Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi wa Madagascar, Andry Rajoelina; bombi bahuriza ku bikwiye gushyirwamo ingufu ngo umubano w’Ibihugu byombi urusheho gutera imbere, aho Rajoelina yagaragaje ibyo Igihugu cye kigomba kwigira ku Rwanda rwamaze kugera ku rwego ruhanitse.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mugenzi we Rajoelina kuri uyu wa Mbere tariki 07 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye uyu Mukuru wa Madagascar atangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.

Nyuma yo guhabwa ikaze mu cyubahiro kigenerwa Abakuru b’Ibihugu, Andry Rajoelina yakiriwe na Perezida Kagame mu kiganiro cyo mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi, batanze imbwirwaruhame, zagarutse ku byo bemeranyijweho, byose bigamije guteza imbere imikoranire n’umubano.

Perezida Kagame yavuze ko ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Madagascar mu mishinga itanga inyungu zihuriweho.

Yagize ati “U Rwanda rwiteguye kubyaza umusaruro inzego zitandukanye zirimo ubukerarugendo, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubihinzi mu nyungu zihuriweho.

Twishimiye imikoranire y’inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi. Ubucuruzi n’ishoramari ni umusingi w’iterambere ry’ibihugu byombi. Uko Afurika irushaho gukorana ni na ko irushaho gutera imbere.”

Perezida Rajoelina usigaje amezi atatu ku butegetsi, yavuze icyo yasabye mugenzi we Perezida Paul Kagame, ndetse n’ibigiye gushyirwamo ingufu n’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Twahisemo gukorana mu nzego zishobora gutanga inyungu zirambye hagati y’Ibihugu byombi. Icya mbere ni uguhindura imiyoborere igashingira ku iterambere rituruka mu ikoranabuhanga, icya kabiri cy’ingenzi ni uguhanga imirimo. Ibyo tugomba kubifashwa n’abikorera ku giti cyabo. Ibyo bizaterwa n’amavugurura mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. U Rwanda rwo rwateye imbere muri urwo rwego. Nidukorana bizadufasha kuvugurura ubucukuzi bwo mu Gihugu cyacu.

Ikindi twavuzeho ni imiturire y’imijyi. Muzi ko umubare ugenda wiyongera. Navuganye na Perezida Kagame ko Umuyobozi w’Umujyi wa Antananalivo yaza kwigira kuri mugenzi we uyobora Umujyi wa Kigali. Ndetse na Perezida Kagame yanyemereye ko n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ashobora kujya guhugura mugenzi we ku bijyanye no kunoza isuku y’Umujyi.

Ikindi ingendo zo mu kirere na zo zigomba koroshywa hagati y’Ibihugu byombi. Nkuko mubizi bisaba amasaha atatu n’iminota 35 yo kuva Antananarivo kugera i Kigali. Ni yo mpamvu iyo ngingo na yo igomba kunozwa.”

Abakuriye Dipolomasi y’Ibihugu byombi bashyize umukono ku maserezano y’imikoranire mu nzego zitandukanye, asanga andi bashyizeho umukono mu mwaka wa 2019.

Muri uwo mwaka inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi zashyize umukono ku masezerano yo korohereza ishoramari hagati y’ibi Bihugu no gusangira ubumenyi bugamije kurushaho kunoza imikorere y’ibyo bigo.

Perezida Kagame na mugenzi we wa Madagascar bagaragaje ibyo bemeranyijweho

Abakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi basinye amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Next Post

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Related Posts

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.