Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Madagascar yagaragaje ibyo u Rwanda rwatumbagiyemo n’ikigiye gukorwa n’Igihugu cye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi wa Madagascar, Andry Rajoelina; bombi bahuriza ku bikwiye gushyirwamo ingufu ngo umubano w’Ibihugu byombi urusheho gutera imbere, aho Rajoelina yagaragaje ibyo Igihugu cye kigomba kwigira ku Rwanda rwamaze kugera ku rwego ruhanitse.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mugenzi we Rajoelina kuri uyu wa Mbere tariki 07 Kanama 2023, nyuma y’amasaha macye uyu Mukuru wa Madagascar atangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.

Nyuma yo guhabwa ikaze mu cyubahiro kigenerwa Abakuru b’Ibihugu, Andry Rajoelina yakiriwe na Perezida Kagame mu kiganiro cyo mu muhezo.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi, batanze imbwirwaruhame, zagarutse ku byo bemeranyijweho, byose bigamije guteza imbere imikoranire n’umubano.

Perezida Kagame yavuze ko ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Madagascar mu mishinga itanga inyungu zihuriweho.

Yagize ati “U Rwanda rwiteguye kubyaza umusaruro inzego zitandukanye zirimo ubukerarugendo, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubihinzi mu nyungu zihuriweho.

Twishimiye imikoranire y’inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi. Ubucuruzi n’ishoramari ni umusingi w’iterambere ry’ibihugu byombi. Uko Afurika irushaho gukorana ni na ko irushaho gutera imbere.”

Perezida Rajoelina usigaje amezi atatu ku butegetsi, yavuze icyo yasabye mugenzi we Perezida Paul Kagame, ndetse n’ibigiye gushyirwamo ingufu n’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Twahisemo gukorana mu nzego zishobora gutanga inyungu zirambye hagati y’Ibihugu byombi. Icya mbere ni uguhindura imiyoborere igashingira ku iterambere rituruka mu ikoranabuhanga, icya kabiri cy’ingenzi ni uguhanga imirimo. Ibyo tugomba kubifashwa n’abikorera ku giti cyabo. Ibyo bizaterwa n’amavugurura mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro. U Rwanda rwo rwateye imbere muri urwo rwego. Nidukorana bizadufasha kuvugurura ubucukuzi bwo mu Gihugu cyacu.

Ikindi twavuzeho ni imiturire y’imijyi. Muzi ko umubare ugenda wiyongera. Navuganye na Perezida Kagame ko Umuyobozi w’Umujyi wa Antananalivo yaza kwigira kuri mugenzi we uyobora Umujyi wa Kigali. Ndetse na Perezida Kagame yanyemereye ko n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ashobora kujya guhugura mugenzi we ku bijyanye no kunoza isuku y’Umujyi.

Ikindi ingendo zo mu kirere na zo zigomba koroshywa hagati y’Ibihugu byombi. Nkuko mubizi bisaba amasaha atatu n’iminota 35 yo kuva Antananarivo kugera i Kigali. Ni yo mpamvu iyo ngingo na yo igomba kunozwa.”

Abakuriye Dipolomasi y’Ibihugu byombi bashyize umukono ku maserezano y’imikoranire mu nzego zitandukanye, asanga andi bashyizeho umukono mu mwaka wa 2019.

Muri uwo mwaka inzego zishinzwe iterambere mu Bihugu byombi zashyize umukono ku masezerano yo korohereza ishoramari hagati y’ibi Bihugu no gusangira ubumenyi bugamije kurushaho kunoza imikorere y’ibyo bigo.

Perezida Kagame na mugenzi we wa Madagascar bagaragaje ibyo bemeranyijweho

Abakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi basinye amasezerano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 5 =

Previous Post

Havumbuwe ibyumvikanamo inkuru nziza ku Banyafurika byerecyeye indwara ihitana benshi kurusha izindi

Next Post

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Bahishuye uko umukire yabateje inzara we akaba akomeje kwinjiza agatubutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.