Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi wa Madagascar, Andry Rajoelina; bombi bahuriza ku bikwiye gushyirwamo ingufu ngo umubano w’Ibihugu byombi urusheho gutera imbere, aho Rajoelina yagaragaje ibyo Igihugu cye kigomba kwigira ku Rwanda rwamaze kugera ku rwego ruhanitse.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mugenzi we Rajoelina kuri uyu wa Mbere tariki 07 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye uyu Mukuru wa Madagascar atangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.

Nyuma yo guhabwa ikaze mu cyubahiro kigenerwa Abakuru b’Ibihugu, Andry Rajoelina yakiriwe na Perezida Kagame mu kiganiro cyo mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi, batanze imbwirwaruhame, zagarutse ku byo bemeranyijweho, byose bigamije guteza imbere imikoranire n’umubano.

Perezida Kagame yavuze ko ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Madagascar mu mishinga itanga inyungu zihuriweho.

Yagize ati “U Rwanda rwiteguye kubyaza umusaruro inzego zitandukanye zirimo ubukerarugendo, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubihinzi mu nyungu zihuriweho.

Twishimiye imikoranire y’inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi. Ubucuruzi n’ishoramari ni umusingi w’iterambere ry’ibihugu byombi. Uko Afurika irushaho gukorana ni na ko irushaho gutera imbere.”

Perezida Rajoelina usigaje amezi atatu ku butegetsi, yavuze icyo yasabye mugenzi we Perezida Paul Kagame, ndetse n’ibigiye gushyirwamo ingufu n’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Twahisemo gukorana mu nzego zishobora gutanga inyungu zirambye hagati y’Ibihugu byombi. Icya mbere ni uguhindura imiyoborere igashingira ku iterambere rituruka mu ikoranabuhanga, icya kabiri cy’ingenzi ni uguhanga imirimo. Ibyo tugomba kubifashwa n’abikorera ku giti cyabo. Ibyo bizaterwa n’amavugurura mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. U Rwanda rwo rwateye imbere muri urwo rwego. Nidukorana bizadufasha kuvugurura ubucukuzi bwo mu Gihugu cyacu.

Ikindi twavuzeho ni imiturire y’imijyi. Muzi ko umubare ugenda wiyongera. Navuganye na Perezida Kagame ko Umuyobozi w’Umujyi wa Antananalivo yaza kwigira kuri mugenzi we uyobora Umujyi wa Kigali. Ndetse na Perezida Kagame yanyemereye ko n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ashobora kujya guhugura mugenzi we ku bijyanye no kunoza isuku y’Umujyi.

Ikindi ingendo zo mu kirere na zo zigomba koroshywa hagati y’Ibihugu byombi. Nkuko mubizi bisaba amasaha atatu n’iminota 35 yo kuva Antananarivo kugera i Kigali. Ni yo mpamvu iyo ngingo na yo igomba kunozwa.”

Abakuriye Dipolomasi y’Ibihugu byombi bashyize umukono ku maserezano y’imikoranire mu nzego zitandukanye, asanga andi bashyizeho umukono mu mwaka wa 2019.

Muri uwo mwaka inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi zashyize umukono ku masezerano yo korohereza ishoramari hagati y’ibi Bihugu no gusangira ubumenyi bugamije kurushaho kunoza imikorere y’ibyo bigo.

Perezida Kagame na mugenzi we wa Madagascar bagaragaje ibyo bemeranyijweho

Abakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi basinye amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Next Post

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.