• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwashyize hanze itangazo rigenewe abifuza kuyinjiramo ku rwego rw’Abofisiye bato, rigaragaza igihe bazatangira kwiyandikishiriza, n’ibyo bagomba kuba bujuje birimo kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire byemejwe na Gitifu w’Umurenge.

Iri tangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gicurasi 2025, rivuga ko “Polisi y’u Rwanda iramenyesha abantu bose bifuza kwinjira muri Polisi ku rwego rw’Aba Ofisiye bato (Cadet Course) ko bazatangira kwiyandikisha ku cyicaro cya Polisi mu Karere (DPU) batuyemo kuva tariki ya 07/05 kugeza tariki 17/05/2025, saa 08h00-17h00 z’umugoroba mu minsi y’akazi.”

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda kandi bwagaragaje ibyo uwifuza kwiyandikisha agomba kuba yujuje birimo “kuba ari Umunyarwanda, kuba afite imyaka iri hagati ya 18 na 25.”

Nanone kandi abifuza kwiyandikisha bagomba kuba bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (A0) cyangwa bafite icyiciro cya mbere cya kaminuza mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (A1 IPRC).

Uru rwego rwaboneyeho gushishikariza abize ibijyanye n’ibarurishamibare (Statistics), ubuvuzi (Medicine), ubuvuzi bw’amatungo (Veterinary Medicine), ubuforomo (Nursing), uburezi (Education) na ‘Engineering’, kwiyandikisha.

Mu byo umuntu wifuza kwiyandikisha ngo yinjire muri Polisi y’u Rwanda asabwa kuba yujuje, harimo kandi “kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge.”

Nanone kandi abifuza kwiyandikisha bagomba kuba bafite ubuzima buzira umuze, batarigeze bakatirwa n’inkiko igifungo kirengeje amezi atandatu, ndetse ko kuba batarigeze birukanwa mu mirimo ya Leta.

ITANGAZO RYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

Next Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.