Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/06/2024
in MU RWANDA
0
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Nshimiyimana Octave wari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, yavuze ko kwandikira bagenzi be abasaba guhagarika izi nshingano ze, yabitewe n’indi mirimo mishya yahawe.

Ni nyuma y’uko Nshimiyimana Octave yandikiye Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, ayimenyesha ko ahagaritse inshingano nk’Umujyanama ndetse no kuyiyobora.

Nyuma y’iyi baruwa, Nshimiyimana yabwiye Ikinyamakuru Umuseke ko, atanditse yegura nk’imvugo isanzwe ikoreshwa, ahubwo ko yahagaritse inshingano yari afite zo kuyobora Njyanama y’Akarere ka Muhanga.

Yagize ati “Ntabwo nanditse negura. Nasabye guhagarika inshingano zo kuba Umujyanama no kuba umuyobozi w’Inama Njyanama kuko izo nagiyemo zitabangikanywa.”

Uyu wayoboraga Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, yavuze ko agiye kuba ari hanze y’u Rwanda, bityo ko atabasha gukomeza kuba Perezida wa Njyanama kandi atari mu Gihugu imbere.

Uku guhagarika inshingano k’uwari Perezida wa Njyanama ya Muhanga, kandi kwanemejwe nyuma y’uko hakiriwe ibaruwa ye, hakaba hahise haterana Inama ya Njyanama kugira ngo isuzume iki cyifuzo.

Perezida Wungirije wa Njyanama ya Muhanga, Nshimiyimana Gilbert ari na we wahawe inshingano zo kuba Perezida w’agateganyo, yagize ati “Twateranye twandika tumwemerera guhagarika inshingano.”

Nshimiyimana Octave yari amaze imyaka itatu ari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, dore ko yari yatorewe izi nshingano muri 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Israel ikomeje kugaragaza ko idakozwa ibyo guhagarika intambara muri Gaza

Next Post

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by’ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Rusizi: Batangiye gusogongera ku byiza by'ikorwa ry’umuhanda wabarazaga nzira n’ahatinyitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.