Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Ramos, umwe mu bakinnyi bakomeye, yatangaje ko na we azava muri Paris Saint Germain (PSG) nyuma y’umukino wayo wa nyuma iri bwakiremo Clermont Foot kuri uyu wa Gatandatu, ari na wo wa nyuma wa kizigenza Lionel Messi muri iyi kipe.

Umunya Espagne, Myugariro Sergio Ramos yasinyiye iyi kipe ya PSG, yo mu Bufaransa, muri 2021, akaba yaratwaranye na yo ibikombe 2 bya Shampiyona Ligue 1, gusa akaba agomba gutandukana na yo ubwo amasezerano ye azaba ageze ku musozo mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Ramos, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, abinyujije kuri Twitter, yagize ati “Umunsi w’ejo uzaba ari umunsi udasanzwe, ni wo munsi nzasezeraho ikindi gice cy’ubuzima bwanjye, nsezere umuryango mugari wa PSG. Sinamenya ngo ni ahantu hangana iki umuntu yajya akisanga, gusa ariko nta gushidikanya, muri PSG, mu bafana bayo no mu mujyi wa Paris ubwawo, ku bwanjye, ni hamwe mu ho wakisanga.”

Sergio Ramos w’imyaka 37, ni irindi zina rikomeye rigiye gusohoka muri iyi kipe, yamaze kwegukana Shampiyona y’u Bufaransa ya 2022-2023, nyuma yuko byemejwe ko na Lionel Messi azava muri iyi kipe ubwo amasezerano ye azaba arangiye.

Ikipe ya PSG, na yo ibinyujije kuri Twitter, yashimiye Sergio Ramos mu butumwa bugira buti “Nka Paris Saint-Germain twishimiye kuba twarabonye umukinnyi nka Sergio Ramos yambaye amabara yacu, akinana umurava kandi tumwifurije ishya n’ihirwe mu rundi rugendo rwe.”

Sergio Ramos yageze muri Paris Saint-Germain, avuye muri Real Madrid, mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2021-2022, gusa umwaka we wa mbere waranzwe ahanini n’imvune dore ko yagaragaye mu mikino 13 gusa kuva mu kwezi k’Ugushyingo kwa 2021, ubwo yakinaga umukino we wa mbere muri PSG.

Naho muri uyu mwaka w’imikino, Myugariro Sergio Ramos bwo yagaragaye mu mikino 44, mu marushanwa yose, atsindamo ibitego 3, gusa mu myaka 2 ayimazemo, akaba atarabashije kuyifasha gutwara igikombe cya UEFA Champions League nk’imwe mu ntego z’iyi kipe ya PSG.

Amakuru dukesha umunyamakuru Fabrizio Romano, avuga ko hari amakipe yo muri Shampiyona ya Arabie Saudite yegereye Sergio Ramos mu byumweru bicye bishize, gusa uyu Ramos ngo akaba azatangaza iby’ahazaza he mu minsi mike iri imbere nyuma yo kuganira n’umuryango we.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 15 =

Previous Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Next Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.