Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PSG umufatanyabikorwa w’u Rwanda ivuyemo undi mukinnyi nyamwamba nyuma ya kizigenza Messi
Share on FacebookShare on Twitter

Sergio Ramos, umwe mu bakinnyi bakomeye, yatangaje ko na we azava muri Paris Saint Germain (PSG) nyuma y’umukino wayo wa nyuma iri bwakiremo Clermont Foot kuri uyu wa Gatandatu, ari na wo wa nyuma wa kizigenza Lionel Messi muri iyi kipe.

Umunya Espagne, Myugariro Sergio Ramos yasinyiye iyi kipe ya PSG, yo mu Bufaransa, muri 2021, akaba yaratwaranye na yo ibikombe 2 bya Shampiyona Ligue 1, gusa akaba agomba gutandukana na yo ubwo amasezerano ye azaba ageze ku musozo mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Ramos, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, abinyujije kuri Twitter, yagize ati “Umunsi w’ejo uzaba ari umunsi udasanzwe, ni wo munsi nzasezeraho ikindi gice cy’ubuzima bwanjye, nsezere umuryango mugari wa PSG. Sinamenya ngo ni ahantu hangana iki umuntu yajya akisanga, gusa ariko nta gushidikanya, muri PSG, mu bafana bayo no mu mujyi wa Paris ubwawo, ku bwanjye, ni hamwe mu ho wakisanga.”

Sergio Ramos w’imyaka 37, ni irindi zina rikomeye rigiye gusohoka muri iyi kipe, yamaze kwegukana Shampiyona y’u Bufaransa ya 2022-2023, nyuma yuko byemejwe ko na Lionel Messi azava muri iyi kipe ubwo amasezerano ye azaba arangiye.

Ikipe ya PSG, na yo ibinyujije kuri Twitter, yashimiye Sergio Ramos mu butumwa bugira buti “Nka Paris Saint-Germain twishimiye kuba twarabonye umukinnyi nka Sergio Ramos yambaye amabara yacu, akinana umurava kandi tumwifurije ishya n’ihirwe mu rundi rugendo rwe.”

Sergio Ramos yageze muri Paris Saint-Germain, avuye muri Real Madrid, mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2021-2022, gusa umwaka we wa mbere waranzwe ahanini n’imvune dore ko yagaragaye mu mikino 13 gusa kuva mu kwezi k’Ugushyingo kwa 2021, ubwo yakinaga umukino we wa mbere muri PSG.

Naho muri uyu mwaka w’imikino, Myugariro Sergio Ramos bwo yagaragaye mu mikino 44, mu marushanwa yose, atsindamo ibitego 3, gusa mu myaka 2 ayimazemo, akaba atarabashije kuyifasha gutwara igikombe cya UEFA Champions League nk’imwe mu ntego z’iyi kipe ya PSG.

Amakuru dukesha umunyamakuru Fabrizio Romano, avuga ko hari amakipe yo muri Shampiyona ya Arabie Saudite yegereye Sergio Ramos mu byumweru bicye bishize, gusa uyu Ramos ngo akaba azatangaza iby’ahazaza he mu minsi mike iri imbere nyuma yo kuganira n’umuryango we.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 17 =

Previous Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Next Post

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Hamenyekanye umuhanzi ufite indirimbo zumviswe kurusha izindi mu Gihugu kiyoboye Muzika Nyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.