Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Ramos, umwe mu bakinnyi bakomeye, yatangaje ko na we azava muri Paris Saint Germain (PSG) nyuma y’umukino wayo wa nyuma iri bwakiremo Clermont Foot kuri uyu wa Gatandatu, ari na wo wa nyuma wa kizigenza Lionel Messi muri iyi kipe.

Umunya Espagne, Myugariro Sergio Ramos yasinyiye iyi kipe ya PSG, yo mu Bufaransa, muri 2021, akaba yaratwaranye na yo ibikombe 2 bya Shampiyona Ligue 1, gusa akaba agomba gutandukana na yo ubwo amasezerano ye azaba ageze ku musozo mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Ramos, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, abinyujije kuri Twitter, yagize ati “Umunsi w’ejo uzaba ari umunsi udasanzwe, ni wo munsi nzasezeraho ikindi gice cy’ubuzima bwanjye, nsezere umuryango mugari wa PSG. Sinamenya ngo ni ahantu hangana iki umuntu yajya akisanga, gusa ariko nta gushidikanya, muri PSG, mu bafana bayo no mu mujyi wa Paris ubwawo, ku bwanjye, ni hamwe mu ho wakisanga.”

Sergio Ramos w’imyaka 37, ni irindi zina rikomeye rigiye gusohoka muri iyi kipe, yamaze kwegukana Shampiyona y’u Bufaransa ya 2022-2023, nyuma yuko byemejwe ko na Lionel Messi azava muri iyi kipe ubwo amasezerano ye azaba arangiye.

Ikipe ya PSG, na yo ibinyujije kuri Twitter, yashimiye Sergio Ramos mu butumwa bugira buti “Nka Paris Saint-Germain twishimiye kuba twarabonye umukinnyi nka Sergio Ramos yambaye amabara yacu, akinana umurava kandi tumwifurije ishya n’ihirwe mu rundi rugendo rwe.”

Sergio Ramos yageze muri Paris Saint-Germain, avuye muri Real Madrid, mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2021-2022, gusa umwaka we wa mbere waranzwe ahanini n’imvune dore ko yagaragaye mu mikino 13 gusa kuva mu kwezi k’Ugushyingo kwa 2021, ubwo yakinaga umukino we wa mbere muri PSG.

Naho muri uyu mwaka w’imikino, Myugariro Sergio Ramos bwo yagaragaye mu mikino 44, mu marushanwa yose, atsindamo ibitego 3, gusa mu myaka 2 ayimazemo, akaba atarabashije kuyifasha gutwara igikombe cya UEFA Champions League nk’imwe mu ntego z’iyi kipe ya PSG.

Amakuru dukesha umunyamakuru Fabrizio Romano, avuga ko hari amakipe yo muri Shampiyona ya Arabie Saudite yegereye Sergio Ramos mu byumweru bicye bishize, gusa uyu Ramos ngo akaba azatangaza iby’ahazaza he mu minsi mike iri imbere nyuma yo kuganira n’umuryango we.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − nine =

Previous Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Next Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.