Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umupolisi wakubise ndembo umuturage yihanukiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Umupolisi wagaragaye mu mashusho ari gukubitira umuturage mu nyubako y’ubucuruzi iri mu Mujyi rwagati iri ahazwi nka DownTown, binyuranyije n’imyitwarire y’uru rwego ndetse ko ubu yamaze gufatwa kugira ngo abiryozwe.

Amashusho yari yashyizwe kuri Twitter n’umwe mu bayikoresha, agaragaza Umupolisi ari gukubitisha ndembo umuturage mu buryo budasanzwe.

Uyu ukoresha Twitter, yari yashyizeho amashusho aherekejwe n’ubutumwa bugira buti “Abantu bari gushaka kwiyahura hanyuma bagakorerwa n’ibi? Abantu barembejwe n’agahinda gakabije.”

Nyuma y’amasaha macye, Polisi y’u Rwanda yasubije ubu butumwa ivuga ko umupolisi wakoze kiriya gikorwa yamaze gufatwa.

Polisi y’u Rwanda yagize iti “Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n’imyitwarire ya Polisi y’u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi.”

Mwiriwe,

Uyu mupolisi wagaragaye akubita umuturage mu nyubako ya Downtown, binyuranyije n'imyitwarire ya Polisi y'u Rwanda. Yafashwe kugira ngo akurikiranweho iyi myitwarire mibi. https://t.co/ns14mqZV87. Murakoze

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 29, 2021

Polisi y’u Rwanda ikunze gutangaza ko itazigera yihanganira imyitwarire ya bamwe mu Bapolisi bitwara nabi bagakoresha ingufu z’umurengera, ndetse ikanahana bamwe muri bo bagaragaweho ibikorwa nk’ibi.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Abapolisi babiri na bo bagaragaye mu mashusho bambaye imyenda ya gisivile bakubita umuturage wari watorotse Kasho, ndetse ibakurikirana hakurikijwe amategeko.

Ubwo mu Rwanda hatangiraga amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19, hagiye humvikana Abapolisi bakoreshaga ingufu z’umurengera mu gukurikirana iyubahirizwa ry’aya mabwiriza ndetse bamwe mu Banyarwanda bagera muri bane basize ubuzima muri ibi bikorwa.

Muri Nzeri 2020 ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturarwanda ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, yagarutse kuri aba Bapolisi bagaragaweho no gukoresha ingufu z’umurengera, avuga ko bagomba kubiryozwa hakurikijwe amategeko kandi ko bidakwiye kwitirirwa urwego.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nine =

Previous Post

Bigoranye APR yatsinze Espoir ibona amanota atatu

Next Post

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Gasogi itorohewe itsinzwe na Police FC, Kiyovu itsikirira i Bugesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.