Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yagize icyo ivuga ku bagabo babiri barasiwe muri Kamonyi

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA
0
Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’abagabo babiri barasiwe mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi bagahita bahasiga ubuzima, bavugwaho ibikorwa by’urugomo nk’ubujura no gufata ku ngufu abagore.

Aba bagabo barashwe kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, ni Henock na Frank, barasiwe mu Mudugudu wa Bwirabo, Akagari Kabagesera, mu Murenge wa Rugarika.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yemeje iraswa ry’aba bantu babiri bakekwaho ibikorwa by’ubujura n’urugomo.

Yagize ati “Bitabye Imana kandi turacyakora iperereza. Ndashimira abaturage ubufatanye bagaragaza kandi bakomeze baduhe amakuru ahagije kugira ngo dukomeze gukurikirana.”

Abatuye muri aka gace karasiwemo aba bantu, bavuga ko bari basanzwe bagaragara mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage nk’ubujura ndetse no gufata ku ngufu abagore.

Umwe mu babazi, yagize ati “Uyu Henock bamufashe inshuro nyinshi yambura abantu, no mu nzu yabasangagayo. Nta muntu wagendaga mu muhanda nijoro.”

Mugenzi we yagiez ati “Ni abantu bakoraga ibyaha bibi cyane; kwambura abantu, gufata ku ngufu, ugasanga mvuye kwikorera amafaranga, bahise banshyiraho icyuma, wamara kuyabaha bakanakwica.”

Bivugwa kandi ko aba bagabo barashwe, bigeze no kumara igihe bafungiye mu kigo cy’inzererezi kubera ibi bikorwa by’urugomo bakekwagaho gukora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + six =

Previous Post

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata babiri bashakaga umukiliya w’ibintu 80.000 bitemewe mu Rwanda

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata babiri bashakaga umukiliya w’ibintu 80.000 bitemewe mu Rwanda

Uko hakozwe operasiyo yo gufata babiri bashakaga umukiliya w’ibintu 80.000 bitemewe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.