Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda na RCS bungutse Aba Sous-Officiers bafite ubumenyi bwihariye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
01/05/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Polisi y’u Rwanda na RCS bungutse Aba Sous-Officiers bafite ubumenyi bwihariye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Aba Su-Ofisiye 251 bo muri Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora, barangije amahugurwa bari bamazemo igihe mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi (PTS) riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, aho bahawe ubumenyi bunyuranye burimo imenyerezamwuga mu gucunga umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru.

Abarangije aya mahugurwa bari bamazemo amezi atanu, barimo Abapolisi 221 n’abo mu Rwego rw’Igihugu rw’igorora (RCS) 30, aho bahugurwaga mu icyiciro cya 15.

Ni amahugurwa yakozwe mu rwego rwo kubongerera ubumenyi n’ubushobozi mu bijyanye no gucunga umutekano n’ituze rusange, iby’ibanze mu kuzuza inshingano mu kazi gakorerwa ku masitasiyo, imyitwarire ya kinyamwuga n’ibindi bitandukanye.

Muri aya mahugurwa kandi bakoze imenyerezamwuga, mu bikorwa byo gucunga umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru mu Mujyi wa Kigali byamaze ibyumweru bine n’ahandi mu gihugu mu gihe kingana n’ukwezi n’igice.

Banakoze urugendoshuri basura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi n’ Ingoro ndangamurage yo ku Mulindi w’Intwali mu rwego rwo gusobanukirwa amateka yaranze igihugu.

Ubwo yasozaga aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije (DIGP) ushinzwe ibikorwa, Vincent Sano, yashimangiye akamaro k’amahugurwa ahoraho ahabwa ba su-ofisiye.

Yagize ati “Polisi y’u Rwanda yashyize imbere amahugurwa kuko ariyo nzira yo kubaka abapolisi bakora kinyamwuga. Nk’uko mubizi abapolisi bo ku rwego rwa su-ofisiye nibo benshi mu mibare kandi ni nabo benshi twohereza mu bikorwa bya Polisi, kubahugura rero no kubongerera ubumenyi ni ingenzi cyane.”

Yakomeje ati “Turizera ko amasomo mwahawe azabafasha mu kurushaho kunoza no gukora kinyamwuga akazi ka buri munsi ko gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, kureba ko amategeko yubahirizwa no gukumira ibyaha cyane cyane dufatanya nabaturage n’izindi nzego.”

DIGP Sano yasabye abasoje amahugurwa kuzashyira mu bikorwa ibyo bize birinda ruswa, ubusinzi gukoresha imbaraga z’umurengera n’ibindi bikorwa byose bihabanye n’indangagaciro za Polisi y’u Rwanda.

Yabashimiye kandi ikinyabupfura n’umurava byabaranze mu gihe bamaze mu mahugurwa, abizeza ko Polisi y’u Rwanda yiteguye kubaha ibyangombwa byose nkenerwa kugira ngo bubahirize inshingano zabo aho bazoherezwa gukora akazi hose.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi ry’amahugurwa, Commissioners of Police (CP) Robert Niyonshuti, yavuze ko mu gihe cy’ibyumweru 21 bamaze bahugurwa, bize amasomo atandukanye azabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Mu masomo bize harimo; Ibikorwa bya Polisi, ubumenyi ku mikoreshereze y’imbunda, Guhosha imyigaragambyo no gucunga ituze mu baturage, ibikorwa byo gucunga umutekano imbere mu Gihugu, akarasisi, Indanga gaciro za polisi, ikoreshwa ry’imbaraga n’imbunda, imikoranire ya polisi n’abaturage, uburere mboneragihugu n’andi atandukanye azabafasha mu kazi ka buri munsi.

CP Niyonshuti yabashimye ku bwitange n’umurava bagaragaje muri aya mahugurwa, abasaba kuzakomeza kurangwa n’imyitwarire myiza  aho bazaba bakorera hose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Abahanzi b’amazina akomeye bahuje imbaraga bagenera ubutumwa abatifuriza ineza u Rwanda n’abagambiriye kurushozaho intambara

Next Post

Kenya: Iyicwa ry’Umudepite warasiwe mu modoka mu muhanda rikomeje kuba urujijo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Iyicwa ry’Umudepite warasiwe mu modoka mu muhanda rikomeje kuba urujijo

Kenya: Iyicwa ry’Umudepite warasiwe mu modoka mu muhanda rikomeje kuba urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.