Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Umupolisi wagaragaye mu mashusho ari gukubitira umuturage mu nyubako y’ubucuruzi iri mu Mujyi rwagati iri ahazwi nka DownTown, binyuranyije n’imyitwarire y’uru rwego ndetse ko ubu yamaze gufatwa kugira ngo abiryozwe.

Amashusho yari yashyizwe kuri Twitter n’umwe mu bayikoresha, agaragaza Umupolisi ari gukubitisha ndembo umuturage mu buryo budasanzwe.

Uyu ukoresha Twitter, yari yashyizeho amashusho aherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Abantu bari gushaka kwiyahura hanyuma bagakorerwa n’ibi? Abantu barembejwe n’agahinda gakabije.”

Nyuma y’amasaha macye, Polisi y’u Rwanda yasubije ubu butumwa ivuga ko umupolisi wakoze kiriya gikorwa yamaze gufatwa.

Polisi y’u Rwanda yagize iti “Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n’imyitwarire ya Polisi y’u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi.”

Mwiriwe,

Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n'imyitwarire ya Polisi y'u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi. https://t.co/ns14mqZV87. Murakoze

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 29, 2021

Polisi y’u Rwanda ikunze gutangaza ko itazigera yihanganira imyitwarire ya bamwe mu Bapolisi bitwara nabi bagakoresha ingufu z’umurengera, ndetse ikanahana bamwe muri bo bagaragaweho ibikorwa nk’ibi.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Abapolisi babiri na bo bagaragaye mu mashusho bambaye imyenda ya gisivile bakubita umuturage wari watorotse Kasho, ndetse ibakurikirana hakurikijwe amategeko.

Ubwo mu Rwanda hatangiraga amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, hagiye humvikana Abapolisi bakoreshaga ingufu z’umurengera mu gukurikirana iyubahirizwa ry’aya mabwiriza ndetse bamwe mu Banyarwanda bagera muri bane basize ubuzima muri ibi bikorwa.

Muri Nzeri 2020 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturarwanda ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, yagarutse kuri aba Bapolisi bagaragaweho no gukoresha ingufu z’umurengera, avuga ko bagomba kubiryozwa hakurikijwe amategeko kandi ko bidakwiye kwitirirwa urwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Bigoranye APR yatsinze Espoir ibona amanota atatu

Next Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.