• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu cyo muri Afurika akaba n’Umujenerali yagaragaye atembera n’igare

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Perezida w’Igihugu cyo muri Afurika akaba n’Umujenerali yagaragaye atembera n’igare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea-Conakry, Gen Mamady Doumbouya yatembereye mu murwa mukuru wa Conkary, akoresheje igare, aho yagiye aramutsa abaturage benshi bari ku muhanda.

Amashusho dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinea-Conakry, agaragaza Gen Mamady Doumbouya yambaye imyambaro ya siporo y’umweru n’umukara, ahaguruka mu ngoro ye n’igare arindiwe umutekano bidasanzwe n’abasirikare na bo barimo abagendaga ku igare ndetse n’abandi bari mu modoka.

Aya mashusho yashyizwe hanze mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, atangizwa n’ubutumwa bugira buti “Perezida wa Repubulika mu butembere akoresheje igare mu mujyi rwagati: Umwanya wo guhura n’abaturage.”

Perezidansi ya Guinea igakomeza igira iti “Imihanda yo mu mujyi rwagati, yiboneye ubutembere bwo ku igare bwakozwe na Perezida wa Repubulika.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinea bikomeza bivuga ko iki gikorwa kimaze kumenyerwa n’abaturage baturiye ingoro y’Umukuru w’Igihugu, kuko atari ubwa mbere Gen Mamady Doumbouya yari abikoze.

Ni igikorwa kandi akora mu rwego rwa siporo rusange, aho aba anagamije guhuza urugwiro n’abaturage, aho nko muri aya mashusho, yagendaga apepera abaturage bari benshi ku muhanda.

Abaturage yagendaga anyuraho, na bo bagaragazaga akanyamuneza, aho muri aya mashusho, humvikanamo umwe muri bo mu ijwi rirangurura, agira ati “Nyakubahwa Perezida, nyakubahwa Perezida.”

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 15 =

Previous Post

Ibihugu bitatu biyobowe n’Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Next Post

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.