Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, SIPORO
0
Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Macky Sall wa Senegal, yagaragaje agahinda yatewe n’imvune ya Sadio Mané, umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba mu ikipe y’Igihugu ya Senegal yitegura kwitabira Igikombe cy’Isi.

Sadio Mane yavunikiye mu mukino wahuzaga ikipe asanzwe akinamo ya Bayern München yakinagamo na Werder Bremen ikayitsindamo ibitego 6-1, wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022.

Imvune ya rurangiranwa Sadio Mané, yakangaranyije abakunzi benshi ba ruhago byumwihariko abo ku Mugabane wa Afurika bakomeje kugaragaza ko bazaba bari inyuma ya Senegal mu gikombe cy’Isi kizatangira mu minsi micye iri imbere.

Perezida wa Senegal, Macky Sall ari mu bababajwe n’imvune ya Sadio Mané, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo 2022 yashyize ubutumwa kuri Twitter agaragaza akababaro k’iyi mvune.

Yagize ati “Sadio ndakwifuriza gukira vuba nyuma y’imvune wagiriye mu mukino wahuje Bayern-Werder Brême.”

Macky Sall yakomeje agaragariza Sadio Mané ko afatiye runini ikipe yabo ya Senegal, ati “Nkuko nabikubwiye: Sadio uri inkingi ya mwamba y’Intare (Ikipe y’Igihugu ya Senegal), turi kumwe nawe kandi Imana ikube hafi.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi hari amakuru ari kuvugwa ko Sadio Mané atazakina imikino y’Igikombe cy’Isi, inkuru itari nziza mu matwi y’abakunzi ba ruhago ku mugabane wa Afurika.

Uyu rurangiranwa wegukanye igikombe cy’umukinnyi mwiza muri Afurika, yafashije Igihugu cye kwegukana Igikombe cya Afurika cy’uyu mwaka.

Imvune ya Sadio Mane yababaje Abanyafurika benshi
Perezida Macky Sall yamwakiriye mu biro bye muri uyu mwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umukobwa akurikiranyweho amanyanga yo kwigabanyisha imyaka ashaka gufungisha umusore babyaranye

Next Post

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.