Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Prince Kid agiye kwambara iroza, urukiko rwemeje ko afungwa ukwezi

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho.

Ishimwe Dieudonne AKA Prince Kid, yasomewe iki cyemezo cy’Urukiko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Urukiko rufashe iki cyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Ishimwe Dieudonne nyuma y’uko bisabwe n’Ubushinjacyaha.

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko Prince Kid, bwavuze ko hari impamvu zikomeye zikwiye gutumwa uregwa akurikiranwa afunzwe.

Mu iburanisha ryabereye mu muhezo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Ubushinjacyaha bwagarutse ku buhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya barimo n’abakobwa bivugwa ko bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa kuri Prince Kid.

Muri iri buranisha, Ubushinjacyaha bwanifashishije amajwi bivugwa ko ari aya Prince Kid abwiramo Miss Rwanda 2022 Muheto Nshuti Divine ko amukunda ariko ko we yakomeje kubitera umugongo akaba yaramwimye umunezero.

Mu gusoma iki cyemezo, Umucamanza yagarutse ku byaha akekwaho ndetse n’ibikorwa byabyo, avuga ko mu majwi yumvikanyemo avuga ko yagerageje gushimisha umwe mu bakobwa birabiriye Miss Rwanda ariko we akaba yaranze kumuha ibyishimo.

Umucamanza yavuze ko ibi bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho icyaha cyo gusaba cyangwa kwaka ishimishamubiri rishingiye ku gitsina kuko atigeze agaragaza ubundi buryo yari gukora iryo shimishamubiri bitanyuze mu mibonano mpuzabitsina.

Urukiko kandi rwagendeye ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha ko mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Mata 2022, uregwa yigeze kugirana uruzinduko rw’akazi n’umwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda ariko akaza kumuhamagara mu ijoro amusaba kumusanga kuri Hoteli ngo baryamane, rwemeza ko hari impamvu zituma akekwaho gukora icyaha cyo guhoza undi ku nkeke.

Uregwa ndetse n’Umunyamategeko we, Me Nyembo Emelyne babwiye Umucamanza ko ariya majwi atari ukuri ahubwo ko ari amacurano yahimbwe kugira ngo uyu Prince Kid yangwe na rubanda.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasomye icyemezo ku ifunguwa muri uru rubanza, rwanzuye ko Prince Kid akurikiranwa afunze kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora bimwe mu byaha akurikiranyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eighteen =

Previous Post

Sgt Robert wavuye mu Rwanda atorotse yatawe muri yombi i Kampala

Next Post

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Related Posts

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda...

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

by radiotv10
12/05/2025
0

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC bwamaze guhagarikwa, zongeye kunyura mu Rwanda zerecyeza muri...

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

IZIHERUKA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Musanze: Yamaze imyaka ibiri aba mu bwiherero nyuma y’uko asenyewe n’uwiyita umuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.