMAGARE: Mu isiganwa riyoboye andi ku Isi hagaragaye amateka aribayemo bwa mbere

Next Post

Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Menya impamvu inyubako ya mbere ndende ku Isi yagaragayeho amabara y’ibendera ry’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.