Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
1
Porovizwari ita agaciro ite mu myaka 2 kandi umuntu agifite ubumenyi?-Bamwe baribaza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakorera impushya zo gutwara ibinyabigiza, ntibumva ukuntu uruhushya rw’agateganyo ruta agaciro mu myaka ibiri kandi uwarukoreye agifite ubumenyi, basagaba ko abazitsindiye bajya bishyuzwa amafaranga yo kuzongeresha igihe ariko badasubirishijwemo ibizamini.

Ubusanzwe uruhushya rw’agateganyo rumara imyaka ibiri rugahita ruta agaciro mu gihe uwarutsindiye atarabona urwa burundu, yaba yifuza kongera kurubona agakora ikizamini.

Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali batsindiye izi mpushya zikaza kurangira batarabona iza burundu, babwiye RADIOTV10 ko ishingiro ry’iri tegeko bataryumva.

Umwe yagize ati “Nk’ubu njye nafashe umwanzuro wo kuza mu muhanda nubwo iyo provisoire yanjye yarangiye, ubu ni ugusubira gushaka indi bundi bushya kandi umuhanda nywubamo n’iyo provisoire yarangiye ng’iyi ndayifite.”

Uyu muturage avuga ko yari yabonye uru ruhushya rw’agateganyo abanje gukora ibizamini inshuro eshatu ku buryo yumva ubumenyi akibufite, akavuga ko atumva ukuntu yasabwa kujya gukora ikindi kizamini.

Ati “Wenda bakaba bakongeraho ikindi gihe cyangwa bakaba baduca andi mafaranga nk’uko Permis itarangira, imyaka itanu yarangira ukagenda bakakongerera.”

Akomeza avuga ko no ku ruhushya rw’agateganyo abantu bajya basabwa kwishyura bakongererwa igihe, ati “Bakavuga bati nawe ni ibihumbi icumi baguciye genda bakongerere; ukaza ukongera ukagerageza kuko n’ubundi ni wowe uba warayikoreye. Gusubira gukorera Provisoire njye numva ari ukudutesha agaciro.”

Undi muturage avuga ko imyaka ibiri ari micye ihabwa uru ruhushya rw’agateganyo kuko umuntu ashobora kuyibona agahura n’ibibazo by’uburwayi cyangwa ntabone ubushobozi bwo guhita ajya kwiga gutwara ikinyabiziga.

Ati “Nawe wicaye ku ntebe y’ishuri urabizi, uwagusubiza mu kizamini wapfa kugikora? Uzi ukuntu Provisoire umuntu arara yicaye, usoma amategeko y’umuhanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabwiye RADIOTV10 ko n’ubundi uruhushya rw’agateganyo rwongererwa igihe kuko rubanza guhabwa igihe cy’umwaka umwe ubundi warangira nyirarwo akajya kurwongeresha undi mwaka.

Ati “Kandi ibyo byose biteganywa n’itegeko.”

Avuga ko abifuza ko igihe cyongerwa, bigomba kunyura mu nzira z’amategeko, ati “Ubwo rero ntabwo ari Polisi yonyine yicara ngo ihindure itegeko ryagiyeho.”

CP John Bosco Kabera avuga ko aba baturage batanga ibyo bitekerezo byabo ubundi inzego zibishinzwe zikazabisuzuma zasanga ari ngombwa zigahindura itegeko.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Maestro says:
    4 years ago

    Murakoze k’umakuru muduhaye, ariko ndumva meatubwira izo nzego zibishinzwe akaba aribo tubigezaho

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

Next Post

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.