Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Umupolisi wagaragaye mu mashusho ari gukubitira umuturage mu nyubako y’ubucuruzi iri mu Mujyi rwagati iri ahazwi nka DownTown, binyuranyije n’imyitwarire y’uru rwego ndetse ko ubu yamaze gufatwa kugira ngo abiryozwe.

Amashusho yari yashyizwe kuri Twitter n’umwe mu bayikoresha, agaragaza Umupolisi ari gukubitisha ndembo umuturage mu buryo budasanzwe.

Uyu ukoresha Twitter, yari yashyizeho amashusho aherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Abantu bari gushaka kwiyahura hanyuma bagakorerwa n’ibi? Abantu barembejwe n’agahinda gakabije.”

Nyuma y’amasaha macye, Polisi y’u Rwanda yasubije ubu butumwa ivuga ko umupolisi wakoze kiriya gikorwa yamaze gufatwa.

Polisi y’u Rwanda yagize iti “Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n’imyitwarire ya Polisi y’u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi.”

Mwiriwe,

Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n'imyitwarire ya Polisi y'u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi. https://t.co/ns14mqZV87. Murakoze

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 29, 2021

Polisi y’u Rwanda ikunze gutangaza ko itazigera yihanganira imyitwarire ya bamwe mu Bapolisi bitwara nabi bagakoresha ingufu z’umurengera, ndetse ikanahana bamwe muri bo bagaragaweho ibikorwa nk’ibi.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Abapolisi babiri na bo bagaragaye mu mashusho bambaye imyenda ya gisivile bakubita umuturage wari watorotse Kasho, ndetse ibakurikirana hakurikijwe amategeko.

Ubwo mu Rwanda hatangiraga amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, hagiye humvikana Abapolisi bakoreshaga ingufu z’umurengera mu gukurikirana iyubahirizwa ry’aya mabwiriza ndetse bamwe mu Banyarwanda bagera muri bane basize ubuzima muri ibi bikorwa.

Muri Nzeri 2020 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturarwanda ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, yagarutse kuri aba Bapolisi bagaragaweho no gukoresha ingufu z’umurengera, avuga ko bagomba kubiryozwa hakurikijwe amategeko kandi ko bidakwiye kwitirirwa urwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Bigoranye APR yatsinze Espoir ibona amanota atatu

Next Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.