Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, SIPORO
0
Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Macky Sall wa Senegal, yagaragaje agahinda yatewe n’imvune ya Sadio Mané, umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba mu ikipe y’Igihugu ya Senegal yitegura kwitabira Igikombe cy’Isi.

Sadio Mane yavunikiye mu mukino wahuzaga ikipe asanzwe akinamo ya Bayern München yakinagamo na Werder Bremen ikayitsindamo ibitego 6-1, wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022.

Imvune ya rurangiranwa Sadio Mané, yakangaranyije abakunzi benshi ba ruhago byumwihariko abo ku Mugabane wa Afurika bakomeje kugaragaza ko bazaba bari inyuma ya Senegal mu gikombe cy’Isi kizatangira mu minsi micye iri imbere.

Perezida wa Senegal, Macky Sall ari mu bababajwe n’imvune ya Sadio Mané, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo 2022 yashyize ubutumwa kuri Twitter agaragaza akababaro k’iyi mvune.

Yagize ati “Sadio ndakwifuriza gukira vuba nyuma y’imvune wagiriye mu mukino wahuje Bayern-Werder Brême.”

Macky Sall yakomeje agaragariza Sadio Mané ko afatiye runini ikipe yabo ya Senegal, ati “Nkuko nabikubwiye: Sadio uri inkingi ya mwamba y’Intare (Ikipe y’Igihugu ya Senegal), turi kumwe nawe kandi Imana ikube hafi.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi hari amakuru ari kuvugwa ko Sadio Mané atazakina imikino y’Igikombe cy’Isi, inkuru itari nziza mu matwi y’abakunzi ba ruhago ku mugabane wa Afurika.

Uyu rurangiranwa wegukanye igikombe cy’umukinnyi mwiza muri Afurika, yafashije Igihugu cye kwegukana Igikombe cya Afurika cy’uyu mwaka.

Imvune ya Sadio Mane yababaje Abanyafurika benshi
Perezida Macky Sall yamwakiriye mu biro bye muri uyu mwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Umukobwa akurikiranyweho amanyanga yo kwigabanyisha imyaka ashaka gufungisha umusore babyaranye

Next Post

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Related Posts

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

IZIHERUKA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa
AMAHANGA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.