Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho.

Ishimwe Dieudonne AKA Prince Kid, yasomewe iki cyemezo cy’Urukiko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Urukiko rufashe iki cyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Ishimwe Dieudonne nyuma y’uko bisabwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Prince Kid, bwavuze ko hari impamvu zikomeye zikwiye gutumwa uregwa akurikiranwa afunzwe.

Mu iburanisha ryabereye mu muhezo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Ubushinjacyaha bwagarutse ku buhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya barimo n’abakobwa bivugwa ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa kuri Prince Kid.

Muri iri buranisha, Ubushinjacyaha bwanifashishije amajwi bivugwa ko ari aya Prince Kid abwiramo Miss Rwanda 2022 Muheto Nshuti Divine ko amukunda ariko ko we yakomeje kubitera umugongo akaba yaramwimye umunezero.

Mu gusoma iki cyemezo, Umucamanza yagarutse ku byaha akekwaho ndetse n’ibikorwa byabyo, avuga ko mu majwi yumvikanyemo avuga ko yagerageje gushimisha umwe mu bakobwa birabiriye Miss Rwanda ariko we akaba yaranze kumuha ibyishimo.

Umucamanza yavuze ko ibi bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho icyaha cyo gusaba cyangwa kwaka ishimishamubiri rishingiye ku gitsina kuko atigeze agaragaza ubundi buryo yari gukora iryo shimishamubiri bitanyuze mu mibonano mpuzabitsina.

Urukiko kandi rwagendeye ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha ko mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Mata 2022, uregwa yigeze kugirana uruzinduko rw’akazi n’umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda ariko akaza kumuhamagara mu ijoro amusaba kumusanga kuri Hoteli ngo baryamane, rwemeza ko hari impamvu zituma akekwaho gukora icyaha cyo guhoza undi ku nkeke.

Uregwa ndetse n’Umunyamategeko we, Me Nyembo Emelyne babwiye Umucamanza ko ariya majwi atari ukuri ahubwo ko ari amacurano yahimbwe kugira ngo uyu Prince Kid yangwe na rubanda.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasomye icyemezo ku ifunguwa muri uru rubanza, rwanzuye ko Prince Kid akurikiranwa afunze kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora bimwe mu byaha akurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + five =

Previous Post

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Next Post

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.